Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iyi minsi isi yitegura Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi; abahanga mu buzima bwo mu mutwe bavuga ko umubare munini w’abayirokotse bahura n’ihungabana babiterwa n’ayo mateka hakiyongeraho n’ibibazo by’imibereho.

Kuva kuri uyu wa 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi bazinjire mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahanga bavuga ko iki kiba ari igihe cyo gusubiza intekerezo ku mateka; bikabyutsa ibikomere n’ingruka za byo abarokotse Jenoside barimo kugeza magingo aya, bigatuma abahunganaba biyongera umwaka ku wundi.

Dr. Darius Gishoma wigisha amasomo y’ubumenyi bwo mu mutwe muri kaminuza avuga ko imibereho itoroshye na yo ibigiramo uruhare.

Ati “Mu bantu bagize ihungabana mu gihe cyo kwibuka, umuntu umwe kuri batanu yari afite n’indwara zidakira. Ni ukuvuga aremerewe n’amateka ya Jenoside, ariko afite n’ibindi bimuremereye mu buzima. […] abantu bafite ibi bibazo ntabwo bagomba gufashwa gusa mu bihe byo kwibuka. Bitwereka ko ari abantu bagomba kwitabwaho cyane mbere, mu gihe cyo kwibuka na nyuma yo kwibuka”

Ingaruka z’aya mateka ngo zigaragara no mu bana bavutse nyuma y’umwaka wa 1994. Kuri Dr. Chaste Uwihoreye, avuga ko bifite ishingiro, ariko akemeza ko hari uburyo bushobora gukumira ihererekanya ry’ibikomere.

Ati “Ihererekanya ry’imbaraga n’ubudaheranwa; ubushakashatsi bugaragaza ko aha mbere ari uko umuntu ufite ibyo bibazo yivuza kuko niba ubifite uba ushobora kubihererekanya. Aha kabiri ni uko ushobora kubihererekanya mu miryango. Imitima ikomeretse irakomeretsanya. Uko abantu bagenda baganira, bituma bahererekanya ubudaheranwa kuruta guhererekanya ibikomere.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyemeza ko inzego zose zitangirwaho services z’ubuzima zifite n’ubushobozi bwo gufasha abafite ihungabana, ndetse kuri iyi nshuro ya 29 biteguye gufasha abantu bose bashobora kugira ibibazo by’ihungabana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Next Post

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

VIDEO: Ikiganiro cy'ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n'ab'i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.