Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
0
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu bwiherero, yamaze guhagarikwa ndetse anatabwa muri yombi.

Ntagwabira Valens usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 15 Kamena 2025.

Ni nyuma yuko hari abaturage bo muri aka Kagari ayobora, bakomeje gutaka ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, bavuga ko ari cyo gihano abahanisha.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko nyuma yuko ubuyobozi bumenye ibivugwa n’aba baturage ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’uyu Muyobozi wabo, hahise hafatwa icyemezo.

Aganira na RADIOTV10, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Aho tubimenyeye yavanywe mu kazi, kandi ubu afungiye kuri RIB kugira ngo akurikiranwe niba koko yarabikoze abihanirwe.”

Abaturage bavuga ko bahotewe n’uyu muyobozi, bavuga ko bari barambiwe inkoni bakubitwa n’uyu muyobozi kandi, bazi ko nta baturage bagikubitwa.

Emmanuel Dusengumuremyi usanzwe atuye muri aka Kagari, yabwiye RADIOTV10 ko asanzwe afite akabari gaherutse kunywerwamo n’abakoze ubujura, bamara gufatwa bikamwegekwaho.

Avuga ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yamufashe akajya kumuvufungira mu bwiherero, akamaramo iminsi ibiri, akaza kurekurwa na RIB.

Ati “Ni akarengane kuko hamwe n’inkoni n’iki rugeretse. Rero uyu Mugitifu uri hano, mutubabariye cyangwa mukanatuvugira, mwaduhindurira, kubera ko turagijwe inkoni nk’inka kandi turi abaturage basobanutse.”

Clarisse Hakizamariya, undi muturage wo muri aka gace, avuga ko iyi myitwarire y’umuyobozi wabo, idakwiye kuko aba agomba gutanga urugero rwiza, kandi ko nta rugero rwiza rwava mu guhohotera abaturage.

Ati “Abaturage ntabwo ari abantu b’abana, cyangwa se batumva, abaturage barumva, ariko ibintu byo gukubitwa, ngo umuturage akoze ikosa, mubwire yitabe ubuyobozi niba ari ikosa riremereye bigendere ku mategeko babone kumuhana. Igihano ahanisha abaturage, ni inkoni.”

Emmanuel Siboniyo na we yafunzwe na Gitifu akamufungira mu bwiherero we na bagenzi be batatu, yagize ati “Narayemo nirirwamo, bamvanamo nka saa kumi n’ebyiri.”

Uyu muturage kandi avuga ko n’iyo baciwe amande n’uyu muyobozi, bakeka ko atajya mu isanduku ya Leta, kuko atabaha inyemezabwishyu zigaragaza ko bayatanze.

Aba baturage bavuga ko hasanzwe ari ibihano bigenerwa abakozi amakosa cyangwa ibyaha, ariko ko bitarimo inkoni, bagasaba ko ari byo bajya bahanishwa aho gukubitwa ngo kuko “n’inka ntizigikutwa.”

Yousuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + six =

Previous Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Next Post

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.