Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

radiotv10by radiotv10
01/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera.

Kwimurira abarimu mu bigo by’amashuri, ni bimwe mu byo baba bifuza gukorerwa, gusa Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 abarimu 272 basabye kwimurwa bakajya gukorera muri Gasabo. Bamwe mu barimu bavuga ko impamvu ituma baba basaba kwimurwa zirimo urushako.

Umwe yagize ati “Hari igihe aba yaragiye mu kazi atarashaka umugabo, rero yamara gushaka akifuza kujya gukorera hafi yaho urugo rwe ruri, rero iyo akorera kure cyane biramugora rwose, rero bigenze neza abantu bajya bahabwa mutation kandi babashyira mu kazi bakarebera ahantu batuye akaba ariho babaha kwigisha.”

Undi yagize ati “Iyo umwarimu ari gukora urugendo rurerure akajya kure y’umuryango ntabwo biba ari byiza akenshi binagira ingaruka ku kazi ke kuko umuntu uri kure y’umuryango we ntabwo yakora akazi ke atuje ni hahandi uzasanga ari gukoresha telephone mu gihe ari kwigisha bitewe nuko igihe havutse ikibazo aba adahari ngo agikemure.”

Minirisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph avuga ko igituma abasaba mutation batazihabwa ari uko aho baba bashaka kujya haba hariyo abandi.

Yagize ati “Iyo umwanya udahari ntawuhari. Wabigenza ute? Ntabwo uza kwirukana umwarimu ngo we ahave kugira ngo undi ahaze, ubwo se urumva ibyo bishoboka? Ibi biranasobanurira abantu benshi uburyo iki kibazo cya mutation gikomeye, kuko niba abantu 272 bashaka kuza muri Gasabo abantu 48 bonyine akaba ari bo bashaka kuhava, ubwo urumva ko abo bantu bandi bose basabye kuhaza batazabibona, ntibishoboka. Rero ni cyo kibazo cyerekeye ibintu bya mutation, ni ibintu bitoroshye kandi atari uko umuntu atabyumva, iyaba koko byashobokaga umuntu yakorera aho yifuza gukorera, ariko hari abandi barimu bahari.”

Minisiteri y’uburezi igaragaza ko mu barimu 272 basabye kwimurirwa mu Garere ka Gasabo mu mwaka wa 2024-2025 abagera kuri 73 gusa ari bo babyemererwe.

Iyi Minisiteri kandi igaragaza ko ubu mu Gihugu hose hari abarimu barenga ibihumbi 120, barimo 9252 bigisha mu mashuri y’incuke, abo mu mashuri abanza bakaba ibihumbi 26, naho abigisha mu mashuri yisumbuye bakaba ari ibihumbi 34.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Next Post

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.