Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko kuba mugenzi we Felix Tshisekedi akomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, ari uburyo bwo kwihunza inshingano ze nka Perezida wagakwiye gukemura ikibazo kiri imbere mu Gihugu cye.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze iminsi urimo igitotsi kubera ibirego Ibihugu byombi bishinjanya.

Ubutegetsi bwa Congo-Kinshasa bushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano na FARDC, ndetse ukaba ukomeje gukubita inshuro izi ngabo z’Igihugu, ukigarurira bimwe mu bice byo muri iki Gihugu.

U Rwanda na rwo rushinja DRCongo ubushotoranyi kubera ibisasu bagiye biraswa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda bikanangiza ibikorwa byabo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’Umunyamakuru Zain Verjee, wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Inkuru dukesha Bloomberg itera inkunga iri huriro rya Qatar Economic Forum, ivuga ko Perezida Kagame yagarutse kuri ibi birego DRCongo ikomeje gushinja u Rwanda ndetse n’umukuru w’iki Gihugu ubwe wagiye yerura kenshi ko u Rwanda rufasha M23.

Perezida Kagame yagize ati “Guhimba ibi birego bigaragaza ukwihunza inshingano ze nka Perezida w’Igihugu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ubutegetsi bwa DRCongo ndetse n’Umuryango w’Abibumbye, bananiwe gukemura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ubuyobozi ku mpande zombi bwagiye bugirana ibiganiro byumwihariko yagiye aganira na mugenzi we Felix Tshisekedi inshuro nyinshi ariko ko we yahisemo izindi nzira.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24 cyatambutse tariki 17 Gicurasi 2021, yavuze ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu Burasirazuba bwa Congo (MONUSCO) zatsinzwe kuko icyazizanye zitagikoze nyamara zimaze imyaka myinshi zaranatanzweho umurundo w’amafaranga atabarika.

Icyo gihe kandi Perezida Kagame yongeye guhakana ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Congo nkuko byakunzwe kuvugwa, avuga ko “iyo ziza kuba zihari iki kibazo cyari kuba cyararangiye.”

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu abaturage bavuga Ikinyarwanda bari guhohotererwa bazizwa ubwoko bwabo.

Umukuru w’u Rwanda mu kiganiro yagiranye na Zain Verjee, yavuze ko bitumvikana kuba iki kibazo cy’ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyarananiwe gukemurwa.

Ati “Ubwoko bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, ni gute icyo kibazo kugikemura muri Congo bisaba imbaraga zidasanzwe. Gishora gukemurwa. Kubahiriza uburenganzira bw’abantu, ugakemura ikibazo cyabo ni ikintu cyoroshye.”

Perezida Paul Kagame avuga ko ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari iby’Abanye-Congo ndetse ko no kubikemura bisaba kugirwamo uruhare n’ubuyobozi bw’iki Gihugu.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahuye n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC barimo uwa DRCongo, Felix Tshisekedi mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro inarimo isaba abategetsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imvugo rutwitsi z’ivangura bakomeje kuvuga zibasira Abanye-Congo bavuka Ikinyarwanda ndetse n’u Rwanda ubwarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twenty =

Previous Post

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

Next Post

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Igikomangoma Charles yishimiye uko bakiriwe na Perezida Kagame na Madamu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.