Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe ibipimo biteye impungenge mu bukungu bw’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi yagaragaje ko izamuka ry’ubukungu bw’Isi rizagabanuka ku rugero rwa 1% ugereranyije n’urugero bwariho mu mwaka wa 2022, bitewe n’uko ubukungu bw’Ibihugu bikize nk’u Bushinwa na USA, buzahura n’ibibazo bikomeye.

Iyi mibare mishya ya banki y’Isi, igaragaza ko 2023 izasiga ubukungu bw’Isi buzamutse ku rugero rwa 2.1%, nyamara muri 2022 bwari ku muvuduko wa 3.1%, bivuze hazabaho igabanuka rya 1% ugereranyije n’iyi myaka ikurikirana.

Iri gabanuka rizaterwa n’uko ubukungu bw’u Bushinwa buzava ku izamuka rya 4.1% bwariho muri 2022 bukagera kuri 2.9% muri 2023, naho ubukungu bwa Leta Zunze Ubumwe za America buzagabanuka ku rugero rwa 0.8%.

Ajay Banga uyobora Banki y’Isi, avuga ko uburyo bumwe bwizewe bwo kugabanya ubukene, ari uguhanga imirimo, kandi nanone ibi bibazo bizazahaza ubukungu bica intege gahunda yo guhanga imirimo mishya.

Nanone kandi, ibi bishyira mu kaga Ibihugu bikennye, aho ubukungu bwabyo buzakomeza gucumbagira, kugeza ku rwego rw’uko mu mwaka wa 2024 umuturage azaba ataragera ku rugero rw’amafaranga yinjizaga mu mwaka wa 2019.

Ibi Bihugu kandi byugarijwe n’amadeni angana na 70% by’umusaruro mbumbe wabyo, kandi inyungu ziyaherekeje na zo zikomeje kumunga ubukungu bw’Ibihugu bigera muri 14 bikennye, byamaze kwinjira mu cyiciro cy’abaremewe n’amadeni ku buryo bafite n’impungenge zo kubura ubwishyu.

Ibi Bihugu byugarijwe n’ubukene, bikoresha 3% by’umusaruro mbumbe mu bikorwa byo kwita ku mibereho y’abaturage, nyamara ibikize byo bikoresha 26%.

Banki y’Isi igaragaza ko uyu mwaka wa 2023 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku rugero rwa 6.2%, naho muri 2024 ngo bugire izamuka 7.5%.

Ibi bipimo ni na byo bizagumaho mu mwaka wa 2025, aho bishingiye ku kuba ubukerarugendo bukomeje kuva mu ngaruka za COVID-19.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twelve =

Previous Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Next Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.