Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore batandukanye bo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakoze imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, bayisaba kubavira mu Gihugu ngo kuko ntacyo ibamariye.

Ni imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, aho aba bagore bo mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bigabije imihanda yo muri uyu mujyi bagakora iyi myigaragambyo.

Aba bagore bagaragzaga umujinya w’umuranduranzuzi, bari bafite ibyapa byanditseho amagambo agaragaza ko barambiwe ingabo za MONUSCO kuba zidakora akazi kazizanye kuko imyaka yose zimaze mu Burasirazuba rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntacyo zakoze.

Ibi byapa biriho amagambo agira ati “Turasaba MONUSCO gusubirayo nta mananiza kandi bidatinze.”

Ibindi bikaba byanditse amagambo agira ati “Ntiwifuza imishyikirano na M23, MONUSCO ntituyishaka mu Gihugu cyacu.”

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ibaye nyuma y’igitutu iri kotswa aho abategetsi batandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kuyishinja uruhare mu bibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru tariki 20 Nyakanga 2022, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, yavuze ko imiryango mpuzamahanga iri mu bagira uruhare mu ntambara iri kubera muri iki Gihugu.

Yagize ati “Mugereranye MONUSCO y’uyu munsi, ubushobozi ifite na MONUSCO yo mu myaka 10, hambere aho M23 yari yaratsinzwe. Dutekereza ko imiryango mpuzamahanga ishobora gusubiza inyuma imyanzuro ya Dipolomasi kuko ibibazo biracyakomeza na nyuma y’imyaka 25.”

Imbaraga nke za MONUSCO kandi zagiye zinagaragazwa n’abanyapolitiki batandukanye barimo Perezida Paul Kagame wakunze kuvuga ko izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zatsinzwe kuko bitumvikana uburyo zamara imyaka 20 mu butumwa ariko ntacyo zigera kandi zishorwamo akayabo.

Ubwo yaganiraga na France 24 tariki 17 Gicurasi 2021, Perezida Kagame yagize ati “Imyaka 24 irashize zigifite inshingano zimwe kandi Isi yose ikomeje kubirebera. Nta n’umwe ushaka kubivugaho, wakwibaza ngo byagenze gute ko zagiye muri iki Gihugu gukemura ibibazo?”

MONUSCO ivugwaho kuba iri gutera ingabo mu bitugu FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23, iherutse gutangaza ko idafite ubushobozi bwo kurandura M23 ndetse ko na FARDC ubwayo idafite ubwo bushobozi.

Bagaragaje ko bababazwa n’uburyo MONUSCO yatengushye Igihugu cyabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 5 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ubuyobozi bwa EAC ahita aha umukoro ukomeye DRCongo

Next Post

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.