Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Goma: N’umujinya w’umuranduranzuzi abagore bigaragambije basaba MONUSCO guhambira utwayo ikabavira mu Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore batandukanye bo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakoze imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, bayisaba kubavira mu Gihugu ngo kuko ntacyo ibamariye.

Ni imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, aho aba bagore bo mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bigabije imihanda yo muri uyu mujyi bagakora iyi myigaragambyo.

Aba bagore bagaragzaga umujinya w’umuranduranzuzi, bari bafite ibyapa byanditseho amagambo agaragaza ko barambiwe ingabo za MONUSCO kuba zidakora akazi kazizanye kuko imyaka yose zimaze mu Burasirazuba rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntacyo zakoze.

Ibi byapa biriho amagambo agira ati “Turasaba MONUSCO gusubirayo nta mananiza kandi bidatinze.”

Ibindi bikaba byanditse amagambo agira ati “Ntiwifuza imishyikirano na M23, MONUSCO ntituyishaka mu Gihugu cyacu.”

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ibaye nyuma y’igitutu iri kotswa aho abategetsi batandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kuyishinja uruhare mu bibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru tariki 20 Nyakanga 2022, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, yavuze ko imiryango mpuzamahanga iri mu bagira uruhare mu ntambara iri kubera muri iki Gihugu.

Yagize ati “Mugereranye MONUSCO y’uyu munsi, ubushobozi ifite na MONUSCO yo mu myaka 10, hambere aho M23 yari yaratsinzwe. Dutekereza ko imiryango mpuzamahanga ishobora gusubiza inyuma imyanzuro ya Dipolomasi kuko ibibazo biracyakomeza na nyuma y’imyaka 25.”

Imbaraga nke za MONUSCO kandi zagiye zinagaragazwa n’abanyapolitiki batandukanye barimo Perezida Paul Kagame wakunze kuvuga ko izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zatsinzwe kuko bitumvikana uburyo zamara imyaka 20 mu butumwa ariko ntacyo zigera kandi zishorwamo akayabo.

Ubwo yaganiraga na France 24 tariki 17 Gicurasi 2021, Perezida Kagame yagize ati “Imyaka 24 irashize zigifite inshingano zimwe kandi Isi yose ikomeje kubirebera. Nta n’umwe ushaka kubivugaho, wakwibaza ngo byagenze gute ko zagiye muri iki Gihugu gukemura ibibazo?”

MONUSCO ivugwaho kuba iri gutera ingabo mu bitugu FARDC mu rugamba ihanganyemo na M23, iherutse gutangaza ko idafite ubushobozi bwo kurandura M23 ndetse ko na FARDC ubwayo idafite ubwo bushobozi.

Bagaragaje ko bababazwa n’uburyo MONUSCO yatengushye Igihugu cyabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fourteen =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyikirijwe ubuyobozi bwa EAC ahita aha umukoro ukomeye DRCongo

Next Post

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.