Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagaragaye amafoto ashimangira ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hagaragaye amafoto ashimangira  ko urukundo rw’umuhanzi Eddy Kenzo n’uherutse kugirwa Minisitiri rwakuze
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye amafoto y’umuhanzi Eddy Kenzo n’umukunzi we Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda, bari mu miryango, bigaragara ko urukundo rwabo rwageze ku rwego rukomeye.

Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro, rwavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo uyu mukunzi w’uyu muhanzi, yagirwa Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Guverinoma ya Uganda.

Ku munsi w’irahira rya Phiona Nyamutoro na bagenzi be bari bahawe imyanya mu buyobozi bwa Uganda, Eddy Kenzo yaherekeje uyu munsi we, ndetse banagaragara bari gufata amafoto y’urwibutso na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook (Page) y’uyu muhanzi Eddy Kenzo, hagaragagaye amafoto ye ari kumwe na Phiona Nyamutoro, bari kumwe n’abo mu miryango, yatumye benshi bakomeza kwifuriza aba bombi, ko urukundo rwabo rukomeza gusugira.

Eddy Kenzo uherutse gutaramira Abaturarwanda mu gitaramo yatumiwemo n’umunanzi mugenzi we w’inshuti ye Platini P., ubwo yageraga mu Rwanda yashimiwe kuba umukunzi we yarateye intambwe, ariko yirinda kugira byinshi abivugaho.

Mu kiganiro kandi aherutse kugirana na Televiziyo yo muri Uganda izwi nka Sanyuka TV ikorera, na bwo yirinze kuvuga byinshi ku rukundo rwe na Phiona Nyamutoro, gusa avuga ko ari inshuti ye ya hafi.

Abazi iby’uyu muhanzi, bemeza ko urukundo rwe na Phiona Nyamutoro, rumaze igihe, ndetse ko mu mwaka ushize, uyu muhanzi yahaye impano y’imodoka uyu mukunzi we uherutse kugirwa Minisitiri.

Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phiona rumaze kugera ku rwego rushimishije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Uwahataniye kuyobora America yongeye guha urw’amenyo uwabaye Perezida washimishijwe no kureba ubwirakabiri

Next Post

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

Related Posts

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

SADC yatangaje amakuru y’akababaro kuri bamwe mu basirikare bayo bari muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.