Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe impamvu itaravuzwe yabaye intandaro y’isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko ubwo hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, FARDC yamenyesheje intumwa za Congo zari muri Angola ko yatsinze uyu mutwe, bigatuma Guverinoma y’iki Gihugu yisubiraho ku kuganira na wo, byanabaye imbarutso y’isubikwa ry’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu.

Ibi biganiro byagombaga kuba tariki 15 Ukuboza 2024, i Luanda muri Angola, byari byabimburiwe n’iby’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bari bahuriye i Luanda kugira ngo bategura ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Muri ibi biganiro byahuje Abaminisitiri, Intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu buryo butunguranye zisubiye ku ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, mu gihe mu butumire u Rwanda rwari rwakiriye, rwari rwamenyesheje ko noneho ubutegetsi bw’i Kinshasa bwemeye kuzaganira na M23.

Iyi ngingo yamaze amasaha icyenda iganirwaho, ni na yo yabaye nyirabayazana y’ihagarikwa ry’inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi, aho bagombaga no gushyira umukono ku masezerano yo kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, kandi ibi bitashoboka Congo itabanje kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko hari impamvu itaramenyekanye yabaye imbarutso y’isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi.

Ati “Abenshi nta n’ubwo mwamenye uko byagenze, ariko twe tuba hano turabizi. Abasirikare ba Congo bari ku rugamba, hariya i Matembe muri Lubero, twe twaravuze tuti ‘reka tureke kurwana’ bo rero bagira ngo baturangije ko tutakiriho, babwira intumwa zabo zari muri Angola bati ‘mureke ikibazo twagikemuye mu buryo bwa gisirikare, nta mpamvu yo kongera kwemera ibiganiro’.”

Ibi byatumye intumwa zari i Luanda zisubira kuri iyi ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, bituma iyi nama ya karindwi yo ku rwego rw’abaminisitiri ihumuza ntacyo igezeho gifatika, kandi ari yo yari kuvamo imyanzuro yagombaga guha umurongo iyari guhuza Abakuru b’Ibihugu bucyeye bwaho.

Kuva ibi biganiro byasubikwa, imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, yarushijeho gukaza umurego, ndetse bituma uyu mutwe ufata ibindi bice birimo Umujyi wa Masisi.

Ni mu gihe kandi Imiryango Mpuzamahanga irimo uw’Ubumwe bw’u Burayi, wamagana kuba M23 yafashe Teritwari ya Masisi, ndetse usaba uyu mutwe gusubira inyuma byihuse.

Balinda Oscar avuga ko kuba bakomeje gufata ibi bice, bidafitanye isano no kuba ubutegetsi bwa Congo bwaranze ibiganiro, ahubwo ko na bo bisanga ari ngombwa gufata ibyo bice. Ati “Twe twisanga ahantu ari uko baduteye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − five =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku mahanga yamaganye kuba M23 yarafashe Masisi yanonegeye kurushinja kuyifasha

Next Post

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.