Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23, biteganyijwe hatangazwa ingengabihe y’ibikorwa bye, birimo kwakira abayobozi ba AFC/M23.

Amakuru yo kugera i Goma kwa Joseph Kabila, yatangajwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23 mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, aho iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwamuhaga ikaze kandi bumushimira ko yahisemo neza.

Amakuru ahari ubu, avuga ko nyuma yuko uyu Munyapolitiki wayoboye iki Gihugu akigarutsemo avuye mu buhungiro, biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, hajya hanze imirongo migari y’ibikorwa bye muri aka gace kamaze igihe kagenzurwa n’iri Huriro rya AFC/M23.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, kivuga ko abantu bo hafi ya Joseph Kabila, bemeza ko guhera kuri uyu wa Kabiri atangira kwakira abantu banyuranye bakagirana ibiganiro, bigamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije iki gihugu yigeze kuyobora.

Umwe muri aba bari hafi ya Kabila, yagize ati “Gahunda y’uko azagenda yakira abantu yamaze gutegurwa, ubu igisigaye ni ugushyira mu bikorwa iyo gahunda, ni ukuvuga kwakira abayobozi ba AFC/M23, imiryango itari iya Leta, imiryango y’amadini n’amatorero, urwego rw’abikorera, ishyirahamwe ry’Urubyiruko, abavoka, abanyamakuru n’abandi.”

Uyu uri hafi ya Kabila, yakomeje agira ati “Agomba kumva ibitekerezo byabo, ari mu rugendo rugamije gushaka umuti urambye, rero ni ngombwa ko yumva buri wese, abantu bakavuga ikibari ku mutima.”

Joseph Kabila wari umaze igihe acecetse, mu cyumweru gishize, yagejeje ijambo ku Banyekongo, aho yagaragaje ko Igihugu cyabo kiri mu kangaratete, kubera ibibazo biri mu nzego zinyuranze zirimo Imibereho myiza y’abaturage, ubukungu, ndetse n’ikibazo gikomeye cy’umutekano muri DRC.

Yavuze ko ibi byose bishinze imizi ku butegetsi budashoboye bwa Perezida Félix Tshisekedi wamusimbuye, bwamunzwe n’ibibazo uruhuri birimo ruswa, ndetse no kunyereza umutungo wa Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − one =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

Next Post

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye biganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye biganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye biganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.