Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe imibare yerekana uburyo inguzanyo zitangwa n’amabanki mu Rwanda zatumbagiye

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragaje ko mu gice cya mbere cy’uyu mwaka, inguzanyo zatanzwe n’amabanki n’ibigo by’imari ziyongereye, nko ku zahawe abacuruzi, ziyongereye ku gipimo cya 29% kuko hatanzwe  miliyari 157,4 Frw.

Byagaragajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nzeri 2024, aho uru rwego rushinzwe kurinda ubutajegajega bw’ifaranga, ruvuga ko nubwo izi nguzanyo zitangwa n’amabanki ziyongereye, ariko bidateye impungenge ko byazagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Imibare y’amezi atandatu y’umwaka wa 2024, igaragaza ko inguzanyo nshya ibigo by’imari n’amabanki byatanze ziyongereye ku rugero rwa 29%.

Mu byiciro bine byafashe izo nguzanyo; izahawe abacuruzi zingana na miliyari 157,4 Frw, ziyongereye kuri 29%. Abantu ku giti cyabo bahawe miliyari 130,3 Frw, zo ziyongereye kuri 24%, ubwubatsi n’inganda bikurikiraho ku aho muri izi nzego zombi ho hatanzwe inguzanyo ya miliyari 154,3 Frw.

Imibare igaragaza ko ikinyuranyo mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigeze ku 9,6% kivuye kuri 21,4% cyariho mu gihe nk’iki cy’umwaka wa 2023. Igabanuka ry’icyo kinyuranyo mu bucuruzi n’amahanga; cyagize n’ingaruka ku gaciro k’ifaranga ry’u Rwanda. muri aya mezi atandatu ashize; urugero rwo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda rwazamutse kuri 3,7% ruvuye ku 8,8%.

Igisubizo cyo kurushaho guhindura iyo mibaree; ni uguteza imbere inganda zikagabanya ibitumizwa hanze; zigatanga umusaruro woherezwayo.

Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda agaragaza imiterere y’izi nguzanyo, ndetse n’ibyiciro bigaragara mu kuzaka.

Ati “Iyo turebye dusanga nk’inguzanyo z’igihe gito zihabwa abacuruzi bato cyangwa abanini; ni zo nguzanyo nini tubona ziri munsi y’umwaka, ariko byo bigendana n’ubukungu bwacu ko busigaye bushingiye kuri serivise. Ikindi amafaranga ajya mu nganda ntabwo wayagereranya n’ajya mu bucuruzi yo gukoresha nko mu kwezi kumwe, amezi atatu,…Inganda; iyo ugiye kurwubaka; niba ari amamashini ugiye kuzana; ni inguzanyo zirengeje umwaka, ugasanga tutagereranya izo nguzanyo z’igihe gito n’iz’igihe kirekire, ariko ni byo birerekana ko tugikeneye gushyira ingufu mu rwego rw’inganda.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi iherutse kugabanya urwunguko rwayo irukura kuri 7% irugeza kuri 6,5%, byakozwe hashingiwe ku kuba umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko ukomeje kuba aho wifuzwa, dore ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kanama uyu mwaka utigeze urenga 5%.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, avuga ko kuba inguzanyo zitangwa n’ibigo by’imari na za Banki zarazamutse bitazagira ingaruka ku biciro ku masoko.

Ati “Nubwo byitwa inguzanyo z’abantu ku giti cyabo; iyo ugiye kureba usanga nyinshi ari izo kubaka amazu cyangwa kugura imodoka. Ntabwo ari amafaranga ari bujyane muri resitora cyangwa guhaha gusa. Ibyo byose tuba twabirebye, nta mpungenge dufite muri iyi myaka ibiri iri imbere.”

Usibye guhindura urwunguko rwa Banki Nkuru y’Igihugu; bifatwa nk’intwaro ikomeye mu guhangana n’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko; abahanga bavuga ko imyitwarire y’abaturage ishobora gufasha mu gihe bagira umuco wo kwizigamira, nk’uko byafashije abanyaburayi.

John Rwangombwa avuga ko nubwo kubibara bigoye; ariko imyitwarire y’Abanyarwanda itaragera ku rwego rwo kuba ikibazo ku isoko.

Ati “Wenda twe ntabwo turagera ku rwego rw’abanyaburayi bashobora kubibara mu mibare, ariko iyo urebye n’Abanyarwanda mu miterere yacu; ntabwo turi abantu bakunze gusimbagurika n’ibihise byose, umuntu agasimbuka akiruka. Ikindi Abanyarwanda ni abantu bubaha inzego z’Igihugu. Twishimira ko iyo dutanze ubutumwa bugaragaza iyo ubukungu bugana; na bo birabafasha mu mitekerereze no mu mikorere yabo.”

BNR ishimangira ko ingano y’umusaruro w’ubuhinzi n’ibibazo by’intambara ziri hanze y’Umugabane wa Afurika, ari byo biza mu bya mbere mu byagira ingaruka ku mpinduka z’ibiciro ku masoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Hazamuwe dosiye y’ukurikiranyweho kwica umugore we amuhoye kutumvikana ku cyo baganiragaho

Next Post

Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y’Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

Umwe mu bakinnyi bazwi muri ruhago y'Isi yatangaje icyemezo cyatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.