Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yanyomoje ibyatangajwe ko Busingye yakuwe ku Buminisitiri kubera ibyo yatangaje kuri Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
13/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma yanyomoje ibyatangajwe ko Busingye yakuwe ku Buminisitiri kubera ibyo yatangaje kuri Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje ibyatangajwe ko Johnston Busingye yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta kubera kwemera ko leta ari yo yishyuye indege yagejeje Paul Rusesabagina mu Rwanda.

Ibinyamakuru bikomeye birimo Daily Mail byagarutse ku busabe bw’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongerezam Chris Bryant wavuze ko Guverinoma y’Igihugu cye idakwiye kwemera ko Johnston Busingye ahagarararira u Rwanda muri kiriya Gihugu ngo kubera uruhare yagize mu ishimutwa ryakorewe Rusesabagina Paul.

Ibyatangajwe n’iyi Ntumwa ya Rubanda, byuririweho n’Ibinyamakuru nka Dail Mali na The Times, byongeye gushinja Guverinoma y’u Rwanda ibinyoma byo kuba yarashimuse Paul Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba.

Daily Mail yatangaje ko kuba yari Minisitiri w’Ubutabera yakurwa kuri uyu mwanya akagirwa Ambasaderi, ari ukumumanura mu nteta kubera kuba yaremeye ko Leta y’u Rwanda ari yo yishyuye Indenge yagejeje Paul Rusesabagina.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanyujije kuri Twitter ubutumwa bwamagana ibi byatangajwe n’ibi binyamakuru.

Yagize ati “Daily Mail na The Times birayobya rubanda mu gihe byoroshye kugenzura bikamemya ukuri. Johnston Busingye wagenwe nka Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yitwaye neza mu kazi ubwo yari Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta kuva muri 2013.”

Yolande Makolo yagarutse ku ifatwa rya Rusesabagina, avuga ko ryanyuze mu mucyo ndetse ko byagizwemo uruhare n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwari rukurikiranye Paul Rusesabagina nk’umuntu wari ukurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda yabitanzeho umucyo inshuro nyinshi kuva muri Nzeri 2020 uko n’impamvu Paul Rusesabagina yanyurishijwe mu nzira zihishe kugira ngo agezwe mu Rwanda.”

Yolande Makolo yasoje ubutumwa bwe avuga ko Paul Rusesabagina yaciriwe urubanza runyuze mu mucyo we n’abandi bantu 20 baburanaga hamwe mu rubanza ruregwamo ibifitanye isano n’umutwe wa FLN.

The @DailyMailUK & @thetimes are misinforming readers when the true facts are so easily verifiable. A reminder:

Johnston Busingye, Rwanda's high commissioner-designate to the UK, has served with distinction as justice minister & attorney-general since 2013. 1/3

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) December 12, 2021

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Aramutse yegukanye ikamba ntawakwibuka ko yambaye nabi-Bamporiki yavuze ku banenze ikanzu ya Miss Grace

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa mugenzi we Cyril Ramaphosa wanduye COVID-19

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa mugenzi we Cyril Ramaphosa wanduye COVID-19

Perezida Kagame yageneye ubutumwa mugenzi we Cyril Ramaphosa wanduye COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.