Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma yasubije abakomeje kuzamura amakuru y’ibihuha

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yasabye abantu kudaha agaciro amakuru y’ibihuha akomeje kuzamurwa ku mbuga nkoranyambaga ku buzima bwa Perezida Paul Kagame.

Ni nyuma yuko hakwirakwiye itangazo ry’iricurano ryitiriwe Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ryavugaga amakuru y’ibinyoma ku buzima bw’Umukuru w’u Rwanda.

Iri tangazo kandi ryamaganywe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwasabye abantu kwima agaciro iri tangazo kuko amakuru arikubiyemo ari ibinyoma.

Nanone kandi ku mbuga nkoranyambaga z’abasanzwe bavuga nabi u Rwanda banarusebya, hamaze iminsi hacicikana amakuru y’ibinyoma ku buzima bwa Perezida Paul Kagame.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye na Taarifa dukesha aya makuru, yatangaje ko aya makuru akomeje gucicika, ari ibinyoma bidakwiye kwitabwaho.

Yagize ati “Rwose ntimwite kuri aya makuru akomeje gusakazwa n’abanzi. Nta kintu na kimwe cyo guhangayikira cyangwa guhangayikisha.”

Aya makuru y’ibihuha yakomeje kuzamurwa n’aburirira ku kuba Umukuru w’u Rwanda adaheruka kugaragara mu ruhame.

Taarifa ivuga ko amakuru yahawe, yemeza ko Perezida Kagame ari mu biruhuko kandi ko ari ibisanzwe ko afata igihe ntagaragare mu ruhame, byumwihariko mu bihe biza bikurikira ibikorwa bigari bigari byo ku rwego rw’Igihugu na mpuzamahanga.

Taarifa ivuga ko umwe mu bo mu muryango w’Umukuru w’u Rwanda yavuzeko “Ni ikiremwamuntu nk’undi muntu wese, ufata ikiruhuko. Nta kidasanzwe cyabaye nta n’igihari giteye impungenge. Perezida ameze neza kandi ari mu kiruhuko gisanzwe. Akomeje kuzuza inshingano uko bikwiye.”

Ibihuha nk’ibi bikomeje kuvugwa ku buzima bwa Perezida Paul Kagame kandi byagiye bizamurwa mu gihe yabaga adaherutse kugaragara mu ruhame, bikarangira bitaye agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Next Post

President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

President Kagame is in good health- Government dispels online rumors

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.