Friday, March 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Abahoze mu buyobozi bwa Rayon

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe umushinga w’amategeko agenga iyi kipe utaremezwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere-RGB.

Yagize ati “Koko inzego zaraseshwe hashyirwaho komisiyo y’abantu batanu, bayishinga gutekereza no gushyiraho imiyoborere ya Rayon Sports mu gihe kirambye Iyo yari misiyo ya mbere twari duhawe.”

Yakomeje avuga ko bahawe manda yo gutegura uburyo bushya bwo gutangira imiyoborere.
Ati “Ikibazo cyibazwaga na buri muntu wese cyari ukumenya umunyamuryango wa Rayon Sports uwo ari we. Icyo kibazo twarakibazwaga ahantu hose. Kubera ko ibintu byari byoroshye, twahisemo gukoresha ikoranabuhanga abantu bakiyandikisha ku bushake.”

Musabyimana yavuze ko abantu bari basanzwe bazwi nk’abakunzi ba Rayon Sports batari bafite urutonde ruzwi. Ati “Kubera ko tutari tubazi neza umubare wabo, ni yo mpamvu twashyizeho uburyo bwo kwiyandikisha. Nyuma tuzakora amategeko abagenga, kuko ari cyo twari twahawe inshingano zo gutegura.”

Yongeyeho ko amategeko agenga Rayon Sports n’abanyamuryango bayo yamaze gutegurwa, ategereje kwemezwa na RGB.

Ati “Yego, twarayateguye dushyiraho amakomisiyo atandukanye aduha ibitekerezo, tugerageza no gushaka abanyamategeko baradufasha. Twayahuje n’ayo twari dusanganwe, nyuma duhurira na RGB inshuro nyinshi kugeza ubwo babonye ko yuzuye , ariko badusaba kubitangaza ku mugaragaro kugira ngo abantu biyandikishe ku bwinshi hatazagira uwitwaza ko yacikanwe nyuma aribwo ayo mategeko agenga Rayon Sport azatangazwa ku mugaragaro.”

Musabyimana yasoje avuga ko abarenga ibihumbi 35 bamaze kwiyandikisha nk’abanyamuryango ba Rayon Sports binyuze kuri gahunda ya *702#. Muri bo, abantu 6000 biyemeje kugira uruhare mu ishoramari ry’iyi kipe mu bihe biri imbere, gusa 600 muri bo ni bo bamaze gutanga umusanzu wa 30,000 Frw.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eleven =

Previous Post

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

Next Post

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Related Posts

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca...

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du...

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

by radiotv10
27/02/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball...

IZIHERUKA

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB
MU RWANDA

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

by radiotv10
06/03/2026
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

06/03/2026
Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

06/03/2026
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

06/03/2026
Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

05/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri 'White House', Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.