Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Habaye impinduka mu isura y’amapeti ya RDF n’aho yambarwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwavuguruye imiterere y’amwe mu mapeti y’Abasirikare yari asanzwe yambarwa ku ntugu, ubu yatangiye kwambarwa mu gatuza ku basirikare bamwe bo ku rwego rwo hasi.

Izi mpinduka zabaye ku basirikare bo hasi kugeza ku bofisiye bato, basanzwe bambara amapeti yabo ku ntugu, ubu bazajya bayambara mu gituza mu gihe bari mu mirimo isanzwe y’akazi ka gisirikare yo kurinda umutekano ndetse no ku rugamba.

Iki cyemezo cyatangiye kubahirizwa none tariki 09 Mutarama 2023, aho abasirikare bo kuri izi nzego zabayemo impinduka ku myambarire y’amapeti yabo, batangiye kubyubahiriza mu gihe bari mu bikorwa byavuzwe haruguru.

Habaye kandi n’impinduka mu miterere y’amwe mu mapeti yo ku rwego rwo hasi aho yabaga ari udasharu tugonze, ubu hakaba hashyizweho akamenyetso gasa nk’umutemere.

Gusa ku basirikare bo ku rwego rw’abofisiye bo hejuru n’abajenerali, ho amapeti azakomeza kuguma uko yari ateye.

Iyi miterere y’amapeti n’imyambarire mishya yayo, bisanzwe bizwi mu bisirikare by’Ibihugu bikomeye birimo nka Leta Zunze Ubumwe za America, aho bamwe mu basirikare baba bari ku rugamba bambara amapeti mu gatuza.

Ibi bituma abanzi batamenya gutandukanya umusirikare mukuru n’umuto, kuko amapeti yabo aba atagaragara dore ko aba ari mu gatuza.

Mu bihe bitandukanye, bamwe mu basirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye nko muri Mozambique aho bamaze iminsi bari mu rugamba rwo kurwanya ibyihebe, bamwe mu basirikare bakuru bayoboye uru rugamba bagiye bagaragara bakuyemo amapeti yabo.

Ibi byabaga byakozwe mu rwego rwo kurushaho kuzuza inshingano zabo ariko abo bahanganye batamenye amapeti yabo.

Amapeti yo hasi yabayemo impinduka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abana bakoze impanuka ubwo bajyaga ku ishuri

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abana bakoze impanuka ubwo bajyaga ku ishuri

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abana bakoze impanuka ubwo bajyaga ku ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.