Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi igaragaza ko mu myaka 10 ishize ishoramari ryaturutse mu mahanga ryihariye 22% ry’iryakozwe mu Rwanda, rikaba ari na ryo ritanga akazi kenshi ku Baturarwanda, icyakora ngo hari icyiciro ritageraho kandi kiri mu bikomereye u Rwanda.

Iyi raporo ya Banki y’Isi ikozwe ku nshuro ya 21, igaragaza ko kuva muri 2013 kugeza muri 2023 ishoramari riva hanze y’u Rwanda ryihariye 22% y’ishoramari ryose ryanditswe mu Rwanda, aho abashoramari benshi bavuye mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bushinwa, u Buhindi n’u Bwongereza.

Aba banyamahanga bafite umwihariko wo gutanga imirimo isaga 170 irenga ku yo ab’imbere mu Gihugu batanga. 77% by’iyo mirimo iri mu rwego rw’inganda, ku buryo umuntu ubonyemo akazi ashobora kumara imyaka itatu akora.

Nubwo abo banyamahanga batanga imirimo myinshi ugereranyije n’ab’imbere mu Gihugu; Banki y’Isi ivuga ko batageza ku rwego baba bemeye mbere y’uko bemererwa gukora mu Rwanda, kuko batanga ingana na 55% y’iyo biyemeje. Bivuze ko hari icyuho cya 45%.

Icyakora Banki y’Isi igaragaza ko uwo mubare w’imirimo iboneka, udafasha urubyiruko n’abagore bugarijwe n’ubushomeri buca ibintu mu Turere two mu bice by’icyaro.

Mr Rolande Pryce ayobora ishami rya Banki y’Isi rikorera mu Rwanda, yagize ati “Imirimo icucitse mu bice bimwe. Ndetse urubyiruko n’abagore babirimo bafite amahirwe macye cyane yo guhabwa akazi, ariko iri shoramari ry’amahanga rihurira mu Mujyi wa Kigali n’Uterere tuwukikije, nyamara ibyo bice bisanzwe bifite umubare muto w’abakene ugereranyije n’ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa avuga ko bigomba guhinduka, ku buryo iri shoramari ry’amahanga rigira uruhare muri gahunda ya Leta yo guhanga imirimo isanga miliyoni imwe.

Ati “Ibyo bigo byatanze umusanzu uziguye n’utaziguye kuri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda y’imyaka irindwi, dufite umuhigo wo guhanga imirimo ibihumbi 214 buri mwaka. Mu myaka irindwi tugomba guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice.”

Iyi banki ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda igomba gushyira imbaraga mu gufasha imishinga mito n’iciriritse ndetse ikongera n’umubare w’inzego zishorwamo imari, bikanajyana no gushyiraho amabwiriza yihariye ajyanye no korohereza ibikorwa bigamije gufasha urubyiruko n’abagore.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Next Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.