Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

radiotv10by radiotv10
06/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego zigaragaza ko mu bituma urubyiruko rwugarizwa n’ubushomeri, harimo kuba hari abasohoka mu mashuri bafite ubumenyi bucagase, ndetse n’imyitwarire idahwitse iranga bamwe muri rwo nko kubatwa n’ubusinzi n’ibiyobyabwenge. Ngo hari n’abahabwa igishoro bakakinenezamo ntikimare kabiri.

Imibare iheruka yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare; yo mu kwezi k’Ugushyingo 2022; igaragaza ko ubushomeri mu Rwanda bwari ku rugero rwa 24.3%, ivuye kuri 18.1% bwariho muri Kamena 2022. Ni ukuvuga ko yiyongereho 6.2% mu mezi macye.

Iyi mibare kandi igaragaza ko urubyiruko rw’u Rwanda rwugarijwe n’ubushomeri ku rugero rwa 29.7%.

Iyi mibare irazamuka mu gihe gahunda yatangiye muri 2017 yateganyaga ko muri 2024, u Rwanda rugomba kuba rwahanze imirimo mishya ingana na miliyoni 1.5.

Umukozi ushinzwe ihigangwa ry’imirimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Appolinaire Bizimana, agaruka kuri iyu ntego yari yihawe na Guverinoma y’u Rwanda, yagize ati “Tumaze guhanga irenga 2/3. Ni ukuvuga ko hasigaye 1/3. Kandi iyo turebye ingamba ziriho, tubona ko ntakabuza imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice tuzayigeraho.”

Ugendeye kuri iyo mibare; bivuze ko mu myaka itandatu ishize habonetse imirimo mishya ingana na miliyoni imwe. Ubwo mu mezi atandatu asigaye bagomba guhanga imirimo ingana n’ibihumbi 500. Ukoze imibare, wasanga iyo mirimo itegerejwe mu mezi atandatu; barakoresheje imyaka itatu ngo bayigereho.

N’ubwo na yo yaboneka; ngo haracyari icyuho gikomeye cy’imirimo ku isoko.

Ati “Ukuri kwigaragaza ku isoko ry’umurimo, ntabwo twavuga ko imyanya iri ku isoko ihura n’abaza ku isoko ry’umurimo. Ntabwo twashyiramo ikimenyetso cya bihwanye.”

Umukozi ushinzwe ikurikiranabikorwa mu kigo mpuzamahanga gishinzwe kurwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, Sano Alain Mungenzi, avuga ko kimwe mu bibazo bikiri mu itangwa ry’imirimo harimo no kuba ihari na yo itanwa mu buriganya.

Ati “Abatanga akazi ni abikorera ku giti cyabo,aho niho dusanga hakirimo icyuho. Iyo tugiye mu bibare yacu igaragaza inzego zigaragaramo ruswa; abikorera baza imbere. Wareba na serivisi irimo ruswa, usanga ari imitangire y’akazi. Ibyo birenga gusaba akazi bikajya no mu bindi bijyana n’umurimo, kuko hari kubona akazi no kukarambamo. Aho ni ho dusanga ruswa ishingiye ku gitsinda. Hari abantu batotezwa, bakwa ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo bazamurwe mu ntera. Iyo ukorera muri uwo mwuka bituma ejo cyangwa ejobundi utakaza akazi, ukamara igihe kinini uri umushomeri ku bwo kubura ako kazi.”

Usibye uko guhanga imirimo, urubyiruko ngo rusohoka mu mashuri rudafite ubumenyi bukenewe ku isoko, ndetse na bamwe bafite n’imyitwarire itabafasha kubona imirimo.

Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Urubyiruko ushinzwe iterambere ry’urubyiruko Solange Tetero ati “Turacyafite urugendo kugira ngo abantu barangiza amashuri babe bafite ubumenyi butuma akora akazi mu Rwanda akanagakora no hanze yarwo, kuko niba tuvuga ko imirimo mu Rwanda ari micye ku bantu bava mu mashuri, bakagombye kugira ubumenyi bwo gukora mu Bihugu byo mu miryango u Rwanda rurimo.”

Akomeza agira ati “Iyo tuganiriye n’abakoresha, tukababaza impamvu badakoresha urubyiruko; usibye n’ibyo twavugaga, batubwira ko hari n’impamvu zituruka ku rubyiruko. Usanga urubyiruko rufite imyitwarire itatuma uruha akazi nawe. Dufite urubyiruko rukoresha inzoga n’ibiyobyabwenge cyane. Ukibaza uti ‘uyu muntu uwamuha akazi bwo yagashobora?”

Avuga kandi ko no muri gahunda zashyiriweho kuzamurahakomeza kugaragara abatazitwaramo neza.

Ati “Hari urubyiruko rwinshi rufashwa binyuze muri gahunda zitandukanye za Leta, hari n’abantu nka Minisiteri twagiye dufasha muri gahunda zitandukanye, ugasanga umuntu umuhaye nk’igishoro cya miliyoni eshanu; nyuma y’amezi nk’atatu cyangwa ane wajya kumusura ukamubura, wagenzura nko mu nzego z’ibanze ugasanga igishoro mwamuhaye yarakibyiniye cyangwa yakiguzemo akamodoka agendamo, aragonga yasinze; byose bigashira.  Hari n’urubyiruko duha imashini zo kudoda bari muri koperative, ariko wajya kubasura ugasanga bananiwe kumvikana hagati yabo, imashini zikagwa umugese.”

Gusa urwego rw’Uburezi rwo ruvuga ko hari abakoresha bashima imyitwarire y’abagiye barangiza mu mashuri, aho bakora.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburezi; ushinzwe isesengura rya politike y’uburezi, Rose Baguma ati “Hari ubushahashatsi tujya dukora mu mashuri makuru, za kaminuza na za TVT, ubuheruka bwakozwe muri 2019, bwakozwe mu Gihugu hose, twabajije abakoresha uko bishimira abakozi babo, batubwira ko ari ku rugero rwa 78%. Naho ku bijyanye n’ubumenyi n’ibyo bakora, byo byari kuri 79%.”

Iyo mibare ngo ibaha umukoro wo kongera ireme ry’uburezi, no kurihuza n’isoko ry’umurimo.

Ati “Turimo turavugurura za gahunda zitandukanye cyane cyane muri Kaminuza y’u Rwanda, kandi dukorana n’abo batanga akazi. Ntabwo ari inzego za leta gusa, ahubwo dukorana n’abikorera ku giti cyabo.”

Izi nzego zose zemeranya ko hakenewe gahunda ihamye ihuza imibare n’imirimo mishya n’ubwiyongere bw’abayikeneye, bikajyana no kongera ireme ry’uburezi kandi rigahuzwa n’imirimo igezweho ku isoko, nabyo bigaherekezwa no kurushaho kunoza imitangire y’akazi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

U Rwanda rwegukanye Igikombe cy’Isi cyihariye rutsinze Brazil

Next Post

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Andi makuru mashya ku Munyarwanda wahigishwaga uruhindu uherutse gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.