Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Habaye ibidasanzwe ku mukecuru bari bagiye gushyingura bazi ko yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abari bari ku kiriyo cy’umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador byari byatangajwe ko yapfuye, ubwo barimo bamuhindurira imyambaro ngo bamushyingure, batunguwe no gusanga agihumeka uw’abazima.

Uyu mukecuru witwa Bella Montoya byari byatangajwe ko yapfuye mu cyumweru gishize yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Ubwo bari bagiye kumuhindurira imyambaro ngo bamwambike iyo kumushyingurana, uwari uri kubikora, yatunguwe no gusanga ahumeka.

Uyu wari wabitswe ndetse bagiye kumushyingura, yahise asubizwa ku bitaro kugira ngo bamwiteho, ndetse Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador ikaba yohereje itsinda rijya gukora iperereza kuri ibi byabaye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu, yatangaje ko uyu mukecuru yari yagize ikibazo cyo guhagarara k’umutima ndetse no guhagarara guhumeka ndetse n’umutima ugahagararara gukora ariko ko atazutse nk’uko hari abatangiye kubihwihwisa.

Umuhungu we witwa Gilber Rodolfo Balberán Montoya yabwiye ibitangazamakuru muri iki Gihugu ko umubyeyi we “yajyanywe kwa muganga mu gitondo saa tatu, saa sita muganga ambwira ko yapfuye.”

Uyu mukecuru kandi yari yabanje gushyirwa mu isanduku mu gihe cy’amasaha macye kugeza igihe abo mu muryango we babonye ko akiri muzima.

Hari amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu mukecuru aryamye mu isanduku ifunguye, ari guhumeka, ndetse n’abantu benshi bamukikije.

Umuhungu we avuga ko na we yaguye mu kantu kubera ibyabaye. Ati “Ubu ndi gusenga ngo ubuzima bw’umubyeyi wanjye bwongere kumera neza. Ndifuza ko akomeza kubaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Hagaragajwe uko bihagaze niba irushanwa rya ‘MissRwanda’ rizongera kuba

Next Post

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Umugore wasezeranye n’igipupe ugishinja kumuca inyuma yagikoreye ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.