Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yakoze impinduka muri Guverinoma, zasize bamwe mu Baminisitiri bahinduriwe Minisiteri n’inshingano, zinagarura muri Guverinoma Maj Gen Albert Murasira uherutse gusimbuzwa ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo.

Izi mpinduka zikubiye mu itangazo ryasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, aho imyanya 10 mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, yahinduriwe abantu ndetse hagashyirwamo n’amaraso mashya.

Gaspard Twagirayezu, yagizwe Minisitiri w’Uburezi, avuye ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye.

Ni mu gihe Dr Valentine Uwamariya wari usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi, yagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, asimbuye Prof Jeannette Bayisenge, wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Maj Gen Albert Murasira yagizwe Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, asimbura Solange Kayisire wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, asimbura Ingabire Assumpta, na we wahawe inshingano nshya.

Naho Jeannine Munyeshuri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, asimbura Dr Uwera Claudine wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibidukikije.

Claudette Irere wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro we yagumye muri iyi Minisiteri, ariko ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta gusa.

Eric Rwigamba yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, mu gihe Sandrine Umutoni wari Umuyobozi wa Imbuto Foundation, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko.

Assumpta Ingabire wari Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera Umwana.

Mu yindi myanya itari iyo muri Guverinoma, irimo uyu wa Ingabire Assumpta, hanashyizweho Maj Gen (Rtd) Dr Charles Rudakubana, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Angola, naho Margaret Nyagahura, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Hungary.

Nadine Gatsinzi wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ubukungu n’Imibereho myiza, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe kugenzura Iyubahirizwa rw’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’Igihugu.

Maj Gen Murasira yagarutse muri Guverinoma agirwa Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Gaspard Twagirayezu yagizwe Minisitiri w’Uburezi
Prof Jeannette Bayisenge wari Minisitiri w’Uburinganire, yagizwe uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo
Dr Uwamariya Valentine wari Minisitiri w’Uburezi, yagizwe uw’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango
Solange Kayisire wari Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC
Dr Uwera Claudine wari Umunyamabanga muri MINECOFI yajyanywe muri Minisiteri y’Ibidukikije
Yasimbuwe na Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN
Irere Claudette yagumye muri MINEDUC
Sandrine Umutoni yinjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Eric Rwigamba yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Next Post

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.