Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe imibare mishya y’uko Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe imibare mishya y’uko Ubukungu bw’u Rwanda buhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaruro mbumbe w’Ubukungu bw’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2023, wagize izamuka ryo ku gipimo cy’ 9,2%, aho wavuye kuri miliyari 3 021 Frw ukagera kuri Miliyari 3 901 Frw ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2022.

Byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023, cyagaragaje ko urwego rwagize uruhare runini muri uyu musaruro mbumbe, ari urwa Serivisi, kuko rufitemo 44%.

Ubuhinzi busanzwe ari urwego rutunze benshi mu Banyarwanda, bwo bwagize uruhare rungana na 27%, naho urwego rw’inganda, rugira 22% mu musaruro mbumbe w’ubu bukungu bw’u Rwanda mu gihembwe cya mbere cya 2023.

Nko mu buhinzi, habayeho izamuka rishimishije ry’umusaruro ku bihingwa ngengabukungu, aho wiyongereyeho 25%, gusa mu bihingwa ngandurarugo, ho habayeho igabanuka rya 3%, bitewe n’igabanuka ry’umusaruro wa bimwe mu bihingwa watewe n’ibibazo binyuranye birimo ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Ku gihingwa ngengabukungu cya Kawa, habayeho izamuka rya 54% mu gihe ku musaruro w’icyayi na cyo kiri mu bikomeje kwinjiriza u Rwanda amafaranga menshi, habayeho izamuka rya 7%.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, Yussuf Murangwa, agaruka kuri iri zamuka rya 9,02%, yavuze ko iri zamuka rigomba no kujyana n’imibereho y’Abanyarwanda bakomeje kugaragaza ubushobozi bwo guhaha ku isoko.

Ati “Iyo ubucuruzi bw’abantu badangaza bwazamutse biba bivuze ko Abanyarwanda bari kugura. Nk’uko mubibona, byazamutse 17%, ibi ni ibintu byiza cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twenty =

Previous Post

Abanyamakuru b’ibirangirire mu Rwanda bahuriye mu kiganiro nabo bahatwa ibibazo (VIDEO)

Next Post

Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe

Habaye uruzinduko rusa nk’igitangaza hagati y’Ibihugu by’ibihangange birebana ay’ingwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.