Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko icyemezo cyo guhagarika umuhamagaro w’ijwi rirangurura ku musigiti rizwi nka ‘Adhana’, kireba ibikorwa byose bitera urusaku bibangamira abaturage byaba ibyo ku misigiti ndetse n’insengero byo mu Gihugu hose aho kuba imisigiti umunani nk’uko byari byatangajwe n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Nyuma y’uko havuzwe ihagarikwa ry’ijwi rirangurura ku misigiti imwe yo mu Mujyi wa Kigali, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda wari watangaje ko iki cyemezo kireba imisigiti umunani yo mu Mujyi wa Kigali.

Itangazo ryasohowe n’uyu muryango kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, ryavugaga ko uyu muhamagaro uzi nka Adhana uzajya ukorwa hadakoreshejwe indangururamajwi mu gihe indi yose mu Gihugu izajya ikoresha uburyo bwari busanzwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko iki cyemezo kitareba imisigiti umunani gusa nk’uko byatangajwe n’umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Minisitiri Gatabazi yagize ati “Ntabwo itegeko rireba imisigiti umunani. Itegeko rireba umuntu wakora urusaku rukangura abantu nijoro, ubwo ni umunani bavuze ariko n’ahandi hose byaba bisakuriza abantu, birahagaritswe ntabwo ari Imisigiti umunani gusa.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko kandi iki cyemezo kireba n’ibindi bikorwa by’amadini n’amatorero biteza urusaku.

Ati “Ari Imisigiti, ari insengero ari kiliziya ari abakora ubukwe, ari amahoteli […] abantu bose bashobora gukora urusaku […]”

Avuga ko ibi bisanzwe biteganywa n’itegeko risanzweho ndetse ko byari bisanzwe bizwi, akavuga ko bidakorwa mu rwego rwo kuba ari itegeko gusa ahubwo ko ari ukubungabunga uburenganzira bw’abaturage kuko hari n’ababa bakeneye kutumva urwo rusaku.

Ati “Niba ufite umusigiti uri muri quartier (urusisiro) irimo abantu, hari abaje kuryama, hari abaje kuruhuka, hari abana bato, hari abarwaye umutima…ntabwo umuntu yaba aryamye ngo ajye kumva yumve induru iravuze, yumve, inzogera iravuze, yumve ingoma iravuze, ntabwo byakunda.”

Hon Gatabazi avuga ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku busabe bw’abaturage benshi barimo bamwe bagiye bagaragaza ko babaga batoye agatotsi mu gitondo bajya kumva bakumva ririya jwi rikabakangura.

Ati “Ntabwo icyavuyeho ari ukujya gusenga ziriya saha, abantu bashaka gusenga kuri ayo masaha bakomeze basenge ariko icyavuyeho ni ugukangura abantu bo batagiye gusenga.”

Ubwo inkuru y’ihagarikwa ry’ijwi risanzwe rirangurura ku misigiti ryibutsa abayoboke ba Islam gusenga, bamwe mu bayoboke b’iri dini bavuze ko bibabangamiye kuko iki gikorwa cyahozeho kandi ko ntawe cyabangamiraga.

Abavugaga ibi banagarukaga ku bindi bikorwa bitera urusaku birimo indangururamajwi ikunze gukoreshwa yibutsa abantu amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ndetse n’inzongera ikunze kuvuzwa kuri za Kiliziya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe

Next Post

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.