Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye ubwoko bushya bune bwa COVID burimo ubuteye impungenge

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA
0
Hagaragaye ubwoko bushya bune bwa COVID burimo ubuteye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), riratangaza ko hagaragaye ubundi bwoko bushya bwa Virus itera COVID-19 buturuka ku bwaherukaga kuboneka bwa Omicron.

OMS ihamya ko bakomeje gukurikirana imiterere y’ubwandu bushya bune bwa Virus itera COVID-19 bukomoka kuri Omicron.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rivuga ko ubwoko bubiri muri ubu, ari bwo bufite ubukana burimo ubuzwi nka BA.2 bufite ubukana ndetse n’ubwa BA1.

OMS yatangaje ko ubu bwoko bwa BA.1 bwandura cyane ku buryo bafite n’impungenge ko bushobora kwadukira ibihugu byinshi byo ku isi; by’umwihariko ibyigeze kugira izamuka rinini ry’umubare w’abarwaye omicron.

Uru rwego rw’ubuzima ku Isi rugaragaza ko ubu bwoko bushya bwa COVID-19 bumaze kugaragara ku bantu 460 bo muri Leta nyinshi zo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Intwaro imwe rukumbi ni ugukingira abaturage muburyo bwuzuye.

Ikinyamakuru CNBC cyatangaje ko abahanga bavuga ko ubwo bwandu budahungabanya abakingiwe COVID-19 mu buryo bwuzuye.

Kivuga kandi ko abakingiwe badashobora gukwirakwiza ubu bwandu bushya nk’abatarakingiwe

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien Mahoro Niyingabira, yabwiye RADIOTV10 ko ubu bwoko bushya butaragaragara mu Rwanda.

Ati “Ariko nk’uko Omicron yaturutse n’ahandi uyu munsi ikaba iri mu Rwanda, ni na ko ubundi bwoko bundi bugenda buboneka bushobora kugera mu Rwanda.”

Julien Mahoro yibukije abaturarwanda batarikingiza kubyitabira kuko ari bwo buryo bwizewe bwo guhangana n’iki cyorezo ku buryo n’iyo hakomeza kugaragara ubu bwoko bushya buzasange abantu bafite ubudahangarwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Next Post

Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

Icyatumye Putin na Macron baganira bahanye intera idasanzwe cyamenyakanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.