Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe impamvu itaravuzwe yabaye intandaro y’isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko ubwo hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, FARDC yamenyesheje intumwa za Congo zari muri Angola ko yatsinze uyu mutwe, bigatuma Guverinoma y’iki Gihugu yisubiraho ku kuganira na wo, byanabaye imbarutso y’isubikwa ry’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu.

Ibi biganiro byagombaga kuba tariki 15 Ukuboza 2024, i Luanda muri Angola, byari byabimburiwe n’iby’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bari bahuriye i Luanda kugira ngo bategura ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Muri ibi biganiro byahuje Abaminisitiri, Intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu buryo butunguranye zisubiye ku ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, mu gihe mu butumire u Rwanda rwari rwakiriye, rwari rwamenyesheje ko noneho ubutegetsi bw’i Kinshasa bwemeye kuzaganira na M23.

Iyi ngingo yamaze amasaha icyenda iganirwaho, ni na yo yabaye nyirabayazana y’ihagarikwa ry’inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi, aho bagombaga no gushyira umukono ku masezerano yo kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, kandi ibi bitashoboka Congo itabanje kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko hari impamvu itaramenyekanye yabaye imbarutso y’isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi.

Ati “Abenshi nta n’ubwo mwamenye uko byagenze, ariko twe tuba hano turabizi. Abasirikare ba Congo bari ku rugamba, hariya i Matembe muri Lubero, twe twaravuze tuti ‘reka tureke kurwana’ bo rero bagira ngo baturangije ko tutakiriho, babwira intumwa zabo zari muri Angola bati ‘mureke ikibazo twagikemuye mu buryo bwa gisirikare, nta mpamvu yo kongera kwemera ibiganiro’.”

Ibi byatumye intumwa zari i Luanda zisubira kuri iyi ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, bituma iyi nama ya karindwi yo ku rwego rw’abaminisitiri ihumuza ntacyo igezeho gifatika, kandi ari yo yari kuvamo imyanzuro yagombaga guha umurongo iyari guhuza Abakuru b’Ibihugu bucyeye bwaho.

Kuva ibi biganiro byasubikwa, imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, yarushijeho gukaza umurego, ndetse bituma uyu mutwe ufata ibindi bice birimo Umujyi wa Masisi.

Ni mu gihe kandi Imiryango Mpuzamahanga irimo uw’Ubumwe bw’u Burayi, wamagana kuba M23 yafashe Teritwari ya Masisi, ndetse usaba uyu mutwe gusubira inyuma byihuse.

Balinda Oscar avuga ko kuba bakomeje gufata ibi bice, bidafitanye isano no kuba ubutegetsi bwa Congo bwaranze ibiganiro, ahubwo ko na bo bisanga ari ngombwa gufata ibyo bice. Ati “Twe twisanga ahantu ari uko baduteye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 5 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku mahanga yamaganye kuba M23 yarafashe Masisi yanonegeye kurushinja kuyifasha

Next Post

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.