Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itangazo ryayitiriwe ririmo imvugo zumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, ari ikinyoma, isaba abantu kutariha agaciro.

Ni itangazo ryanditse mu buryo bw’inyandiko zishyirwa hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, rinagaragaza ko ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ibikubiye muri iri tangazo tutifuje gutangaza mu nkuru yacu, byumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, wakunze kwegekwa ku Rwanda, nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yamaganye iri tangazo, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Mwitondere iyi nyandiko y’ikinyoma- ni incurano.”

Ibirego by’ibinyoma byo kwegeka umutwe wa M23 ku Rwanda, byakunze kuzamurwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse iki Gihugu kikaba giherutse kongera kuzamura ibi birego, byagarutsweho na Minisitiri wa DRC, ubwo yari mu nama yahuje Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Igifaransa (OIF) yabaye mu cyumweru gishize.

Gusa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yongeye kubinyomaza, asobanura ko umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo bafite ibyo barwanira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M. Alfa says:
    3 years ago

    Birasekeje cyane!
    Google Translation ya English mu kinyarwanda yakomye ababeshyere PM & Rwanda Gvt!
    Bigaragara ko uwanditse iyi fake tangazo akoresha igifransa, kandi atazi ikinyarwanda, Kandi ikigaragara cyane uwahimbye iyi fake tangazo ATAZI NA BUSA IKINYARWANDA GIKORESHWA MURI IKI GIHE MU NYANDIKO Z’UBUYOBOZI MU RWANDA.
    Urugero, abakoresha igifransa bakunda gukoresha Grande Bretagne, akaba ariyo mpamvu bakoresheje Great Breatain, mu gihe abakoresha icyongereza bakoresha cyane UK aho gukoresha GB….IGISEKEJE ni amagambo ya nyuma….aho POSITION bayihinduyemo UMWANYA….ubwo koko PM uvuga neza indimi z’ikinyarwanda, icyongereza, french, yakwibagirwa ko POSITIONS ari IBIRINDIRO mu kinyarwanda?
    BATAYE IBABA BATEKEREZA KO BASEBYA U RWANDA……
    INYANDIKO ZO MU BUYOBOZI BWO HEJURU BWOSE MU RWANDA (guhera ku Ntara, Ministries & Presidency) ZIBA ZANDITSE MU KINYARWANDA CYIZA, GISOBANUTSE CYA GIHANGA……utarakoze mu BUYOBOZI mu Rwanda ntushobora kumenya kwandika IKINYARWANDA GIKORESHWA mu BUYOBOZI bukuru mu Rwanda, BIBERE ISOMO N’UNDI UZABIGERAGEZA, BIZAMUTA HANZE…..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 16 =

Previous Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Next Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.