Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga w’itegeko rivugurura kandi ryuzuza iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, urimo impinduka zo kuba igifungo cya burundu gishobora kugabanywa, wazamuye impaka mu Nteko Ishinga Amategeko, aho bamwe mu Badepite bavuga ko iki gihano gikwiye kuba ‘ntakorwaho’ bityo ko kidakwiye cyagoragozwa ngo kigabanywe.

Ni impaka zavutse mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kamena 2023, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, yasobanuraga imishinga y’amategeko, Guverinoma yifuza ko avugururwa.

Mu mushinga w’Itegeko rivugurura iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, harimo impinduka zo kuba Umucamanza ashobora kugira ubwinyagamburiro bwo kugabanya ibihano byose kugeza no ku wagombaga gukatirwa gufungwa burundu, mu gihe ubusanzwe uteganyirizwa iki gihano, atajyaga agira impamvu nyoroshyacyaha ngo agabanyirizwe igihano.

Uyu mushinga ugaragaza impamvu zatuma Umucamanza agabanya iki gihano cy’igifungo cya burundu akagishyira ku myaka itari munsi y’icumi, zirimo kuba uregwa yagaragaje ibimenyetso nyoroshyacyaha, uburemere bw’icyaha, ingarukaza cyateye, impamvu zamuteye kugikora ndetse n’imyitwarire yari isanzwe imuranga.

Gusa bamwe mu ntumwa za rubanda, ntibakozwa ibyo kuba habaho kugabanya igihano kuri iki kiruta ibindi mu Rwanda.

Umwe mu Badepite yavugaga ko igifungo cya burundu, kidakwiye gukorwaho, ati “Icyo twita burundu, ikaba ari burundu nyine, akaba ari cya kindi ubona ko nta bwinyagamburiro, nta kuzana inyoroshyo. Kuba bamukatiye burundu, nashinyirize.”

Izi ntuma za rubanda, zivuga ko ubu bwinyagamburiro buzahabwa Umucamanza, bushobora kuzatuma habaho ruswa mu nkiko, ku buryo umuntu wari gukatirwa igifungo cya burundu, yakoresha ibishoboka byose kugira ngo agabanyirizwe.

Undi Mudepite yagize ati “Nyuma yo kuvanaho igihano cy’urupfu mu Rwanda, ibihano bihabwa igihano cya burundu, ari ibyaha biremereye cyane, wenda Umucamanza mu bubasha agiye guhabwa, wenda akavana kuri burundu agashyira ku myaka 20, ariko kuvuga imyaka icumu ku cyaha cyahabwaga igihano cya burundu, mbona dusa nk’aho twagiye cyane hasi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, avuga ko kuremereza ibihano atari byo bitanga umusaruro wo kugorora abakoze ibyaha.

Avuga ko uyu mushinga w’itegeko, uzajya wihanukira ku mpamvu nsubiracyaha, ariko ko umuntu ufite impamvu nyoroshyacyaha, we hazajya habaho ubwinyagamburiro bwo kugabanyirizwa ibihano.

Ati “Iyo umuntu akoze icyaha, agasubira icyaha, muri bya bindi uca urubanza akurikiza, iyo arebye agasanga ya myitwarire ya wa wundi wafashwe harimo kuba yarigeze gukora icyaha, bihita bimuzamurira, aho kubaho impamvu nyoroshyacyaha ahubwo hakabaho impamvu nkabyacyaha.”

Mu mpinduka ziri muri uyu mushinga w’itegeko kandi, harimo kuba igifungo gito cyari giteganyijwe mu Rwanda cy’amezi atandatu, gishobora kugabanywa ndetse n’ihazabu ikaba ishobora kuzajya igabanywa kugeza kuri 1/4 cy’iteganyirijwe icyaha cyakozwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYOREMBO David says:
    3 years ago

    Njye sinumva ahubwo impamvu, abantu bakora ibyaha bikomeye n’ibyaha by’ubugome bajya muri gereza bakaryama, leta ifite inshingano yo kubagaburira, bavuzwa, bakenera amazi n’amashanyarazi. n’ibindi nkenerwa mubuzima bwabo bwa buri munsi. igitekerezo cyanjye ni :

    1. Kuki hatabaho amahugurwa kubafungwa bakoze ibyaha byo kuri urwo rwego, agamije kubatoza imyuga irimo ubwubatsi bw ‘ibikorwa remezo ( imihanda, amateme, ibiraro, injira za gare ya moshi, inyubako zituwemo n’imiryango myinshi cyane cyane abatuye mumanegeka, no mukajagari) ko Leta yishyura amafaranga menshi kuri ba rwiyemezamirimo kandi byagakozwe nabo bagororwa?

    2. Kuri abo bagororwa bashoje ibihano byabo bagahabwa za Certificate z’ubumenyi batahanye byazabateza imbere bageze mumiryango yabo?

    3. Nko kubagororwa bakatiwe igifungo cya burundu, akoze iyo mirimo ifitiye igihugu akamaro nibura imyaka 15 yakoroherezwa igifungo yakatiwe bitewe n’imyitwarire yagaragaje akaba yahabwa amahirwe yakabili yo kuba mumuryango nyarwanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye

Next Post

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.