Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Habayeho gutungurwa kubera ibyihebe batakekaga basanze mu mutwe uba muri DRCongo urwanya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batanu (5) b’umutwe wa ADF urwanya Uganda ukaba ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishyikirije FARDC, batuma habaho kwikanga kuko barimo Umunyekongo usanzwe ari umuyobozi w’Umusigiti ndetse n’abagore batatu n’umukobwa umwe utujuje imyaka y’ubukure.

Ibi byihebe byemeye kumanika amaboko byishyikiriza igisirikare cya DRC, muri Segiteri ya Rwenzori muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Bishyikirije FARDC nyuma yo kotswaho umuriro na FARDC ku Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023 hafi y’Umugezi wa Sefu ahasanzwe hari ibirindiro by’uyu mutwe w’iterabwoba wa ADF.

Umuvugizi w’Ibikorwa bya Gisirikare bizwi nka Sokola 1 Grand Nord byo guhangana n’ibi byihebe, Capitaine Anthony Mualushayi yavuze ko aba barwanyi bishyize mu maboko ya FARDC nyuma yuko iki gisirikare cya Leta kibakurikiranye kiri kubahiga kikabageza mu nkengero z’uyu mugezi wa Sefu.

Yagize ati “Ni ho twafatiye batanu muri abo ba-Jihadiste. Muri abo bishyikirije igisirikare barimo Sheikh witwa Ramazani Idris Mpanda usanzwe ari Umuyobozi w’umusigiti (Imamu) mu mujyi wa Kalemie.”

Cap Anthony Mualushayi yavuze ko uyu mutwe w’iterabwoba wa ADF urimo no kwinjiza abarwanyi babakuye mu baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iretse uyu mu-Imamu kandi, muri aba bishyikirije FARDC barimo abagore batatu ndetse n’umukobwa umwe ukiri muto utaruzuza imyaka y’ubukure.

Yakomeje avuga ko ibitero bya FARDC byo guhashya uyu mutwe wa ADF ari byo byatumye aba barwanyi bishyikiriza iki gisirikare cya Congo.

Cap Anthony Mualushayi avuga kandi ko aba bishyikirije igisirikare bari kubazwa n’inzego zishinzwe iperereza za Gisirikare kandi ko bizeye ko amakuru bari butange aza gufasha FARDC gukomeza guhashya uyu mutwe w’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Next Post

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.