Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugaragaza ko kuva muri Nyakanga uyu mwaka, ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi byiyongereye, birimo uwishwe urw’agashinyaguro mu Karere ka Ngoma, ndetse no mu Karere ka Karongi hamaze gukorwa amadosiye 10 aregwamo abantu 25.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira avuga ko ibikorwa bigaragara mu birego byakirwa n’uru Rwego ku byaha byo guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo ibyo gukoresha amagambo ashengura umutima, kubatera ubwoba no kubashyiraho ibikangisho, gukubita no gukomeretsa, gutera amabuye hejuru y’inzu zabo, kuboherereza inyandiko zitera ubwoba zitagaragaza abazanditse, ndetse no kwica amatungo yabo.

Avuga ko hagati ya 2019 na 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwakiriye ibirego 2 660, biregwamo abantu 3 563.

Ati “Ubu guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside akaba ari icyaha cyihariye 50% y’ibyaha byose bikorwa, kigakurikirwa n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyo kiza kuri 21,8%, ibindi byaha bisigaye bikagenda bigabana iryo janisha risigaye.”

Dr Murangira avuga ko ibikorwa biza ku isonga muri iki cyaha cyo guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside, byiganjemo gukoresha amagambo amusesereza, no kwangiza imitungo ye.

Nanone kandi abakora ibi byaha, baba bafite icyabisembuye, nk’ubusinzi, n’amakimbirane ashingiye ku mbibi z’ubutaka.

Dr Murangira ati “Ariko uko byakorwa kose ntakigomba kuba umusembura cyangwa imbarutso yo guhohotera umuntu runaka noneho yaba ari uwacitse ku icumu, itegeko ubwaryo rirabihana.”

Ingamba zigomba kurandura ibi, harimo gukomeza kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda, umuco w’amahoro, kugira ubworoherane, ariko no guhana abakora ibyaha nk’ibi.

 

Imibare ya vuba aha

Mu cyumweru gishize, mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, Nduwamungu Pauline wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yishwe aciwe umutwe, igihimba cye gishyirwa mu kimoteri kiri iwe, mu gihe umutwe waje gusangwa mu musarani iwe.

Dr Murangira avuga ko mu iperereza hafashwe abantu batandukanye, ariko mu ibazwa, uwitwa Nziza aza kwiyemerera ko ari we wishe nyakwigendera, ari na we werekanye aho yari yashyize umutwe we.

Avuga ko iperereza riri gukorwa ubu, ari iryo kumenya impamvu yatumye uyu Nziza yica nyakwigendera Pauline.

Ati “Kugeza ubu ntabwo RIB yahakana cyangwa ngo yemeze ko Nduwamungu Pauline yishwe kubera ko ari uwacitse ku icumu rya Jenoside.”

Umuvugizi wa RIB yagarutse ku bindi bikorwa byo guhohotera abarokotse Jenoside byabaye mu mezi macye ashize, nko mu Karere ka Ruhango, aho mu kwezi kwa Kanama (08) hishwe uwitwa Ntashamaje Enatha, ndetse haza gufatwa abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe, ubu bakaba barafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Mu Karere ka Karongi, kuva muri Nyakanga (07) kugeza mu kwezi k’Ugushyingo (11) 2024 hamaze gukorwa amadosiye 10 ajyanye n’ibyaha byakorewe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aregwamo abantu 25.

Naho mu Karere ka Kayonza, na ho hishwe abantu babiri, ndetse hakaba harafashwe abantu babiri bakekwaho uruhare mu iyicwa ryabo.

Dr Murangira avuga ko “RIB Ihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ikababwira ko Leta ibitayeho kimwe n’abandi Banyarwanda na bo tukaba tubahumuriza, ariko tubabwira ko ibi byaha tugomba gufatanya tukabwirwanya ndetse tukabwira abantu bakagira umuco w’ubworoherane tukikuramo ingengabitekerezo ya Jenoside kuko utazayikuramo, byanze bikunze amategeko azayimukuramo.”

Yaboneyeho kubwira byumwihariko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside, ko ukubuko k’ubutabera kuzagera aho kukabageraho, kuko Leta y’u Rwanda idashobora kwihanganira umuntu washaka gusubiza inyuma ubumwe bw’Abanyarwanda kuko ari bwo musingi wubakiweho u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Umuburo ku Baturarwanda ku mvura igiye kugwa mu minsi 10

Next Post

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.