Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore batandukanye bo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakoze imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, bayisaba kubavira mu Gihugu ngo kuko ntacyo ibamariye.

Ni imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, aho aba bagore bo mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bigabije imihanda yo muri uyu mujyi bagakora iyi myigaragambyo.

Aba bagore bagaragzaga umujinya w’umuranduranzuzi, bari bafite ibyapa byanditseho amagambo agaragaza ko barambiwe ingabo za MONUSCO kuba zidakora akazi kazizanye kuko imyaka yose zimaze mu Burasirazuba rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntacyo zakoze.

Ibi byapa biriho amagambo agira ati “Turasaba MONUSCO gusubirayo nta mananiza kandi bidatinze.”

Ibindi bikaba byanditse amagambo agira ati “Ntiwifuza imishyikirano na M23, MONUSCO ntituyishaka mu Gihugu cyacu.”

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ibaye nyuma y’igitutu iri kotswa aho abategetsi batandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kuyishinja uruhare mu bibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru tariki 20 Nyakanga 2022, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, yavuze ko imiryango mpuzamahanga iri mu bagira uruhare mu ntambara iri kubera muri iki Gihugu.

Yagize ati “Mugereranye MONUSCO y’uyu munsi, ubushobozi ifite na MONUSCO yo mu myaka 10, hambere aho M23 yari yaratsinzwe. Dutekereza ko imiryango mpuzamahanga ishobora gusubiza inyuma imyanzuro ya Dipolomasi kuko ibibazo biracyakomeza na nyuma y’imyaka 25.”

Imbaraga nke za MONUSCO kandi zagiye zinagaragazwa n’abanyapolitiki batandukanye barimo Perezida Paul Kagame wakunze kuvuga ko izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zatsinzwe kuko bitumvikana uburyo zamara imyaka 20 mu butumwa ariko ntacyo zigera kandi zishorwamo akayabo.

Ubwo yaganiraga na France 24 tariki 17 Gicurasi 2021, Perezida Kagame yagize ati “Imyaka 24 irashize zigifite inshingano zimwe kandi Isi yose ikomeje kubirebera. Nta n’umwe ushaka kubivugaho, wakwibaza ngo byagenze gute ko zagiye muri iki Gihugu gukemura ibibazo?”

MONUSCO ivugwaho kuba iri gutera ingabo mu bitugu FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23, iherutse gutangaza ko idafite ubushobozi bwo kurandura M23 ndetse ko na FARDC ubwayo idafite ubwo bushobozi.

Bagaragaje ko bababazwa n’uburyo MONUSCO yatengushye Igihugu cyabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 13 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ubuyobozi bwa EAC ahita aha umukoro ukomeye DRCongo

Next Post

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.