Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itangazo ryayitiriwe ririmo imvugo zumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, ari ikinyoma, isaba abantu kutariha agaciro.

Ni itangazo ryanditse mu buryo bw’inyandiko zishyirwa hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, rinagaragaza ko ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Ibikubiye muri iri tangazo tutifuje gutangaza mu nkuru yacu, byumvikanamo kuvuganira umutwe wa M23, wakunze kwegekwa ku Rwanda, nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yamaganye iri tangazo, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Mwitondere iyi nyandiko y’ikinyoma- ni incurano.”

Ibirego by’ibinyoma byo kwegeka umutwe wa M23 ku Rwanda, byakunze kuzamurwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse iki Gihugu kikaba giherutse kongera kuzamura ibi birego, byagarutsweho na Minisitiri wa DRC, ubwo yari mu nama yahuje Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Igifaransa (OIF) yabaye mu cyumweru gishize.

Gusa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yongeye kubinyomaza, asobanura ko umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo bafite ibyo barwanira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. M. Alfa says:
    3 years ago

    Birasekeje cyane!
    Google Translation ya English mu kinyarwanda yakomye ababeshyere PM & Rwanda Gvt!
    Bigaragara ko uwanditse iyi fake tangazo akoresha igifransa, kandi atazi ikinyarwanda, Kandi ikigaragara cyane uwahimbye iyi fake tangazo ATAZI NA BUSA IKINYARWANDA GIKORESHWA MURI IKI GIHE MU NYANDIKO Z’UBUYOBOZI MU RWANDA.
    Urugero, abakoresha igifransa bakunda gukoresha Grande Bretagne, akaba ariyo mpamvu bakoresheje Great Breatain, mu gihe abakoresha icyongereza bakoresha cyane UK aho gukoresha GB….IGISEKEJE ni amagambo ya nyuma….aho POSITION bayihinduyemo UMWANYA….ubwo koko PM uvuga neza indimi z’ikinyarwanda, icyongereza, french, yakwibagirwa ko POSITIONS ari IBIRINDIRO mu kinyarwanda?
    BATAYE IBABA BATEKEREZA KO BASEBYA U RWANDA……
    INYANDIKO ZO MU BUYOBOZI BWO HEJURU BWOSE MU RWANDA (guhera ku Ntara, Ministries & Presidency) ZIBA ZANDITSE MU KINYARWANDA CYIZA, GISOBANUTSE CYA GIHANGA……utarakoze mu BUYOBOZI mu Rwanda ntushobora kumenya kwandika IKINYARWANDA GIKORESHWA mu BUYOBOZI bukuru mu Rwanda, BIBERE ISOMO N’UNDI UZABIGERAGEZA, BIZAMUTA HANZE…..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Next Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.