Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batanu (5) b’umutwe wa ADF urwanya Uganda ukaba ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishyikirije FARDC, batuma habaho kwikanga kuko barimo Umunyekongo usanzwe ari umuyobozi w’Umusigiti ndetse n’abagore batatu n’umukobwa umwe utujuje imyaka y’ubukure.

Ibi byihebe byemeye kumanika amaboko byishyikiriza igisirikare cya DRC, muri Segiteri ya Rwenzori muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Bishyikirije FARDC nyuma yo kotswaho umuriro na FARDC ku Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023 hafi y’Umugezi wa Sefu ahasanzwe hari ibirindiro by’uyu mutwe w’iterabwoba wa ADF.

Umuvugizi w’Ibikorwa bya Gisirikare bizwi nka Sokola 1 Grand Nord byo guhangana n’ibi byihebe, Capitaine Anthony Mualushayi yavuze ko aba barwanyi bishyize mu maboko ya FARDC nyuma yuko iki gisirikare cya Leta kibakurikiranye kiri kubahiga kikabageza mu nkengero z’uyu mugezi wa Sefu.

Yagize ati “Ni ho twafatiye batanu muri abo ba-Jihadiste. Muri abo bishyikirije igisirikare barimo Sheikh witwa Ramazani Idris Mpanda usanzwe ari Umuyobozi w’umusigiti (Imamu) mu mujyi wa Kalemie.”

Cap Anthony Mualushayi yavuze ko uyu mutwe w’iterabwoba wa ADF urimo no kwinjiza abarwanyi babakuye mu baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iretse uyu mu-Imamu kandi, muri aba bishyikirije FARDC barimo abagore batatu ndetse n’umukobwa umwe ukiri muto utaruzuza imyaka y’ubukure.

Yakomeje avuga ko ibitero bya FARDC byo guhashya uyu mutwe wa ADF ari byo byatumye aba barwanyi bishyikiriza iki gisirikare cya Congo.

Cap Anthony Mualushayi avuga kandi ko aba bishyikirije igisirikare bari kubazwa n’inzego zishinzwe iperereza za Gisirikare kandi ko bizeye ko amakuru bari butange aza gufasha FARDC gukomeza guhashya uyu mutwe w’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + two =

Previous Post

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Next Post

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.