Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Habonetse izindi mbaraga mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abana bo ku muhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Utari uwa Leta ‘We Act for Hope’ uratabariza abana bo ku muhanda, ukavuga ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo bahakurwe basubizwe mu ishuri, kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

Tariki 16 Kamena, hizihizwa Umwana w’Umunyafurika, aho uyu Muryango We Act for Hope wahurije hamwe bamwe mu bana bo mu Mujyi wa Kigali, aho banazirikanye bagenzi babo bataye amashuri.

Uyu munsi usanze u Rwanda rukomeje guhangana n’ikibazo cy’abana bata amashuri kubera ibibazo bitandukanye biri mu miryango bakomokamo.

Bamwe muri aba bana bavuga ko hari bagenzi babo bagiye bakurwa mu mashuri n’ababyeyi babo cyangwa bakikuramo bakajya gusabiriza ku mihanda.

Icyakora aba bana baranga icyizere cy’uko bagiye kubegera bakabagarura mu mashuri dore ko babumva bitewe nuko bari mu kigero cyabo.

Nsengiyumva Valentin yagize ati ”Hari abajya mu muhanda kubera ababyeyi babo batabagenera ibisabwa ngo bajye ku ishuri, hari n’abandi bahatirwa n’ababyeyi babo ngo bajye gusaba. Ni inshingano zacu nk’urungano rwabo kubireka ibyiza by’ishuri bagasubiramo kubera ko twebwe batwumva.”

Chantal Benekigeri uyobora Umuryango ‘Act for Hope’, yavuze ko abana bataye amashuri, ari ukubuzwa uburenganzira bwabo kuko ari bwo buryo bwari kuzatuma babasha kubaho neza mu gihe kiri imbere.

Yagize ati ”Ni bibi cyane nk’ako umubyeyi yashishikariza umwana kujya kwiga, ahubwo akamushora mu nzira zo mu muhanda. Ibyo bintu ni  bibi cyane ni yo mpamvu twirirwa twigisha, twirirwa duhamagara ababyeyi kugira ngo iyo myitwarire bayireke, buri mwana wese agomba kujya kwiga kuko ni uburenganzira bwe.”

Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, ukomoka ku bikorwa byabaye mu Gihugu cya Afurika y’Epfo, aho abakoloni b’Abongereza bari barimakaje politiki y’ivanguraruhu, batsembaga abana b’abanyeshuri bari bagaragaje ko badashaka kwiga mu rurimi ry’icyongereza ahubwo bifuza kujya biga mu rurimi gakondo ’ikizuru’. Icyo gihe abana barenga 1 500 barashwe amasasu barapfa.

Ibyo bikorwa byo gutsemba abo bana byabaye ku itariki ya 16 Kamena 1976, ni wo wabaye intandaro ko buri mwaka kuri iyo tariki, hizizwa Umunsi w’umwana w’Umunyafurika. Isanganyamatsiko y’uyu mwaka yagiraga iti “Uburezi kuri Bose, igihe ni iki.”

Chantal Benekigeri yavuze nta mwana ukwiye kuvutswa uburenganzira bwo kwiga

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Ibikekwa ku misambi yabonetse yapfuye n’icyakurikiyeho

Next Post

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Ikipe izasohokera u Rwanda ikomeje kwibikaho abakinnyi barimo n’abaturutse mu Bihugu bya ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.