Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
0
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu bwiherero, yamaze guhagarikwa ndetse anatabwa muri yombi.

Ntagwabira Valens usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025.

Ni nyuma yuko hari abaturage bo muri aka Kagari ayobora, bakomeje gutaka ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, bavuga ko ari cyo gihano abahanisha.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko nyuma yuko ubuyobozi bumenye ibivugwa n’aba baturage ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, hahise hafatwa icyemezo.

Aganira na RADIOTV10, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Aho tubimenyeye yavanywe mu kazi, kandi ubu afungiye kuri RIB kugira ngo akurikiranwe niba koko yarabikoze abihanirwe.”

Abaturage bavuga ko bahotewe n’uyu muyobozi, bavuga ko bari barambiwe inkoni bakubitwa n’uyu muyobozi kandi, bazi ko nta baturage bagikubitwa.

Emmanuel Dusengumuremyi usanzwe atuye muri aka Kagari, yabwiye RADIOTV10 ko asanzwe afite akabari gaherutse kunywerwamo n’abakoze ubujura, bamara gufatwa bikamwegekwaho.

Avuga ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yamufashe akajya kumuvufungira mu bwiherero, akamaramo iminsi ibiri, akaza kurekurwa na RIB.

Ati “Ni akarengane kuko hamwe n’inkoni n’iki rugeretse. Rero uyu Mugitifu uri hano, mutubabariye cyangwa mukanatuvugira, mwaduhindurira, kubera ko turagijwe inkoni nk’inka kandi turi abaturage basobanutse.”

Clarisse Hakizamariya, undi muturage wo muri aka gace, avuga ko iyi myitwarire y’umuyobozi wabo, idakwiye kuko aba agomba gutanga urugero rwiza, kandi ko nta rugero rwiza rwava mu guhohotera abaturage.

Ati “Abaturage ntabwo ari abantu b’abana, cyangwa se batumva, abaturage barumva, ariko ibintu byo gukubitwa, ngo umuturage akoze ikosa, mubwire yitabe ubuyobozi niba ari ikosa riremereye bigendere ku mategeko babone kumuhana. Igihano ahanisha abaturage, ni inkoni.”

Emmanuel Siboniyo na we yafunzwe na Gitifu akamufungira mu bwiherero we na bagenzi be batatu, yagize ati “Narayemo nirirwamo, bamvanamo nka saa kumi n’ebyiri.”

Uyu muturage kandi avuga ko n’iyo baciwe amande n’uyu muyobozi, bakeka ko atajya mu isanduku ya Leta, kuko atabaha inyemezabwishyu zigaragaza ko bayatanze.

Aba baturage bavuga ko hasanzwe ari ibihano bigenerwa abakozi amakosa cyangwa ibyaha, ariko ko bitarimo inkoni, bagasaba ko ari byo bajya bahanishwa aho gukubitwa ngo kuko “n’inka ntizigikutwa.”

Yousuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seventeen =

Previous Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Next Post

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.