• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko umusoro ku butaka w’umwaka wa 2022 wishyurwa hakurikijwe uko wari uhagaze mu mwaka ushize wa 2021, ndetse igihe ntarengwa cyo kwishyuriraho kiyongeraho ukwezi kumwe.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamibigambi, Dr Uzziel Ndagijimana.

Iki cyemezo gishingiye ku ku cy’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 11 Ugushyingo 2022 kijyanye n’umusoro ku butaka.

Uretse kuba umusoro ku butaka w’uyu mwaka wa 2022 uzishyurwa hagendewe ku bipimo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2021, itariki ntarengwa yo kwishyuriraho yagombaga kuba ari iya 31 Ukuboza 2022, yimuwe igirwa ku ya 31 Mutarama 2023.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uziel Ndagijimana yatangaje ko iki cyemezo gishingiye ku bihe bidasanzwe byagiye bihungabanya ubukungu n’ubushobozi by’abaturage birimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine yatumye ibiciro ku masoko bizamuka.

Yagize ati “Izo ngaruka zose zatumye dufata umwanzuro wo gukomeza gusora asanzwe, kandi abaturage bazarushaho kubyishimira.”

Yakomeje agaragaza ko abaturage boroherejwe mu buryo bwose bushoboka, ati “Leta yanongereyeho ukundi kwezi kugeza mu kwezi kwa Mutarama 2023 abaturage basora amafaranga asanzwe kuko ubundi umusoro ku butaka wagombaga kwishyurwa bitarenze Ukwakira 2022.”

Ubusanzwe umusoro ku butaka ugenwa na Njyanama z’Uturere hagendewe ku gaciro k’ubutaka mu Karere ndetse n’imiterere y’ikibanza.

Itegeko kandi riteganya ko inzu imwe yo guturamo idasorerwa, ariko mu gihe umuntu afite izindi nzu akodesha, azishyurira imisoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mutabazianase says:
    4 years ago

    Ibi bintu muvuze nibyo cg murabeshya? Ngo inzu yo guturamo ntisorerwa?
    Ubuzi neza nambwire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Huye: Hatahuwe abagabo bakekwaho kwica umumotari babanje kumushukisha kuza kubatwarira umuzigo

Next Post

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.