Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi, barimo Dr Abdallah Utumatwishima wagize Minisitiri w’Urubyiruko, asimbura Rosemary Mbabazi wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, naho Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC agirwa Ambasaderi mu Bubiligi.

Bikubiye mu itangazo ryaturuse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo ryambukiranya kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023.

Ni impinduka zimvikana ko iyari Minisiteri y’Urubyiriko n’Umuco, yabaye iy’Urubyiruko, yahise inahabwa Umunyamabanga Uhoraho, Parfait Busabizwa wigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije, ubu akaba yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo.

Perezida Paul Kagame kandi yashyizeho ba Ambasaderi bashya barimo Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco wahawe guhagararira u Rwanda muri Ghana.

Vincent Karega wahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yari yirukanywe n’iki Gihugu nyuma yuko umubano wacyo n’u Rwanda ujemo igitotsi, ubu yagizwe Ambasaderi mu Bubiligi.

Maj Gen Charles Karamba wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, yahawe guhagararira u Rwanda muri Angola, ahita asimburwa na Fatu Harerimana.

Sheikh Abdul Karim Harerimana wari umwe mu bagize Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, we yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Indonesia.

Martin Ngoga wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, yagizwe ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya.

UKO ABAYOBOZI BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

Next Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.