Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’Isi igaragaza ko mu myaka 10 ishize ishoramari ryaturutse mu mahanga ryihariye 22% ry’iryakozwe mu Rwanda, rikaba ari na ryo ritanga akazi kenshi ku Baturarwanda, icyakora ngo hari icyiciro ritageraho kandi kiri mu bikomereye u Rwanda.

Iyi raporo ya Banki y’Isi ikozwe ku nshuro ya 21, igaragaza ko kuva muri 2013 kugeza muri 2023 ishoramari riva hanze y’u Rwanda ryihariye 22% y’ishoramari ryose ryanditswe mu Rwanda, aho abashoramari benshi bavuye mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, u Bushinwa, u Buhindi n’u Bwongereza.

Aba banyamahanga bafite umwihariko wo gutanga imirimo isaga 170 irenga ku yo ab’imbere mu Gihugu batanga. 77% by’iyo mirimo iri mu rwego rw’inganda, ku buryo umuntu ubonyemo akazi ashobora kumara imyaka itatu akora.

Nubwo abo banyamahanga batanga imirimo myinshi ugereranyije n’ab’imbere mu Gihugu; Banki y’Isi ivuga ko batageza ku rwego baba bemeye mbere y’uko bemererwa gukora mu Rwanda, kuko batanga ingana na 55% y’iyo biyemeje. Bivuze ko hari icyuho cya 45%.

Icyakora Banki y’Isi igaragaza ko uwo mubare w’imirimo iboneka, udafasha urubyiruko n’abagore bugarijwe n’ubushomeri buca ibintu mu Turere two mu bice by’icyaro.

Mr Rolande Pryce ayobora ishami rya Banki y’Isi rikorera mu Rwanda, yagize ati “Imirimo icucitse mu bice bimwe. Ndetse urubyiruko n’abagore babirimo bafite amahirwe macye cyane yo guhabwa akazi, ariko iri shoramari ry’amahanga rihurira mu Mujyi wa Kigali n’Uterere tuwukikije, nyamara ibyo bice bisanzwe bifite umubare muto w’abakene ugereranyije n’ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa avuga ko bigomba guhinduka, ku buryo iri shoramari ry’amahanga rigira uruhare muri gahunda ya Leta yo guhanga imirimo isanga miliyoni imwe.

Ati “Ibyo bigo byatanze umusanzu uziguye n’utaziguye kuri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda y’imyaka irindwi, dufite umuhigo wo guhanga imirimo ibihumbi 214 buri mwaka. Mu myaka irindwi tugomba guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice.”

Iyi banki ivuga ko Guverinoma y’u Rwanda igomba gushyira imbaraga mu gufasha imishinga mito n’iciriritse ndetse ikongera n’umubare w’inzego zishorwamo imari, bikanajyana no gushyiraho amabwiriza yihariye ajyanye no korohereza ibikorwa bigamije gufasha urubyiruko n’abagore.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fifteen =

Previous Post

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

Next Post

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Uncategorized

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Umusizi ugezweho mu Rwanda yahishuye isomo rikomeye yakuye i Burayi aho akubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.