Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagaragaye amafoto ashimangira ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hagaragaye amafoto ashimangira  ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye amafoto y’umuhanzi Eddy Kenzo n’umukunzi we Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda, bari mu miryango, bigaragara ko urukundo rwabo rwageze ku rwego rukomeye.

Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro, rwavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo uyu mukunzi w’uyu muhanzi, yagirwa Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Guverinoma ya Uganda.

Ku munsi w’irahira rya Phiona Nyamutoro na bagenzi be bari bahawe imyanya mu buyobozi bwa Uganda, Eddy Kenzo yaherekeje uyu munsi we, ndetse banagaragara bari gufata amafoto y’urwibutso na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook (Page) y’uyu muhanzi Eddy Kenzo, hagaragagaye amafoto ye ari kumwe na Phiona Nyamutoro, bari kumwe n’abo mu miryango, yatumye benshi bakomeza kwifuriza aba bombi, ko urukundo rwabo rukomeza gusugira.

Eddy Kenzo uherutse gutaramira Abaturarwanda mu gitaramo yatumiwemo n’umunanzi mugenzi we w’inshuti ye Platini P., ubwo yageraga mu Rwanda yashimiwe kuba umukunzi we yarateye intambwe, ariko yirinda kugira byinshi abivugaho.

Mu kiganiro kandi aherutse kugirana na Televiziyo yo muri Uganda izwi nka Sanyuka TV ikorera, na bwo yirinze kuvuga byinshi ku rukundo rwe na Phiona Nyamutoro, gusa avuga ko ari inshuti ye ya hafi.

Abazi iby’uyu muhanzi, bemeza ko urukundo rwe na Phiona Nyamutoro, rumaze igihe, ndetse ko mu mwaka ushize, uyu muhanzi yahaye impano y’imodoka uyu mukunzi we uherutse kugirwa Minisitiri.

Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phiona rumaze kugera ku rwego rushimishije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Uwahataniye kuyobora America yongeye guha urw’amenyo uwabaye Perezida washimishijwe no kureba ubwirakabiri

Next Post

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.