Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Goma: Polisi yatesheje abaramukiye mu myigaragambyo yo gusaba ko Bunagana ibohozwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere, bamwe mu batuye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru muri DRC, babukereye bajya mu myigaragambyo yo gusaba ko Umujyi wa Bunagana ubohozwa, ariko Polisi irabatatanya.

Ni imyigaragambyo yateguwe na Sosiyete Sivile yo muri uyu Mujyi wa Goma, bise ‘ville morte’ (Umujyi utarangwamo ibikorwa) yagombaga kumara iminsi ibiri kuva kuri uyu wa Mbere no kuri uyu wa Kabiri.

Abaturage bamwe baramutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri bajya kwigaragambya ariko ntibabasha kugera ku ntego yabo kuko Polisi y’iki Gihugu yahise ibatesha.

Mu bice bya Ndosho, Majengo, Katoyi na Buhene byo muri uyu Mujyi wa Goma, Polisi yarashe ibyuka biryana mu maso ubwo abaturage batangiraga iyi myigaragambyo, bahita bakwira imishwaro.

Gusa muri uyu mujyi wa Goma, n’ubundi ibikorwa bisa nk’ibyahagaze kuko amaduka menshi yaba amanini n’amato ndetse n’andi maguriro, afunze ndetse n’urujya n’uruza rukaba ari rucye.

Iyi myigaragambyo yo mu Mujyi wa Goma yari imaze iminsi itegurwa, yaburijwemo nyuma yuko Umuyobozi w’uyu Mujyi, François Kabeya Makosa atangaje ko ibujijwe.

François Kabeya Makosa yasabye inzego z’umutekano kutemerera na busa uwo ari we wese kwigaragambya kuko bitemewe.

Sosiyeye Sivile yateguye iyi myigaragambyo yo gusaba ubutegetsi bwa Congo kubohoza Umujyi wa Bunagana umaze amezi atatu uri mu maboko ya M23 ndetse no kuba Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) kuva mu Gihugu cyabo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, wategetse ko iyi myigaragambyo itaba, yasabye ko abaturage bakomeza ibikorwa byabo nkuko bisanzwe ndetse n’inzego zigakomeza gutanga serivisi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eight =

Previous Post

Rubavu: Umusaza arakekwaho kwicwa n’inzuki zamuriye agiye kuzirukana

Next Post

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.