Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari bari ku kiriyo cy’umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador byari byatangajwe ko yapfuye, ubwo barimo bamuhindurira imyambaro ngo bamushyingure, batunguwe no gusanga agihumeka uw’abazima.

Uyu mukecuru witwa Bella Montoya byari byatangajwe ko yapfuye mu cyumweru gishize yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Ubwo bari bagiye kumuhindurira imyambaro ngo bamwambike iyo kumushyingurana, uwari uri kubikora, yatunguwe no gusanga ahumeka.

Uyu wari wabitswe ndetse bagiye kumushyingura, yahise asubizwa ku bitaro kugira ngo bamwiteho, ndetse Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador ikaba yohereje itsinda rijya gukora iperereza kuri ibi byabaye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu, yatangaje ko uyu mukecuru yari yagize ikibazo cyo guhagarara k’umutima ndetse no guhagarara guhumeka ndetse n’umutima ugahagararara gukora ariko ko atazutse nk’uko hari abatangiye kubihwihwisa.

Umuhungu we witwa Gilber Rodolfo Balberán Montoya yabwiye ibitangazamakuru muri iki Gihugu ko umubyeyi we “yajyanywe kwa muganga mu gitondo saa tatu, saa sita muganga ambwira ko yapfuye.”

Uyu mukecuru kandi yari yabanje gushyirwa mu isanduku mu gihe cy’amasaha macye kugeza igihe abo mu muryango we babonye ko akiri muzima.

Hari amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mukecuru aryamye mu isanduku ifunguye, ari guhumeka, ndetse n’abantu benshi bamukikije.

Umuhungu we avuga ko na we yaguye mu kantu kubera ibyabaye. Ati “Ubu ndi gusenga ngo ubuzima bw’umubyeyi wanjye bwongere kumera neza. Ndifuza ko akomeza kubaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + one =

Previous Post

Hagaragajwe uko bihagaze niba irushanwa rya ‘MissRwanda’ rizongera kuba

Next Post

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Related Posts

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.