Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi igaragaza ko mu myaka 10 ishize ishoramari ryaturutse mu mahanga ryihariye 22% ry’iryakozwe mu Rwanda, rikaba ari na ryo ritanga akazi kenshi ku Baturarwanda, icyakora ngo hari icyiciro ritageraho kandi kiri mu bikomereye u Rwanda.

Iyi raporo ya Banki y’Isi ikozwe ku nshuro ya 21, igaragaza ko kuva muri 2013 kugeza muri 2023 ishoramari riva hanze y’u Rwanda ryihariye 22% y’ishoramari ryose ryanditswe mu Rwanda, aho abashoramari benshi bavuye mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bushinwa, u Buhindi n’u Bwongereza.

Aba banyamahanga bafite umwihariko wo gutanga imirimo isaga 170 irenga ku yo ab’imbere mu Gihugu batanga. 77% by’iyo mirimo iri mu rwego rw’inganda, ku buryo umuntu ubonyemo akazi ashobora kumara imyaka itatu akora.

Nubwo abo banyamahanga batanga imirimo myinshi ugereranyije n’ab’imbere mu Gihugu; Banki y’Isi ivuga ko batageza ku rwego baba bemeye mbere y’uko bemererwa gukora mu Rwanda, kuko batanga ingana na 55% y’iyo biyemeje. Bivuze ko hari icyuho cya 45%.

Icyakora Banki y’Isi igaragaza ko uwo mubare w’imirimo iboneka, udafasha urubyiruko n’abagore bugarijwe n’ubushomeri buca ibintu mu Turere two mu bice by’icyaro.

Mr Rolande Pryce ayobora ishami rya Banki y’Isi rikorera mu Rwanda, yagize ati “Imirimo icucitse mu bice bimwe. Ndetse urubyiruko n’abagore babirimo bafite amahirwe macye cyane yo guhabwa akazi, ariko iri shoramari ry’amahanga rihurira mu Mujyi wa Kigali n’Uterere tuwukikije, nyamara ibyo bice bisanzwe bifite umubare muto w’abakene ugereranyije n’ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa avuga ko bigomba guhinduka, ku buryo iri shoramari ry’amahanga rigira uruhare muri gahunda ya Leta yo guhanga imirimo isanga miliyoni imwe.

Ati “Ibyo bigo byatanze umusanzu uziguye n’utaziguye kuri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda y’imyaka irindwi, dufite umuhigo wo guhanga imirimo ibihumbi 214 buri mwaka. Mu myaka irindwi tugomba guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice.”

Iyi banki ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda igomba gushyira imbaraga mu gufasha imishinga mito n’iciriritse ndetse ikongera n’umubare w’inzego zishorwamo imari, bikanajyana no gushyiraho amabwiriza yihariye ajyanye no korohereza ibikorwa bigamije gufasha urubyiruko n’abagore.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 14 =

Previous Post

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Next Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.