Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Utari uwa Leta ‘We Act for Hope’ uratabariza abana bo ku muhanda, ukavuga ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo bahakurwe basubizwe mu ishuri, kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

Tariki 16 Kamena, hizihizwa Umwana w’Umunyafurika, aho uyu Muryango We Act for Hope wahurije hamwe bamwe mu bana bo mu Mujyi wa Kigali, aho banazirikanye bagenzi babo bataye amashuri.

Uyu munsi usanze u Rwanda rukomeje guhangana n’ikibazo cy’abana bata amashuri kubera ibibazo bitandukanye biri mu miryango bakomokamo.

Bamwe muri aba bana bavuga ko hari bagenzi babo bagiye bakurwa mu mashuri n’ababyeyi babo cyangwa bakikuramo bakajya gusabiriza ku mihanda.

Icyakora aba bana baranga icyizere cy’uko bagiye kubegera bakabagarura mu mashuri dore ko babumva bitewe nuko bari mu kigero cyabo.

Nsengiyumva Valentin yagize ati ”Hari abajya mu muhanda kubera ababyeyi babo batabagenera ibisabwa ngo bajye ku ishuri, hari n’abandi bahatirwa n’ababyeyi babo ngo bajye gusaba. Ni inshingano zacu nk’urungano rwabo kubireka ibyiza by’ishuri bagasubiramo kubera ko twebwe batwumva.”

Chantal Benekigeri uyobora Umuryango ‘Act for Hope’, yavuze ko abana bataye amashuri, ari ukubuzwa uburenganzira bwabo kuko ari bwo buryo bwari kuzatuma babasha kubaho neza mu gihe kiri imbere.

Yagize ati ”Ni bibi cyane nk’ako umubyeyi yashishikariza umwana kujya kwiga, ahubwo akamushora mu nzira zo mu muhanda. Ibyo bintu ni  bibi cyane ni yo mpamvu twirirwa twigisha, twirirwa duhamagara ababyeyi kugira ngo iyo myitwarire bayireke, buri mwana wese agomba kujya kwiga kuko ni uburenganzira bwe.”

Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, ukomoka ku bikorwa byabaye mu Gihugu cya Afurika y’Epfo, aho abakoloni b’Abongereza bari barimakaje politiki y’ivanguraruhu, batsembaga abana b’abanyeshuri bari bagaragaje ko badashaka kwiga mu rurimi ry’icyongereza ahubwo bifuza kujya biga mu rurimi gakondo ’ikizuru’. Icyo gihe abana barenga 1 500 barashwe amasasu barapfa.

Ibyo bikorwa byo gutsemba abo bana byabaye ku itariki ya 16 Kamena 1976, ni wo wabaye intandaro ko buri mwaka kuri iyo tariki, hizizwa Umunsi w’umwana w’Umunyafurika. Isanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti “Uburezi kuri Bose, igihe ni iki.”

Chantal Benekigeri yavuze nta mwana ukwiye kuvutswa uburenganzira bwo kwiga

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Next Post

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.