Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugaragaza ko kuva muri Nyakanga uyu mwaka, ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi byiyongereye, birimo uwishwe urw’agashinyaguro mu Karere ka Ngoma, ndetse no mu Karere ka Karongi hamaze gukorwa amadosiye 10 aregwamo abantu 25.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira avuga ko ibikorwa bigaragara mu birego byakirwa n’uru Rwego ku byaha byo guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo ibyo gukoresha amagambo ashengura umutima, kubatera ubwoba no kubashyiraho ibikangisho, gukubita no gukomeretsa, gutera amabuye hejuru y’inzu zabo, kuboherereza inyandiko zitera ubwoba zitagaragaza abazanditse, ndetse no kwica amatungo yabo.

Avuga ko hagati ya 2019 na 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwakiriye ibirego 2 660, biregwamo abantu 3 563.

Ati “Ubu guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside akaba ari icyaha cyihariye 50% y’ibyaha byose bikorwa, kigakurikirwa n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyo kiza kuri 21,8%, ibindi byaha bisigaye bikagenda bigabana iryo janisha risigaye.”

Dr Murangira avuga ko ibikorwa biza ku isonga muri iki cyaha cyo guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside, byiganjemo gukoresha amagambo amusesereza, no kwangiza imitungo ye.

Nanone kandi abakora ibi byaha, baba bafite icyabisembuye, nk’ubusinzi, n’amakimbirane ashingiye ku mbibi z’ubutaka.

Dr Murangira ati “Ariko uko byakorwa kose ntakigomba kuba umusembura cyangwa imbarutso yo guhohotera umuntu runaka noneho yaba ari uwacitse ku icumu, itegeko ubwaryo rirabihana.”

Ingamba zigomba kurandura ibi, harimo gukomeza kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, umuco w’amahoro, kugira ubworoherane, ariko no guhana abakora ibyaha nk’ibi.

 

Imibare ya vuba aha

Mu cyumweru gishize, mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, Nduwamungu Pauline wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yishwe aciwe umutwe, igihimba cye gishyirwa mu kimoteri kiri iwe, mu gihe umutwe waje gusangwa mu musarani iwe.

Dr Murangira avuga ko mu iperereza hafashwe abantu batandukanye, ariko mu ibazwa, uwitwa Nziza aza kwiyemerera ko ari we wishe nyakwigendera, ari na we werekanye aho yari yashyize umutwe we.

Avuga ko iperereza riri gukorwa ubu, ari iryo kumenya impamvu yatumye uyu Nziza yica nyakwigendera Pauline.

Ati “Kugeza ubu ntabwo RIB yahakana cyangwa ngo yemeze ko Nduwamungu Pauline yishwe kubera ko ari uwacitse ku icumu rya Jenoside.”

Umuvugizi wa RIB yagarutse ku bindi bikorwa byo guhohotera abarokotse Jenoside byabaye mu mezi macye ashize, nko mu Karere ka Ruhango, aho mu kwezi kwa Kanama (08) hishwe uwitwa Ntashamaje Enatha, ndetse haza gufatwa abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe, ubu bakaba barafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Mu Karere ka Karongi, kuva muri Nyakanga (07) kugeza mu kwezi k’Ugushyingo (11) 2024 hamaze gukorwa amadosiye 10 ajyanye n’ibyaha byakorewe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aregwamo abantu 25.

Naho mu Karere ka Kayonza, na ho hishwe abantu babiri, ndetse hakaba harafashwe abantu babiri bakekwaho uruhare mu iyicwa ryabo.

Dr Murangira avuga ko “RIB Ihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ikababwira ko Leta ibitayeho kimwe n’abandi Banyarwanda na bo tukaba tubahumuriza, ariko tubabwira ko ibi byaha tugomba gufatanya tukabwirwanya ndetse tukabwira abantu bakagira umuco w’ubworoherane tukikuramo ingengabitekerezo ya Jenoside kuko utazayikuramo, byanze bikunze amategeko azayimukuramo.”

Yaboneyeho kubwira byumwihariko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside, ko ukubuko k’ubutabera kuzagera aho kukabageraho, kuko Leta y’u Rwanda idashobora kwihanganira umuntu washaka gusubiza inyuma ubumwe bw’Abanyarwanda kuko ari bwo musingi wubakiweho u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

Next Post

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.