Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23, biteganyijwe hatangazwa ingengabihe y’ibikorwa bye, birimo kwakira abayobozi ba AFC/M23.

Amakuru yo kugera i Goma kwa Joseph Kabila, yatangajwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23 mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, aho iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwamuhaga ikaze kandi bumushimira ko yahisemo neza.

Amakuru ahari ubu, avuga ko nyuma yuko uyu Munyapolitiki wayoboye iki Gihugu akigarutsemo avuye mu buhungiro, biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, hajya hanze imirongo migari y’ibikorwa bye muri aka gace kamaze igihe kagenzurwa n’iri Huriro rya AFC/M23.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, kivuga ko abantu bo hafi ya Joseph Kabila, bemeza ko guhera kuri uyu wa Kabiri atangira kwakira abantu banyuranye bakagirana ibiganiro, bigamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije iki gihugu yigeze kuyobora.

Umwe muri aba bari hafi ya Kabila, yagize ati “Gahunda y’uko azagenda yakira abantu yamaze gutegurwa, ubu igisigaye ni ugushyira mu bikorwa iyo gahunda, ni ukuvuga kwakira abayobozi ba AFC/M23, imiryango itari iya Leta, imiryango y’amadini n’amatorero, urwego rw’abikorera, ishyirahamwe ry’Urubyiruko, abavoka, abanyamakuru n’abandi.”

Uyu uri hafi ya Kabila, yakomeje agira ati “Agomba kumva ibitekerezo byabo, ari mu rugendo rugamije gushaka umuti urambye, rero ni ngombwa ko yumva buri wese, abantu bakavuga ikibari ku mutima.”

Joseph Kabila wari umaze igihe acecetse, mu cyumweru gishize, yagejeje ijambo ku Banyekongo, aho yagaragaje ko Igihugu cyabo kiri mu kangaratete, kubera ibibazo biri mu nzego zinyuranze zirimo Imibereho myiza y’abaturage, ubukungu, ndetse n’ikibazo gikomeye cy’umutekano muri DRC.

Yavuze ko ibi byose bishinze imizi ku butegetsi budashoboye bwa Perezida Félix Tshisekedi wamusimbuye, bwamunzwe n’ibibazo uruhuri birimo ruswa, ndetse no kunyereza umutungo wa Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + six =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

Next Post

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Related Posts

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
MU RWANDA

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

10/07/2025
HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

10/07/2025
IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.