Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko guhagarika umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko, bidashoboka ahubwo ko icyakorwa ari ukurwanya umuvuduko ukabije waryo. 

Imibare ya banki Nkuru y’u Rwanda, igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2022, ibiciro ku isoko byazamutse ku muvuduko wa 9% bivuye kuri 1.4% byo mu gihe nk’icyo cy’umwaka wa 2021.

Iyi mibare igaragaza ko ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi bitarimo ibiribwa n’ibikomoka kuri petrole byazamutse ku rugero rwa 8.1% bivuye kuri 2.2%, ibikomoka kuri petrole bizamuka kuri 14.8% bivuye ku igabanuka rya -0.1%.

Naho ibiribwa binakomeje kuvugisha benshi, mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2022, byazamutse kuri 10.2% bivuye kuri -1.1%.

Iyi mibare inasanga kuba Banki y’Isi yarashyize u Rwanda ku mwanya wa 10 mu Bihugu bifite itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa rikabije ku Isi.

Goverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko itumbagira ry’ibiribwa ryatewe n’umusaruro w’ubuhinzi wabaye iyanga mu bihembwe byombi by’uyu mwaka.

Ati “Hari ikibazo cy’ikirere kitari kifashe neza ariko haba n’ikibazo cy’inyongeramusaruro yahenze cyane nubwo Leta yashyizemo amafaranga ariko habayemo uko gutungurana kw’ibiciro gutuma abantu batitabira kuyikoresha uko bisanzwe.”

Guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo hashyirwaho ingamba ariko zitaba zigamije gusubiza ibiciro uko byahoze.

Yatanze nk’urugero ku musaruro w’ibirayi aho Ikilo cyaguraga 10 Frw mu myaka nka 20 ishize, ati “Uyu munsi biri muri magana, nubwo tuvuga ngo bizamanuka ariko ntabwo bizongera gusubira munsi y’ijana.”

Akomeza agira ati “Icyo turwana nacyo ntabwo ari ugusubiza izamuka ry’ibiciro munsi ya zeru ngo duhagarike umuvuduko ukabije, umuvuduko uzahoraho ariko ni ukurwana n’umuvuduko ukabije.”

Avuga ko igisubizo kitashakirwa mu kumanura ibiciro ahubwo ko kiri mu kuba “Leta iri gushyira amafaranga mu kuzamura umusaruro w’ubuhinzi, gushishikariza abahinzi gukoresha ifumbire ko baterera imbuto ku gihe.”

Uyu muyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda, avuga ko bitewe n’uko ikirere giteye ndetse n’ibigaragazwa n’iteganyagihe, hari icyizere ko muri iki gihembwe cy’ihinga hazagwa imvura ihagije ku buryo hazanaboneka umusaruro uhagije, bikazatuma mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2023, hagaragara impinduka nziza z’ibiciro ku masoko.

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza kandi ko mu mezi atandatu y’umwaka wa 2022, ubukungu bw’Igihugu bwazamutse ku rugero rwa 7.7% buvuye ku izamuka rya 11.6% mu gihe nk’icyo cyo muri 2021.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twizerimana Abdoul-kharim says:
    3 years ago

    Nyakubahwa mukuru wa banki nkuru y’ u Rwanda iyo murebye uko imisoro igenda itangwa mubona bitaba Ari bimwe mu mpamvu zatuma ibiciro byiyongera : urugero umucuruzi aranguriye Kigali namusabye 18% araje aranguje undi hiyongeyeho 18% wareba iyo sircuit uko igenda ndetse haziyongeraho n’imisoro kunyungu ugasanga umuzi wanyuma nanyuma bizamugeraho bihenze , gutanga imisoro nibyo ariko mwareba uko yanjya itangwa ariko umuguzi wanyuma nanyuma bikajya bimugeraho bitamuhenze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

Next Post

Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23

Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.