Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagaragaye amashusho y’icyo Judith yakoze n’umukunzi mushya hacyemezwa itandukana rye na Safi

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hagaragaye amashusho y’icyo Judith yakoze n’umukunzi mushya hacyemezwa itandukana rye na Safi
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye amashusho ya Judith Niyonizera wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba, ari gusomana n’umukunzi we, bivugwa ko yafashwe bakimara kumenya icyemezo ko itandukana rya Judith na Safi ryemejwe mu buryo budasubirwaho.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023, nyuma y’igihe bashaka gatanya yemewe mu buryo bw’amategeko, yemejwe n’Urukiko rubifitiye ububasha.

Amashusho dukesha ikinyamakuru Inyarwanda cy’imyidagaduro yafashwe ubwo Judith n’umukunzi we mushya bari bakimenya ko uyu mugore yatandukanye mu buryo bwa burundu na Safi, agaragaza Judith n’uyu musore bari gusomana.

Muri aya mashusho agaragaza ko aba bombi baba bishimiye ko iki cyemezo gifashwe, uyu musore w’ibigango, anyuzamo agafata kuri kimwe mu bice by’umubiri wa Judith amugaragariza ko amwishimiye.

Video
====
Uko Judith Niyonizera n'umukunzi we mushya babigenje bakimenya ko itanduka ry'uyu musore n'uwahoze ari umugabo Safi Madiba, ryemejwe n'itegeko. pic.twitter.com/Z7XkKmv7v4

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 26, 2023

Harakurikiraho ubukwe

Hari amakuru kandi yemeza ko Judith Niyonizera n’uyu mukunzi we mushya uherutse no kuza mu Rwanda, bari kwitegura gukora ubukwe, ubundi bakibanira nk’umugore n’umugabo.

Uyu mukunzi mushya wa Judith, uherutse kuza mu Rwanda akakirwa n’umukunzi we na we wari umaze iminsi micye ageze mu Rwanda dore ko adasanzwe ahaba, bivugwa ko yaje kumwereka inshuti n’imiryango.

Umwe mu bazi amakuru y’ubukwe bwa Judith n’uyu mukunzi we mushya, yavuze ko aba bombi bamaze iminsi bari mu myiteguro, ku buryo buzaba mu gihe cya vuba.

Inkuru y’urushako rw’umuhanzi Safi Madiba na Judith, ni imwe mu zavuzwe cyane mu bijyanye n’imyidagaduro, kuko bwabaye mu buryo butunguranye mu kwezi k’Ukwakira 2017.

Safi na Judith bari basezeranye muri 2017
Safi na Judith bagiranye ibihe byiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Igihe hazatorerwa uzasimbura Olivier weguye muri FERWAFA cyamenyekanye

Next Post

Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Hatowe itegeko ryongerera ububasha Polisi rizatuma hari icyo izajya ikora cyakorwaga na RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.