Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Utari uwa Leta ‘We Act for Hope’ uratabariza abana bo ku muhanda, ukavuga ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo bahakurwe basubizwe mu ishuri, kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

Tariki 16 Kamena, hizihizwa Umwana w’Umunyafurika, aho uyu Muryango We Act for Hope wahurije hamwe bamwe mu bana bo mu Mujyi wa Kigali, aho banazirikanye bagenzi babo bataye amashuri.

Uyu munsi usanze u Rwanda rukomeje guhangana n’ikibazo cy’abana bata amashuri kubera ibibazo bitandukanye biri mu miryango bakomokamo.

Bamwe muri aba bana bavuga ko hari bagenzi babo bagiye bakurwa mu mashuri n’ababyeyi babo cyangwa bakikuramo bakajya gusabiriza ku mihanda.

Icyakora aba bana baranga icyizere cy’uko bagiye kubegera bakabagarura mu mashuri dore ko babumva bitewe nuko bari mu kigero cyabo.

Nsengiyumva Valentin yagize ati ”Hari abajya mu muhanda kubera ababyeyi babo batabagenera ibisabwa ngo bajye ku ishuri, hari n’abandi bahatirwa n’ababyeyi babo ngo bajye gusaba. Ni inshingano zacu nk’urungano rwabo kubireka ibyiza by’ishuri bagasubiramo kubera ko twebwe batwumva.”

Chantal Benekigeri uyobora Umuryango ‘Act for Hope’, yavuze ko abana bataye amashuri, ari ukubuzwa uburenganzira bwabo kuko ari bwo buryo bwari kuzatuma babasha kubaho neza mu gihe kiri imbere.

Yagize ati ”Ni bibi cyane nk’ako umubyeyi yashishikariza umwana kujya kwiga, ahubwo akamushora mu nzira zo mu muhanda. Ibyo bintu ni  bibi cyane ni yo mpamvu twirirwa twigisha, twirirwa duhamagara ababyeyi kugira ngo iyo myitwarire bayireke, buri mwana wese agomba kujya kwiga kuko ni uburenganzira bwe.”

Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, ukomoka ku bikorwa byabaye mu Gihugu cya Afurika y’Epfo, aho abakoloni b’Abongereza bari barimakaje politiki y’ivanguraruhu, batsembaga abana b’abanyeshuri bari bagaragaje ko badashaka kwiga mu rurimi ry’icyongereza ahubwo bifuza kujya biga mu rurimi gakondo ’ikizuru’. Icyo gihe abana barenga 1 500 barashwe amasasu barapfa.

Ibyo bikorwa byo gutsemba abo bana byabaye ku itariki ya 16 Kamena 1976, ni wo wabaye intandaro ko buri mwaka kuri iyo tariki, hizizwa Umunsi w’umwana w’Umunyafurika. Isanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti “Uburezi kuri Bose, igihe ni iki.”

Chantal Benekigeri yavuze nta mwana ukwiye kuvutswa uburenganzira bwo kwiga

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Next Post

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.