Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igikwiye gukurikira nyuma yo gutahura ko mu Majyaruguru hari ahakiziritse iby’amoko

radiotv10by radiotv10
12/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hahishuwe ibindi byirukanishije abayobozi bijya gusa n’iby’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu Ntara y’Amajyaruguru hagaragaye ibibangamira ubumwe bw’Abanyarwanda birimo ibishingiye ku moko yari amaze kugera no mu itangwa ry’akazi n’amasoko, Umuryango urwanya Ruswa n’akarengane, utangaza ko mu bushakashatsi bwawo na wo wabibonaga, ugasaba ko itoroshi yatunzwe muri iyi Ntara, itungwa n’ahandi hose.

Muri iki cyumweru, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yirukanye bamwe mu bayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru, abandi arabahindura kubera impamvu zirimo ivangura ryari ryatangiye gufata indi ntera muri iyi Ntara.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ubwo yagarukaga ku mpamvu zatumye bariya bayobozi birukanwa, yavuze ko hari ahagaragaye ko kwibona mu ndorerwamo y’amoko byari bimaze kugera ku rundi rwego.

Yagize ati “Ndetse tuza gusanga bikomeza bikagera no mu buryo amasoko atangwa, aho usanga nko mu Karere kamwe, ugasanga amasoko manini hafi ya yose yihariwe n’abantu bafite icyo bahuriyeho, bafite icyo basangiye, ukibaza niba ari bo bonyine bazi gukora muri iki Gihugu cyangwa se niba ari bo bafite ubushobozi bonyine muri iki Gihugu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane ishami ry’u Rwanda; Apollinaire Mupiganyi avuga ko ibi na bo babibona mu bushakashatsi bwabo.

Ati “Turanabigaragaza mu bushakashatsi butandukanye dukora. Ngira ngo icyiza ni uko byakumiriwe bitaragera kure. Twe turashima ko byahagaritswe. Ntabwo ntekereza ko uriya mweyo ugarukira mu Majyaruguru gusa. Ndatekereza ko n’ahandi baza gutungayo isitimu. Ntidukubure uruhande rumwe kandi urundi wenda hari imyanda igihari.”

Ziriya mpinduka zabayeho nyuma y’uko mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, habaye ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, byamaganiwe kure kuko bishobora guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yagaragaje indi migirire yototera guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda, na yo ikwiye kuranduka.

Yagize ati “mperutse kujya i Musanze nganira n’abantu bikorera ku giti cyabo, barambwira bati ‘hano ntibyoroha kugira ngo uze kuhacururiza uvuye ahandi ngo ubone abakugurira’. Iyo ugiye n’ahandi, i Muhanga n’ahandi, ibyo nabyo uhura nabyo.”

Dr Bizimana yagaragaje ko imyitwarire nk’iyi idafatiranywe hakiri kare ngo irandurwe, ishobora kuzabyara ibibazo bikomeye, byo kwironda n’amacakubiri kandi yaragize ingaruka zikomeye mu Rwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Next Post

Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.