Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko umusoro ku butaka w’umwaka wa 2022 wishyurwa hakurikijwe uko wari uhagaze mu mwaka ushize wa 2021, ndetse igihe ntarengwa cyo kwishyuriraho kiyongeraho ukwezi kumwe.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamibigambi, Dr Uzziel Ndagijimana.

Iki cyemezo gishingiye ku ku cy’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 11 Ugushyingo 2022 kijyanye n’umusoro ku butaka.

Uretse kuba umusoro ku butaka w’uyu mwaka wa 2022 uzishyurwa hagendewe ku bipimo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2021, itariki ntarengwa yo kwishyuriraho yagombaga kuba ari iya 31 Ukuboza 2022, yimuwe igirwa ku ya 31 Mutarama 2023.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uziel Ndagijimana yatangaje ko iki cyemezo gishingiye ku bihe bidasanzwe byagiye bihungabanya ubukungu n’ubushobozi by’abaturage birimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine yatumye ibiciro ku masoko bizamuka.

Yagize ati “Izo ngaruka zose zatumye dufata umwanzuro wo gukomeza gusora asanzwe, kandi abaturage bazarushaho kubyishimira.”

Yakomeje agaragaza ko abaturage boroherejwe mu buryo bwose bushoboka, ati “Leta yanongereyeho ukundi kwezi kugeza mu kwezi kwa Mutarama 2023 abaturage basora amafaranga asanzwe kuko ubundi umusoro ku butaka wagombaga kwishyurwa bitarenze Ukwakira 2022.”

Ubusanzwe umusoro ku butaka ugenwa na Njyanama z’Uturere hagendewe ku gaciro k’ubutaka mu Karere ndetse n’imiterere y’ikibanza.

Itegeko kandi riteganya ko inzu imwe yo guturamo idasorerwa, ariko mu gihe umuntu afite izindi nzu akodesha, azishyurira imisoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mutabazianase says:
    3 years ago

    Ibi bintu muvuze nibyo cg murabeshya? Ngo inzu yo guturamo ntisorerwa?
    Ubuzi neza nambwire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Huye: Hatahuwe abagabo bakekwaho kwica umumotari babanje kumushukisha kuza kubatwarira umuzigo

Next Post

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.