Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hahishuwe gahunda yari yagizwe ibanga iteganyijwe hagati ya Putin na Kim Jong-un
Share on FacebookShare on Twitter

Byari bimaze iminsi binugwanugwa ko Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong-un ategerejwe mu Burusiya, guhura na mugenzi we Vladimir Putin, ku masezerano ajyanye n’intwaro, ubu byemejwe ko aba Bakuru b’Ibihugu bagiye guhura.

Amakuru yavugaga ko hari amasezerano mu bijyanye n’ubufasha mu by’intwaro hagati ya Korea ya Ruhuru n’u Burusiya, nk’uko byari bimaze iminsi bicicikana mu binyamakuru byo mu Buyapani no muri Korea y’Epfo.

Aya makuru yemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, Kremlin, ko ibi bimaze iminsi bivugwa ari impamo, ko Perezida wa Korea ya Ruguru agiye gusura u Burusiya.

Kuri uyu wa Mbere, Kremlin yatangaje ko Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong-un azagirira “uruzinduko rw’akazi” mu Burusiya, gusa ntihatangajwe itariki uyu mukuru wa Korea ya Ruguru azahurira na Putin.

Itangazo rya Perezidansi y’u Burusiya, rivuga ko Kim Jong-un azagenderera u Burusiya “ku butumire bwa Perezida w’u Burusiya.” Kandi ko abakuru b’Ibihugu bombi bazagirana ibiganiro.

Ibinyamakuru bitandukanye byo mu Buyapani no muri Korea y’Epfo, byari bimaze iminsi bigaruka kuri uru ruzinduko, aho umunyamakuru wa Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), Nicolas Rocca uri i Seoul, yavuze ko uru ruzinduko ruri bugufi kuko “gari ya moshi yihariye izatwara Kim Jong-un yamaze kuva mu Burusiya.”

Nanone kandi ubutasi bwa Korea y’Epfo, buvuga ko aba bakuru b’Ibihugu byombi (Putin na Kim Jong-un) bazahurira i Vladivostok, aho Putin azaba yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa umuryango wa Senateri Ntidendereza wasezeweho bwa nyuma

Next Post

N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

Related Posts

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

IZIHERUKA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

N’abashinzwe umutekano ntibabatinya: Ubujura mu isura nshya i Rubavu bwakangaranyije abahatuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.