Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iyi minsi isi yitegura Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi; abahanga mu buzima bwo mu mutwe bavuga ko umubare munini w’abayirokotse bahura n’ihungabana babiterwa n’ayo mateka hakiyongeraho n’ibibazo by’imibereho.

Kuva kuri uyu wa 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi bazinjire mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abahanga bavuga ko iki kiba ari igihe cyo gusubiza intekerezo ku mateka; bikabyutsa ibikomere n’ingruka za byo abarokotse Jenoside barimo kugeza magingo aya, bigatuma abahunganaba biyongera umwaka ku wundi.

Dr. Darius Gishoma wigisha amasomo y’ubumenyi bwo mu mutwe muri kaminuza avuga ko imibereho itoroshye na yo ibigiramo uruhare.

Ati “Mu bantu bagize ihungabana mu gihe cyo kwibuka, umuntu umwe kuri batanu yari afite n’indwara zidakira. Ni ukuvuga aremerewe n’amateka ya Jenoside, ariko afite n’ibindi bimuremereye mu buzima. […] abantu bafite ibi bibazo ntabwo bagomba gufashwa gusa mu bihe byo kwibuka. Bitwereka ko ari abantu bagomba kwitabwaho cyane mbere, mu gihe cyo kwibuka na nyuma yo kwibuka”

Ingaruka z’aya mateka ngo zigaragara no mu bana bavutse nyuma y’umwaka wa 1994. Kuri Dr. Chaste Uwihoreye, avuga ko bifite ishingiro, ariko akemeza ko hari uburyo bushobora gukumira ihererekanya ry’ibikomere.

Ati “Ihererekanya ry’imbaraga n’ubudaheranwa; ubushakashatsi bugaragaza ko aha mbere ari uko umuntu ufite ibyo bibazo yivuza kuko niba ubifite uba ushobora kubihererekanya. Aha kabiri ni uko ushobora kubihererekanya mu miryango. Imitima ikomeretse irakomeretsanya. Uko abantu bagenda baganira, bituma bahererekanya ubudaheranwa kuruta guhererekanya ibikomere.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyemeza ko inzego zose zitangirwaho services z’ubuzima zifite n’ubushobozi bwo gufasha abafite ihungabana, ndetse kuri iyi nshuro ya 29 biteguye gufasha abantu bose bashobora kugira ibibazo by’ihungabana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Next Post

VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Ikiganiro cy’ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n’ab’i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

VIDEO: Ikiganiro cy'ubwuzu Perezida Ruto yagiranye n'ab'i Nyamata nyuma yo kuhafatira icyayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.