Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano y’iki Gihugu n’u Rwanda yo kohereza abimukira, Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yavuze ko atari ryo herezo ry’uyu mugambi, anatangaza ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo ushyirwe mu bikorwa byanga byakunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rwajuririwe ku cyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko rw’Ubujurire, rwashimangiye icyemezo cyari cyajuririwe, rwemeza ko umugambi w’u Bwongereza n’u Rwanda, udakurikije amategeko.

Ni icyemezo uru Rukiko rwashimangiye ruvuga ko u Rwanda atari Igihugu cyizewe cya gatatu gikwiye kohererezwamo abo bimukira n’abashaka ubuhungiro, ngo kuko hari impungenge ko bashobora guhita basubizwa mu Bihugu bahunze.

Ni ingingo itarashimishije u Rwanda, rwanamaganye ibyatangajwe n’uru Rukiko rw’Ikirenga, ko atari Igihugu gitekanye, ruvuga ko ibyari byakozwe byose bikurikije amategeko n’amasezerano mpuzamahanga ajyanye no gutabara imbabare.

U Rwanda rwanavuze kandi ko rusanzwe rucumbikiye impunzi ndetse runakomeze kuzakira, rukaba runashimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) kuba ruri mu Bihugu bya mbere byita ku mpunzi.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we yagize icyo avuga kuri iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’Igihugu cye, avuga ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye kugira icyo ikora.

Yagize ati “Sinanyuzwe n’iki cyemezo uretse ko nacyakiriye kandi nkaba nacyubashye kuko biri mu biranga kugendera ku mategeko nk’ingenzi muri demokarasi y’Igihugu cyacu.”

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu yari yiteguye kuzakira icyemezo cyose kizafatwa n’uru Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ni yo mpamvu twatangiye gukorana n’u Rwanda ku masezerano mpuzamahanga azatuma habaho icyizere gishingiye ku mategeko ko abimukira bazava mu Bwongereza bakajyanwa mu Rwanda, bazaba bafite umutekano, kandi ko batazajyanwa ahandi.”

Rishi Sunak yakomeje avuga ko n’ubundi muri aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda, harimo ingingo ivuga ko mu gihe byaba ngombwa, abimukira boherejwe bazasubizwa mu Bwongereza mu gihe byasabwa n’Urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tuzakomeza gushaka uburyo hashyirwa mu bikorwa aya masezerano yacu n’u Rwanda tugendeye ku cyemezo cyafashwe uyu munsi, kandi tuzayemeza.”

Akomeza agira ati “Ndatangaza ko tugiye gutera indi ntambwe idasanzwe yo gukoresha itegeko ry’ibihe bidasanzwe, ku buryo bizatuma Inteko Ishinga Amategeko yemeza ko aya masezerano n’u Rwanda akurikije amategeko kandi ko u Rwanda rutekanye.”

Yavuze ko igihe Inteko izaba yemeje aya masezerano, ntakizabuza Indege izajyana abimukira mu Rwanda gufata ikirere, kabone nubwo hatangwa ibirego mu nkiko.

Kabone nubwo Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Nteko y’Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi na yo yakwitambika aya masezerano, Minisitiri w’Inteke Sunak yavuze ko ntakizabuza ko ashyirwa mu bikorwa.

Ati “Sinzigera nemera ko Urukiko rwo hanze y’Igihugu rubuza indege ijyana abimukira mu Rwanda. Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, nirutambamira icyemezo cy’Inteko yacu, niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege igende.”

Aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022 yagiye arwanywa na benshi, yari yabanje kwemezwa n’Urukiko Rukuru rwari rwaregewe na bamwe mu bagombaga koherezwa, bahita bajurira Urukiko rw’Ubujurire, rwaje kuyanga, nabwo Guverinoma ntiyanyurwa ihita ijurira urw’Ikirenga, na rwo rukaba rwayatesheje agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi

Next Post

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya
MU RWANDA

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n'uburyo byatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.