• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubutasi mu Burusiya, FSB, rwataye muri yombi abantu batatu bakekwaho ibikorwa by’ubugambanyi byo gukorana na Ukraine, ahagaragaye amashusho y’uburyo umwe muri bo batatu yafashwe, ndetse hanatangazwa icyo yari amaze gukora.

Mu Burusiya, hamaze iminsi havugwa abagambanyi, ndetse na Perezida w’iki Gihugu, Vladimir Putin ubwe akaba amaze iminsi atunga agatoki abagambanyi bakorana n’umwanzi.

Amakuru yanyujijwe ku rubuga rwa FSB (Federal Security Service), kuri uyu wa Mbere, tariki 26 Kamena 2023, avuga ko umwe muri abo bantu batatu, yafatiwe mu burengerazuba bw’agace ka Amur.

Uru rwego rw’Ubutasi, ruvuga ko uyu mugabo, yafashwe nyuma yo kohereza amafaranga muri Ukraine yo kugura indege zitagira abapilote (Drones) ndetse n’ibindi bikoresho by’intambara.

Amashusho yagiye hanze, yerekana ubwo uyu mugabo yafatwaga n’abasirikare bambaye imyambaro ibahishe mu maso, basohoka mu modoka, bagahita bafata umugabo wari uvuye mu modoka, afite mu ntoki ibimeze nk’ibyo yari avuye guhaha, bagahita bamwambika amapingu, bakamwinjiza mu modoka yabo.

Uru rwego kandi rushinja abandi baturage babiri bo mu Mujyi wa Yalta muri Crimea kuba bakorana n’urwego rw’ubutasi rwa Ukraine mu kuruha amakuru ajyanye n’agace kari ku nyanja ya Black Sea kafashwe n’u Burusiya bukagakura kuri Ukraine muri 2014.

Abo bantu kandi bashinjwa kuba baratanze amafoto yatumye hakorwa ibitero byagabwe ku birindiro by’igisirikare cy’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Next Post

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.