Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano y’iki Gihugu n’u Rwanda yo kohereza abimukira, Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yavuze ko atari ryo herezo ry’uyu mugambi, anatangaza ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo ushyirwe mu bikorwa byanga byakunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rwajuririwe ku cyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko rw’Ubujurire, rwashimangiye icyemezo cyari cyajuririwe, rwemeza ko umugambi w’u Bwongereza n’u Rwanda, udakurikije amategeko.

Ni icyemezo uru Rukiko rwashimangiye ruvuga ko u Rwanda atari Igihugu cyizewe cya gatatu gikwiye kohererezwamo abo bimukira n’abashaka ubuhungiro, ngo kuko hari impungenge ko bashobora guhita basubizwa mu Bihugu bahunze.

Ni ingingo itarashimishije u Rwanda, rwanamaganye ibyatangajwe n’uru Rukiko rw’Ikirenga, ko atari Igihugu gitekanye, ruvuga ko ibyari byakozwe byose bikurikije amategeko n’amasezerano mpuzamahanga ajyanye no gutabara imbabare.

U Rwanda rwanavuze kandi ko rusanzwe rucumbikiye impunzi ndetse runakomeze kuzakira, rukaba runashimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) kuba ruri mu Bihugu bya mbere byita ku mpunzi.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we yagize icyo avuga kuri iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’Igihugu cye, avuga ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye kugira icyo ikora.

Yagize ati “Sinanyuzwe n’iki cyemezo uretse ko nacyakiriye kandi nkaba nacyubashye kuko biri mu biranga kugendera ku mategeko nk’ingenzi muri demokarasi y’Igihugu cyacu.”

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu yari yiteguye kuzakira icyemezo cyose kizafatwa n’uru Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ni yo mpamvu twatangiye gukorana n’u Rwanda ku masezerano mpuzamahanga azatuma habaho icyizere gishingiye ku mategeko ko abimukira bazava mu Bwongereza bakajyanwa mu Rwanda, bazaba bafite umutekano, kandi ko batazajyanwa ahandi.”

Rishi Sunak yakomeje avuga ko n’ubundi muri aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda, harimo ingingo ivuga ko mu gihe byaba ngombwa, abimukira boherejwe bazasubizwa mu Bwongereza mu gihe byasabwa n’Urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tuzakomeza gushaka uburyo hashyirwa mu bikorwa aya masezerano yacu n’u Rwanda tugendeye ku cyemezo cyafashwe uyu munsi, kandi tuzayemeza.”

Akomeza agira ati “Ndatangaza ko tugiye gutera indi ntambwe idasanzwe yo gukoresha itegeko ry’ibihe bidasanzwe, ku buryo bizatuma Inteko Ishinga Amategeko yemeza ko aya masezerano n’u Rwanda akurikije amategeko kandi ko u Rwanda rutekanye.”

Yavuze ko igihe Inteko izaba yemeje aya masezerano, ntakizabuza Indege izajyana abimukira mu Rwanda gufata ikirere, kabone nubwo hatangwa ibirego mu nkiko.

Kabone nubwo Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Nteko y’Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi na yo yakwitambika aya masezerano, Minisitiri w’Inteke Sunak yavuze ko ntakizabuza ko ashyirwa mu bikorwa.

Ati “Sinzigera nemera ko Urukiko rwo hanze y’Igihugu rubuza indege ijyana abimukira mu Rwanda. Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, nirutambamira icyemezo cy’Inteko yacu, niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege igende.”

Aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022 yagiye arwanywa na benshi, yari yabanje kwemezwa n’Urukiko Rukuru rwari rwaregewe na bamwe mu bagombaga koherezwa, bahita bajurira Urukiko rw’Ubujurire, rwaje kuyanga, nabwo Guverinoma ntiyanyurwa ihita ijurira urw’Ikirenga, na rwo rukaba rwayatesheje agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + thirteen =

Previous Post

Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi

Next Post

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Related Posts

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n'uburyo byatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.