Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko kuba mugenzi we Felix Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, ari uburyo bwo kwihunza inshingano ze nka Perezida wagakwiye gukemura ikibazo kiri imbere mu Gihugu cye.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze iminsi urimo igitotsi kubera ibirego Ibihugu byombi bishinjanya.

Ubutegetsi bwa Congo-Kinshasa bushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ndetse ukaba ukomeje gukubita inshuro izi ngabo z’Igihugu, ukigarurira bimwe mu bice byo muri iki Gihugu.

U Rwanda na rwo rushinja DRCongo ubushotoranyi kubera ibisasu bagiye biraswa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza ibikorwa byabo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Inkuru dukesha Bloomberg itera inkunga iri huriro rya Qatar Economic Forum, ivuga ko Perezida Kagame yagarutse kuri ibi birego DRCongo ikomeje gushinja u Rwanda ndetse n’umukuru w’iki Gihugu ubwe wagiye yerura kenshi ko u Rwanda rufasha M23.

Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ubutegetsi bwa DRCongo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye, bananiwe gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ubuyobozi ku mpande zombi bwagiye bugirana ibiganiro byumwihariko yagiye aganira na mugenzi we Felix Tshisekedi inshuro nyinshi ariko ko we yahisemo izindi nzira.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24 cyatambutse tariki 17 Gicurasi 2021, yavuze ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu Burasirazuba bwa Congo (MONUSCO) zatsinzwe kuko icyazizanye zitagikoze nyamara zimaze imyaka myinshi zaranatanzweho umurundo w’amafaranga atabarika.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame yongeye guhakana ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Congo nkuko byakunzwe kuvugwa, avuga ko “iyo ziza kuba zihari iki kibazo cyari kuba cyararangiye.”

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu abaturage bavuga Ikinyarwanda bari guhohotererwa bazizwa ubwoko bwabo.

Umukuru w’u Rwanda mu kiganiro yagiranye na Zain Verjee, yavuze ko bitumvikana kuba iki kibazo cy’ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyarananiwe gukemurwa.

Ati “Ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, ni gute icyo kibazo kugikemura muri Congo bisaba imbaraga zidasanzwe. Gishora gukemurwa. Kubahiriza uburenganzira bw’abantu, ugakemura ikibazo cyabo ni ikintu cyoroshye.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari iby’Abanye-Congo ndetse ko no kubikemura bisaba kugirwamo uruhare n’ubuyobozi bw’iki Gihugu.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahuye n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC barimo uwa DRCongo, Felix Tshisekedi mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro inarimo isaba abategetsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imvugo rutwitsi z’ivangura bakomeje kuvuga zibasira Abanye-Congo bavuka Ikinyarwanda ndetse n’u Rwanda ubwarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − seven =

Previous Post

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Next Post

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.