Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hagaragajwe uko abarangije ayisumbuye mu Rwanda batsinze ibizamini bya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024, aho muri rusange, batsinze ku gipimo cya 78,6% hakaba n’icyiciro hatsinzemo 67,5% by’abakoze ibi bizamini.

Muri rusange hari hiyandikishije abanyeshuri 91 713, hakora abanyeshuri 91 289 bangana na 99,5% by’abagombaga gukora.

Muri aba bakoze, hatsinze abanyeshuri 71 746 bangana na 78,6%. Ni ukuvuga ko abanyeshuri bangana na 21,4% baratsinzwe.

Abiyandikishije bagombaga gukora ibizamini bya Leta mu mashuri y’ubumenyi rusange (General Education) bari 56 543, ariko hakora 56 300, aho abatsinze ari 38 016, bangana na 67,5%.  Ni ukuvuga ko muri iki cyiciro abatsinzwe ari abanyeshuri 18 284 bangana 32,5%.

Naho mu cyiciro cy’amasomo y’imyuga n’ubumenyi-Ngiro (Technical Secondary Education), hari hiyandikishije abanyeshuri 30 899, ariko hakora abanyeshuri 30 730.

Muri aba, abatsinze ni abanyeshuri 29 542 bangana na 96,1%. Ni ukuvuga ko abatsinzwe ari abanyeshuri 1 188, banagana na 3,9%.

Naho mu mashuri y’inderabarezi, abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizamini ya Leta, bari 4 271, hakora 4 268, ndetse abangana na 4 188 (98,1%) baratsinda. Ni ukuvuga ko abatsinzwe ari 80 bangana na 1,9%.

MINEDUC kandi yagaraje ibyiciro birindwi by’amanota y’abanyeshuri, aho abagize amanota ari hagati ya 80 n’ 100 bari mu cyiciro A (Excellent), abafite ari hagati ya 75 na 79 bakaba bari mu cyiciro B (Very Good).

Hari kandi icyiciro C (Good) cy’abagize amanota ari hagati ya 70 na 74, hakaba icyiciro D (Satisfactory) cy’abafite amanota ari hagati ya 65 na 69.

Hari kandi icyiciro E (Adequate) kirimo abanyeshuri bagize amanota ari hagati ya 60 na 64, icyiciro S (Minimum Pass) kirimo abanyeshuri bagize amanota ari hagati ya 50 na 59, mu gihe icyiciro F (Fail) cy’abatsinzwe, kirimo abanyeshuri bafite amanota ari hagati ya 0 na 49.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yayoboye iki gikorwa cyo gutangaza amanota y’ibizamini bya Leta
Yari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

Next Post

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.