Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko Mpuzamahanga Manabyaha ICC rushyizeho impapuro zo guta muri yombi abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko bidashoboka, kuko afite amaboko amuri inyuma, ati “uhagarikiwe n’ingwe aravoma.”

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Asad Ahmad Khan yavuze ko abo bayobozi bakuru ba Israel bagomba gufatwa bakaryozwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu bimaze amezi arindwi bikorerwa abaturage ba Palestine.

Karim Asad Ahmad Khan yagize ati “Urwego nyoboye rwemera ko aba bantu bafantanyije gushyira uburyo bushyira mu kaga imibereho y’abasivile batuye muri Gaza. Israel ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage bayo, turemera ko inafite uburenganzira bwose bwo kugarura imfungwa zafahswe bugwate, ariko inafite inshingano zo kubikora yubahiriza amategeko mpuzamahanga. Nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko, nta kintu na kimwe ku Isi gishobora gutuma umuntu afata icyemezo cyo gushyira mu kaga ubuzima bw’abana n’ababyeyi.”

Mu nyandiko isaba ko Benjamin Netanyahu atabwa muri yombi, uyu Mushinjacyaha wa ICC, yagaragaje ibikorwa bigize ibyaha uyu Minisitiri w’Intebe wa Israel agomba kuryozwa, kimwe n’abandi bayobozi b’umutwe wa Hamas, na bo bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi.

Nyuma y’uko hasohotse iyi nyandiko isaba ko Netanyahu afatwa, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yahise abyamaganira kure, by’umwihariko agaragaza ko atishimiye kuba Israel yagereranyijwe n’umutwe wa Hamas, ku buryo Netanyahu ashyirwa mu gatebo kamwe n’abayobozi b’uyu mutwe.

Joe Biden yagize ati “Twamaganye impapuro z’uru rukiko zisaba guta muri yombi abayobozi ba Israel. Icyo izi mpapuro zaba zishingiyeho cyose; nta kintu na kimwe gihuza Israel na Hamas. Israel ikora ibishoboka byose kugira ngo irinde abasivile. Reka mbabwize ukuri; ibivugwa n’uru Rukiko sibyo, ibiri kuba ntabwo ari Jenoside, urabyamaganye.”

Icyo umusesenguzi abivugaho

Umuhanga muri politike mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan ashingiye ku mateka y’uru Rukiko; avuga ko umwanzuro wa Karim Asad Ahmad Khan utazigera ushyirwa mu bikorwa.

Yagize ati “Biriya ni politike ntakundi. Hari Ibihugu byinshi biri inyuma ya Israel, hera kuri Joe Biden utishimiye icyemezo cyafashwe na ruriya rukiko, kwa kundi tyubyita mu Kinyarwanda ngo ‘uhagarariwe n’ingwe aravoma’. Iyo igihugu nka America kigushyigikiye; akenshi ntibikunze kugerwaho.”

Dr Buchanan avuga ko nubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel atazatabwa muri yombi kuko ashyigikiwe n’igihangange, ariko nanone izi mpapuro yashyiriweho, zishobora gutuma intambara yatangije muri Gaza, igenza amaguru macye.

Bwana Benjamin Netanyahu agiye ku rutonde rw’abantu uru Rukiko rushakisha, barimo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Vladimirovich Putin ushakishwa kuva muri Werurwe 2023.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na we yamaganiye kure iki cyemezo gisaba ko afatwa akagezwa imbere y’uru Rukiko, ndetse avuga ko kitazigera gihungabanya umugambi wa Guverinoma y’Igihugu cye wo gukemura burundu ikibazo cya Hamas.

Yagize ati “Israel iri mu ntambara y’ukuri. Hamas ni umutwe wakoze Jenoside. Bakoreye Abayahudi igikorwa cy’ubunyamaswa kuva Jenoside y’Abayahudi irangire. Hamas yishe Abayahudi 1 200, yafashe ku ngufu abagore, itwika impinja, ifata bunyago abandi barenga 100. Hejuru y’ibyo; bwana Khan aragereranya ubuyobozi bwa Israel na hamas, ni nko gufata Bush ukamugereranya na Osama Bin Laden.”

Yakomeje agira ati “Iki kirego kigamije kutubuza kwirwanaho. Ndabizeza ikintu kimwe, ibyo ntibizakunda. Mu myaka 80 ishize Israel yigeze kubaho idafite ubushobozi bwo guhangana n’abanzi bacu, icyo gihe cyararangiye. Uru rukiko nta bubasha rufite rwo kutuburanisha, ntiruzigera ruhungabanya umugambi wo kurimbura Hamas.”

Nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze igihe isaba Israel guhagarika iyi ntambara; ntibigeze bajya mu cyerekezo kimwe n’Ibihugu nk’u Bufaransa na n’u Bubiligi, bivuze ko bishyigikiye icyemezo cyo guta muri yombi Benjamin Netanyahu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − six =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

Next Post

Uwatoje ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy’ikindi Gihugu atoza

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatoje ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy’ikindi Gihugu atoza

Uwatoje ikipe y'u Rwanda n'iya Uganda yasekewe n’amahirwe abona iy'ikindi Gihugu atoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.