Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe impamvu ikomeye yatumye Abanyarwanda bategereza ibyiciro bishya by’Ubudehe bagaheba

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hahishuwe impamvu ikomeye yatumye Abanyarwanda bategereza ibyiciro bishya by’Ubudehe bagaheba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude avuga ko kubwira umuntu ko ari mu cyiciro runaka bisa nk’inzira zifashishijwe mu gushyira abantu mu bwoko bwanageje u Rwanda mu kangaratere, bityo ko ibyo kubwira abantu ko bari mu byiciro by’Ubudehe runaka bizavaho.

Mu kwezi k’Ukuboza 2020, habaye igikorwa cyo kwishyira mu byiciro by’Ubudehe, byagombaga gusimbura ibyari biriho mbere byari bigizwe n’imibare.

Icyo gihe byavugwaga ko ibi byiciro bishya byari kuba bigizwe n’inyuguti (A, B, C, D na E) bizasohoka nyuma y’amezi atandatu uhereye igihe bari bamaze kubyishyiramo.

Umwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, yabwiye RADIOTV10 ko na bo bagitegereje iby’ibi byiciro bishya kuko bitigeze bisohoka nkuko bari babyizejwe ndetse ntibanabwirwe amakuru yabyo.

Yagize ati “Batubwiraga ko mu mezi atandatu bazaba bamaze kuduha ibyiciro bishya nyamara twarahebye.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, mu kiganiro yagiranye n’Abasenteri bagize Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, yagaragaje ko kuba abantu baba bariho bazi ko bari mu byiciro runaka, na byo bitagaragara neza.

Yagize ati “Twabonye ko ari bibi. Ntabwo nari mpari biba ariko ntekereza ko n’ubwoko mu Rwanda ari uko bwagiye buza, niko ntekereza.”

Yakomeje agira ati “Gushyira abantu mu byiciro ukavuga ngo ‘wowe uri muri iki cyiciro’, ni ibintu bibi cyane, kuko twagiye tubona abantu bajya kwandika ibaruwa agatangira ati ‘ndi mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe’, ukagira ngo byahindutse irangamuntu. Ntabwo ibyo bishoboka.”

Gushyira abaturage mu byiciro by’Ubudehe, ni ingingo yakunze guteza impaka muri rubanda, kuko byakunze kuba nk’igipimo ngenderwaho mu gufasha abaturage.

Bamwe bavugaga ko habayeho kwibeshya bagashyirwa mu byiciro bitajyanye n’ubushobozi bwabo, bigatuma batagerwaho n’ubufasha.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko ibyiciro by’Ubudehe bizasigara ari igipimo cya Leta yifashisha mu igenamigambi ariko ko nta muturage uzongera kubwirwa icyiciro cy’Ubudehe abarizwamo.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 1

  1. HAVUGIMANA Cyprien says:
    3 years ago

    None se kohakigenderwa kubyambere kandi bakabivuga wajya nokwaka serivise bakakubaza ikiciro urumo ubwo nabyo bizakurwaio mudusobanurire?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

MTN Rwanda yahembye amatsinda atanu y’abagore yo kugurizanya yahawe abarirwa muri za miliyoni

Next Post

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Related Posts

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.