Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari bari ku kiriyo cy’umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador byari byatangajwe ko yapfuye, ubwo barimo bamuhindurira imyambaro ngo bamushyingure, batunguwe no gusanga agihumeka uw’abazima.

Uyu mukecuru witwa Bella Montoya byari byatangajwe ko yapfuye mu cyumweru gishize yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Ubwo bari bagiye kumuhindurira imyambaro ngo bamwambike iyo kumushyingurana, uwari uri kubikora, yatunguwe no gusanga ahumeka.

Uyu wari wabitswe ndetse bagiye kumushyingura, yahise asubizwa ku bitaro kugira ngo bamwiteho, ndetse Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador ikaba yohereje itsinda rijya gukora iperereza kuri ibi byabaye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu, yatangaje ko uyu mukecuru yari yagize ikibazo cyo guhagarara k’umutima ndetse no guhagarara guhumeka ndetse n’umutima ugahagararara gukora ariko ko atazutse nk’uko hari abatangiye kubihwihwisa.

Umuhungu we witwa Gilber Rodolfo Balberán Montoya yabwiye ibitangazamakuru muri iki Gihugu ko umubyeyi we “yajyanywe kwa muganga mu gitondo saa tatu, saa sita muganga ambwira ko yapfuye.”

Uyu mukecuru kandi yari yabanje gushyirwa mu isanduku mu gihe cy’amasaha macye kugeza igihe abo mu muryango we babonye ko akiri muzima.

Hari amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mukecuru aryamye mu isanduku ifunguye, ari guhumeka, ndetse n’abantu benshi bamukikije.

Umuhungu we avuga ko na we yaguye mu kantu kubera ibyabaye. Ati “Ubu ndi gusenga ngo ubuzima bw’umubyeyi wanjye bwongere kumera neza. Ndifuza ko akomeza kubaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 20 =

Previous Post

Hagaragajwe uko bihagaze niba irushanwa rya ‘MissRwanda’ rizongera kuba

Next Post

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe
MU RWANDA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.