Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko icyemezo cyo guhagarika umuhamagaro w’ijwi rirangurura ku musigiti rizwi nka ‘Adhana’, kireba ibikorwa byose bitera urusaku bibangamira abaturage byaba ibyo ku misigiti ndetse n’insengero byo mu Gihugu hose aho kuba imisigiti umunani nk’uko byari byatangajwe n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Nyuma y’uko havuzwe ihagarikwa ry’ijwi rirangurura ku misigiti imwe yo mu Mujyi wa Kigali, Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda wari watangaje ko iki cyemezo kireba imisigiti umunani yo mu Mujyi wa Kigali.

Itangazo ryasohowe n’uyu muryango kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, ryavugaga ko uyu muhamagaro uzi nka Adhana uzajya ukorwa hadakoreshejwe indangururamajwi mu gihe indi yose mu Gihugu izajya ikoresha uburyo bwari busanzwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko iki cyemezo kitareba imisigiti umunani gusa nk’uko byatangajwe n’umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Minisitiri Gatabazi yagize ati “Ntabwo itegeko rireba imisigiti umunani. Itegeko rireba umuntu wakora urusaku rukangura abantu nijoro, ubwo ni umunani bavuze ariko n’ahandi hose byaba bisakuriza abantu, birahagaritswe ntabwo ari Imisigiti umunani gusa.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko kandi iki cyemezo kireba n’ibindi bikorwa by’amadini n’amatorero biteza urusaku.

Ati “Ari Imisigiti, ari insengero ari kiliziya ari abakora ubukwe, ari amahoteli […] abantu bose bashobora gukora urusaku […]”

Avuga ko ibi bisanzwe biteganywa n’itegeko risanzweho ndetse ko byari bisanzwe bizwi, akavuga ko bidakorwa mu rwego rwo kuba ari itegeko gusa ahubwo ko ari ukubungabunga uburenganzira bw’abaturage kuko hari n’ababa bakeneye kutumva urwo rusaku.

Ati “Niba ufite umusigiti uri muri quartier (urusisiro) irimo abantu, hari abaje kuryama, hari abaje kuruhuka, hari abana bato, hari abarwaye umutima…ntabwo umuntu yaba aryamye ngo ajye kumva yumve induru iravuze, yumve, inzogera iravuze, yumve ingoma iravuze, ntabwo byakunda.”

Hon Gatabazi avuga ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku busabe bw’abaturage benshi barimo bamwe bagiye bagaragaza ko babaga batoye agatotsi mu gitondo bajya kumva bakumva ririya jwi rikabakangura.

Ati “Ntabwo icyavuyeho ari ukujya gusenga ziriya saha, abantu bashaka gusenga kuri ayo masaha bakomeze basenge ariko icyavuyeho ni ugukangura abantu bo batagiye gusenga.”

Ubwo inkuru y’ihagarikwa ry’ijwi risanzwe rirangurura ku misigiti ryibutsa abayoboke ba Islam gusenga, bamwe mu bayoboke b’iri dini bavuze ko bibabangamiye kuko iki gikorwa cyahozeho kandi ko ntawe cyabangamiraga.

Abavugaga ibi banagarukaga ku bindi bikorwa bitera urusaku birimo indangururamajwi ikunze gukoreshwa yibutsa abantu amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ndetse n’inzongera ikunze kuvuzwa kuri za Kiliziya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + seven =

Previous Post

Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe

Next Post

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Ukraine yemeje ko yivuganye Umujenerali wa 4 w’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.