Wednesday, May 28, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23, biteganyijwe hatangazwa ingengabihe y’ibikorwa bye, birimo kwakira abayobozi ba AFC/M23.

Amakuru yo kugera i Goma kwa Joseph Kabila, yatangajwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23 mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, aho iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwamuhaga ikaze kandi bumushimira ko yahisemo neza.

Amakuru ahari ubu, avuga ko nyuma yuko uyu Munyapolitiki wayoboye iki Gihugu akigarutsemo avuye mu buhungiro, biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, hajya hanze imirongo migari y’ibikorwa bye muri aka gace kamaze igihe kagenzurwa n’iri Huriro rya AFC/M23.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, kivuga ko abantu bo hafi ya Joseph Kabila, bemeza ko guhera kuri uyu wa Kabiri atangira kwakira abantu banyuranye bakagirana ibiganiro, bigamije gushaka umuti w’ibibazo byugarije iki gihugu yigeze kuyobora.

Umwe muri aba bari hafi ya Kabila, yagize ati “Gahunda y’uko azagenda yakira abantu yamaze gutegurwa, ubu igisigaye ni ugushyira mu bikorwa iyo gahunda, ni ukuvuga kwakira abayobozi ba AFC/M23, imiryango itari iya Leta, imiryango y’amadini n’amatorero, urwego rw’abikorera, ishyirahamwe ry’Urubyiruko, abavoka, abanyamakuru n’abandi.”

Uyu uri hafi ya Kabila, yakomeje agira ati “Agomba kumva ibitekerezo byabo, ari mu rugendo rugamije gushaka umuti urambye, rero ni ngombwa ko yumva buri wese, abantu bakavuga ikibari ku mutima.”

Joseph Kabila wari umaze igihe acecetse, mu cyumweru gishize, yagejeje ijambo ku Banyekongo, aho yagaragaje ko Igihugu cyabo kiri mu kangaratete, kubera ibibazo biri mu nzego zinyuranze zirimo Imibereho myiza y’abaturage, ubukungu, ndetse n’ikibazo gikomeye cy’umutekano muri DRC.

Yavuze ko ibi byose bishinze imizi ku butegetsi budashoboye bwa Perezida Félix Tshisekedi wamusimbuye, bwamunzwe n’ibibazo uruhuri birimo ruswa, ndetse no kunyereza umutungo wa Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eighteen =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

Next Post

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Related Posts

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

by radiotv10
27/05/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yahakanye ibyaha byose ashinjwa n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa...

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

by radiotv10
27/05/2025
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yamaganye amakuru yo gukubitwa urushyi n’umugore we abigambiriye nyuma y’amashusho yakwirakwiye agaragaza akubitwa urushyi mu...

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

by radiotv10
26/05/2025
0

Amashusho agaragaza Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa asa nk’ukubitwa urushyi mu isura n’uwo bikekwa ko ari umugore we, akomeje kuvugwaho...

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

by radiotv10
26/05/2025
1

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko atumva ukuntu u Budage bwohereje Umudage mugufi nka Ambasaderi wo...

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura

by radiotv10
26/05/2025
0

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yahaye ikaze Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wageze i...

IZIHERUKA

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa
AMAHANGA

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

by radiotv10
27/05/2025
0

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

27/05/2025
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

27/05/2025
Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

27/05/2025
Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

27/05/2025
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

27/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.