Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hahishuwe impamvu ikomeye yatumye Abanyarwanda bategereza ibyiciro bishya by’Ubudehe bagaheba

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hahishuwe impamvu ikomeye yatumye Abanyarwanda bategereza ibyiciro bishya by’Ubudehe bagaheba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude avuga ko kubwira umuntu ko ari mu cyiciro runaka bisa nk’inzira zifashishijwe mu gushyira abantu mu bwoko bwanageje u Rwanda mu kangaratere, bityo ko ibyo kubwira abantu ko bari mu byiciro by’Ubudehe runaka bizavaho.

Mu kwezi k’Ukuboza 2020, habaye igikorwa cyo kwishyira mu byiciro by’Ubudehe, byagombaga gusimbura ibyari biriho mbere byari bigizwe n’imibare.

Icyo gihe byavugwaga ko ibi byiciro bishya byari kuba bigizwe n’inyuguti (A, B, C, D na E) bizasohoka nyuma y’amezi atandatu uhereye igihe bari bamaze kubyishyiramo.

Umwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, yabwiye RADIOTV10 ko na bo bagitegereje iby’ibi byiciro bishya kuko bitigeze bisohoka nkuko bari babyizejwe ndetse ntibanabwirwe amakuru yabyo.

Yagize ati “Batubwiraga ko mu mezi atandatu bazaba bamaze kuduha ibyiciro bishya nyamara twarahebye.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, mu kiganiro yagiranye n’Abasenteri bagize Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere, yagaragaje ko kuba abantu baba bariho bazi ko bari mu byiciro runaka, na byo bitagaragara neza.

Yagize ati “Twabonye ko ari bibi. Ntabwo nari mpari biba ariko ntekereza ko n’ubwoko mu Rwanda ari uko bwagiye buza, niko ntekereza.”

Yakomeje agira ati “Gushyira abantu mu byiciro ukavuga ngo ‘wowe uri muri iki cyiciro’, ni ibintu bibi cyane, kuko twagiye tubona abantu bajya kwandika ibaruwa agatangira ati ‘ndi mu cyiciro cya mbere cy’Ubudehe’, ukagira ngo byahindutse irangamuntu. Ntabwo ibyo bishoboka.”

Gushyira abaturage mu byiciro by’Ubudehe, ni ingingo yakunze guteza impaka muri rubanda, kuko byakunze kuba nk’igipimo ngenderwaho mu gufasha abaturage.

Bamwe bavugaga ko habayeho kwibeshya bagashyirwa mu byiciro bitajyanye n’ubushobozi bwabo, bigatuma batagerwaho n’ubufasha.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko ibyiciro by’Ubudehe bizasigara ari igipimo cya Leta yifashisha mu igenamigambi ariko ko nta muturage uzongera kubwirwa icyiciro cy’Ubudehe abarizwamo.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 1

  1. HAVUGIMANA Cyprien says:
    3 years ago

    None se kohakigenderwa kubyambere kandi bakabivuga wajya nokwaka serivise bakakubaza ikiciro urumo ubwo nabyo bizakurwaio mudusobanurire?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

MTN Rwanda yahembye amatsinda atanu y’abagore yo kugurizanya yahawe abarirwa muri za miliyoni

Next Post

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Amakuru mashya ku mugore w’umuraperi nyarwanda umaze iminsi amutabariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.