Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubutasi mu Burusiya, FSB, rwataye muri yombi abantu batatu bakekwaho ibikorwa by’ubugambanyi byo gukorana na Ukraine, ahagaragaye amashusho y’uburyo umwe muri bo batatu yafashwe, ndetse hanatangazwa icyo yari amaze gukora.

Mu Burusiya, hamaze iminsi havugwa abagambanyi, ndetse na Perezida w’iki Gihugu, Vladimir Putin ubwe akaba amaze iminsi atunga agatoki abagambanyi bakorana n’umwanzi.

Amakuru yanyujijwe ku rubuga rwa FSB (Federal Security Service), kuri uyu wa Mbere, tariki 26 Kamena 2023, avuga ko umwe muri abo bantu batatu, yafatiwe mu burengerazuba bw’agace ka Amur.

Uru rwego rw’Ubutasi, ruvuga ko uyu mugabo, yafashwe nyuma yo kohereza amafaranga muri Ukraine yo kugura indege zitagira abapilote (Drones) ndetse n’ibindi bikoresho by’intambara.

Amashusho yagiye hanze, yerekana ubwo uyu mugabo yafatwaga n’abasirikare bambaye imyambaro ibahishe mu maso, basohoka mu modoka, bagahita bafata umugabo wari uvuye mu modoka, afite mu ntoki ibimeze nk’ibyo yari avuye guhaha, bagahita bamwambika amapingu, bakamwinjiza mu modoka yabo.

Uru rwego kandi rushinja abandi baturage babiri bo mu Mujyi wa Yalta muri Crimea kuba bakorana n’urwego rw’ubutasi rwa Ukraine mu kuruha amakuru ajyanye n’agace kari ku nyanja ya Black Sea kafashwe n’u Burusiya bukagakura kuri Ukraine muri 2014.

Abo bantu kandi bashinjwa kuba baratanze amafoto yatumye hakorwa ibitero byagabwe ku birindiro by’igisirikare cy’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Next Post

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.