Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi, barimo Dr Abdallah Utumatwishima wagize Minisitiri w’Urubyiruko, asimbura Rosemary Mbabazi wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, naho Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC agirwa Ambasaderi mu Bubiligi.

Bikubiye mu itangazo ryaturuse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo ryambukiranya kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023.

Ni impinduka zimvikana ko iyari Minisiteri y’Urubyiriko n’Umuco, yabaye iy’Urubyiruko, yahise inahabwa Umunyamabanga Uhoraho, Parfait Busabizwa wigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije, ubu akaba yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo.

Perezida Paul Kagame kandi yashyizeho ba Ambasaderi bashya barimo Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco wahawe guhagararira u Rwanda muri Ghana.

Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yari yirukanywe n’iki Gihugu nyuma yuko umubano wacyo n’u Rwanda ujemo igitotsi, ubu yagizwe Ambasaderi mu Bubiligi.

Maj Gen Charles Karamba wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, yahawe guhagararira u Rwanda muri Angola, ahita asimburwa na Fatu Harerimana.

Sheikh Abdul Karim Harerimana wari umwe mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, we yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Indonesia.

Martin Ngoga wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, yagizwe ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya.

UKO ABAYOBOZI BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eight =

Previous Post

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

Next Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.