Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iyi minsi isi yitegura Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi; abahanga mu buzima bwo mu mutwe bavuga ko umubare munini w’abayirokotse bahura n’ihungabana babiterwa n’ayo mateka hakiyongeraho n’ibibazo by’imibereho.

Kuva kuri uyu wa 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi bazinjire mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahanga bavuga ko iki kiba ari igihe cyo gusubiza intekerezo ku mateka; bikabyutsa ibikomere n’ingruka za byo abarokotse Jenoside barimo kugeza magingo aya, bigatuma abahunganaba biyongera umwaka ku wundi.

Dr. Darius Gishoma wigisha amasomo y’ubumenyi bwo mu mutwe muri kaminuza avuga ko imibereho itoroshye na yo ibigiramo uruhare.

Ati “Mu bantu bagize ihungabana mu gihe cyo kwibuka, umuntu umwe kuri batanu yari afite n’indwara zidakira. Ni ukuvuga aremerewe n’amateka ya Jenoside, ariko afite n’ibindi bimuremereye mu buzima. […] abantu bafite ibi bibazo ntabwo bagomba gufashwa gusa mu bihe byo kwibuka. Bitwereka ko ari abantu bagomba kwitabwaho cyane mbere, mu gihe cyo kwibuka na nyuma yo kwibuka”

Ingaruka z’aya mateka ngo zigaragara no mu bana bavutse nyuma y’umwaka wa 1994. Kuri Dr. Chaste Uwihoreye, avuga ko bifite ishingiro, ariko akemeza ko hari uburyo bushobora gukumira ihererekanya ry’ibikomere.

Ati “Ihererekanya ry’imbaraga n’ubudaheranwa; ubushakashatsi bugaragaza ko aha mbere ari uko umuntu ufite ibyo bibazo yivuza kuko niba ubifite uba ushobora kubihererekanya. Aha kabiri ni uko ushobora kubihererekanya mu miryango. Imitima ikomeretse irakomeretsanya. Uko abantu bagenda baganira, bituma bahererekanya ubudaheranwa kuruta guhererekanya ibikomere.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyemeza ko inzego zose zitangirwaho services z’ubuzima zifite n’ubushobozi bwo gufasha abafite ihungabana, ndetse kuri iyi nshuro ya 29 biteguye gufasha abantu bose bashobora kugira ibibazo by’ihungabana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seventeen =

Previous Post

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Next Post

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

VIDEO: Ikiganiro cy'ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n'ab'i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.