Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi, barimo Dr Abdallah Utumatwishima wagize Minisitiri w’Urubyiruko, asimbura Rosemary Mbabazi wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, naho Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC agirwa Ambasaderi mu Bubiligi.

Bikubiye mu itangazo ryaturuse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo ryambukiranya kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023.

Ni impinduka zimvikana ko iyari Minisiteri y’Urubyiriko n’Umuco, yabaye iy’Urubyiruko, yahise inahabwa Umunyamabanga Uhoraho, Parfait Busabizwa wigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije, ubu akaba yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo.

Perezida Paul Kagame kandi yashyizeho ba Ambasaderi bashya barimo Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco wahawe guhagararira u Rwanda muri Ghana.

Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yari yirukanywe n’iki Gihugu nyuma yuko umubano wacyo n’u Rwanda ujemo igitotsi, ubu yagizwe Ambasaderi mu Bubiligi.

Maj Gen Charles Karamba wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, yahawe guhagararira u Rwanda muri Angola, ahita asimburwa na Fatu Harerimana.

Sheikh Abdul Karim Harerimana wari umwe mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, we yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Indonesia.

Martin Ngoga wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, yagizwe ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya.

UKO ABAYOBOZI BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

Next Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.