Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko umusoro ku butaka w’umwaka wa 2022 wishyurwa hakurikijwe uko wari uhagaze mu mwaka ushize wa 2021, ndetse igihe ntarengwa cyo kwishyuriraho kiyongeraho ukwezi kumwe.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamibigambi, Dr Uzziel Ndagijimana.

Iki cyemezo gishingiye ku ku cy’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 11 Ugushyingo 2022 kijyanye n’umusoro ku butaka.

Uretse kuba umusoro ku butaka w’uyu mwaka wa 2022 uzishyurwa hagendewe ku bipimo byakoreshejwe umwaka ushize wa 2021, itariki ntarengwa yo kwishyuriraho yagombaga kuba ari iya 31 Ukuboza 2022, yimuwe igirwa ku ya 31 Mutarama 2023.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uziel Ndagijimana yatangaje ko iki cyemezo gishingiye ku bihe bidasanzwe byagiye bihungabanya ubukungu n’ubushobozi by’abaturage birimo icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukraine yatumye ibiciro ku masoko bizamuka.

Yagize ati “Izo ngaruka zose zatumye dufata umwanzuro wo gukomeza gusora asanzwe, kandi abaturage bazarushaho kubyishimira.”

Yakomeje agaragaza ko abaturage boroherejwe mu buryo bwose bushoboka, ati “Leta yanongereyeho ukundi kwezi kugeza mu kwezi kwa Mutarama 2023 abaturage basora amafaranga asanzwe kuko ubundi umusoro ku butaka wagombaga kwishyurwa bitarenze Ukwakira 2022.”

Ubusanzwe umusoro ku butaka ugenwa na Njyanama z’Uturere hagendewe ku gaciro k’ubutaka mu Karere ndetse n’imiterere y’ikibanza.

Itegeko kandi riteganya ko inzu imwe yo guturamo idasorerwa, ariko mu gihe umuntu afite izindi nzu akodesha, azishyurira imisoro.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mutabazianase says:
    3 years ago

    Ibi bintu muvuze nibyo cg murabeshya? Ngo inzu yo guturamo ntisorerwa?
    Ubuzi neza nambwire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + ten =

Previous Post

Huye: Hatahuwe abagabo bakekwaho kwica umumotari babanje kumushukisha kuza kubatwarira umuzigo

Next Post

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.