Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

radiotv10by radiotv10
01/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera.

Kwimurira abarimu mu bigo by’amashuri, ni bimwe mu byo baba bifuza gukorerwa, gusa Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 abarimu 272 basabye kwimurwa bakajya gukorera muri Gasabo. Bamwe mu barimu bavuga ko impamvu ituma baba basaba kwimurwa zirimo urushako.

Umwe yagize ati “Hari igihe aba yaragiye mu kazi atarashaka umugabo, rero yamara gushaka akifuza kujya gukorera hafi yaho urugo rwe ruri, rero iyo akorera kure cyane biramugora rwose, rero bigenze neza abantu bajya bahabwa mutation kandi babashyira mu kazi bakarebera ahantu batuye akaba ariho babaha kwigisha.”

Undi yagize ati “Iyo umwarimu ari gukora urugendo rurerure akajya kure y’umuryango ntabwo biba ari byiza akenshi binagira ingaruka ku kazi ke kuko umuntu uri kure y’umuryango we ntabwo yakora akazi ke atuje ni hahandi uzasanga ari gukoresha telephone mu gihe ari kwigisha bitewe nuko igihe havutse ikibazo aba adahari ngo agikemure.”

Minirisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph avuga ko igituma abasaba mutation batazihabwa ari uko aho baba bashaka kujya haba hariyo abandi.

Yagize ati “Iyo umwanya udahari ntawuhari. Wabigenza ute? Ntabwo uza kwirukana umwarimu ngo we ahave kugira ngo undi ahaze, ubwo se urumva ibyo bishoboka? Ibi biranasobanurira abantu benshi uburyo iki kibazo cya mutation gikomeye, kuko niba abantu 272 bashaka kuza muri Gasabo abantu 48 bonyine akaba ari bo bashaka kuhava, ubwo urumva ko abo bantu bandi bose basabye kuhaza batazabibona, ntibishoboka. Rero ni cyo kibazo cyerekeye ibintu bya mutation, ni ibintu bitoroshye kandi atari uko umuntu atabyumva, iyaba koko byashobokaga umuntu yakorera aho yifuza gukorera, ariko hari abandi barimu bahari.”

Minisiteri y’uburezi igaragaza ko mu barimu 272 basabye kwimurirwa mu Garere ka Gasabo mu mwaka wa 2024-2025 abagera kuri 73 gusa ari bo babyemererwe.

Iyi Minisiteri kandi igaragaza ko ubu mu Gihugu hose hari abarimu barenga ibihumbi 120, barimo 9252 bigisha mu mashuri y’incuke, abo mu mashuri abanza bakaba ibihumbi 26, naho abigisha mu mashuri yisumbuye bakaba ari ibihumbi 34.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Next Post

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.