Friday, August 7, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Kamena 2025 ahazwi nko ku Rutare rwa Ndaba muri uyu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi.

Amakuru dukesha KT Radio, avuga ko abantu icumi bari muri izi modoka zitwara abagenzi, ari bo bakomerekeye muri iyi mpanuka, bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, inzego z’ubutabazi zirimo Polisi ndetse n’iz’ubuzima zihutiye kuhagera kugira ngo zitange ubutabazi bwihuse.

Amakuru arambuye kuri iyi nkuru, aratangazwa mu bihe biri imbere.

Imodoka zakoze iyi mpanuka zangiritse bikabije

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =