Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe impamvu itaravuzwe yabaye intandaro y’isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko ubwo hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, FARDC yamenyesheje intumwa za Congo zari muri Angola ko yatsinze uyu mutwe, bigatuma Guverinoma y’iki Gihugu yisubiraho ku kuganira na wo, byanabaye imbarutso y’isubikwa ry’iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu.

Ibi biganiro byagombaga kuba tariki 15 Ukuboza 2024, i Luanda muri Angola, byari byabimburiwe n’iby’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bari bahuriye i Luanda kugira ngo bategura ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Muri ibi biganiro byahuje Abaminisitiri, Intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu buryo butunguranye zisubiye ku ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, mu gihe mu butumire u Rwanda rwari rwakiriye, rwari rwamenyesheje ko noneho ubutegetsi bw’i Kinshasa bwemeye kuzaganira na M23.

Iyi ngingo yamaze amasaha icyenda iganirwaho, ni na yo yabaye nyirabayazana y’ihagarikwa ry’inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi, aho bagombaga no gushyira umukono ku masezerano yo kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, kandi ibi bitashoboka Congo itabanje kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar; mu kiganiro yagiranye na BBC, yavuze ko hari impamvu itaramenyekanye yabaye imbarutso y’isubikwa ry’ibi biganiro byagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi.

Ati “Abenshi nta n’ubwo mwamenye uko byagenze, ariko twe tuba hano turabizi. Abasirikare ba Congo bari ku rugamba, hariya i Matembe muri Lubero, twe twaravuze tuti ‘reka tureke kurwana’ bo rero bagira ngo baturangije ko tutakiriho, babwira intumwa zabo zari muri Angola bati ‘mureke ikibazo twagikemuye mu buryo bwa gisirikare, nta mpamvu yo kongera kwemera ibiganiro’.”

Ibi byatumye intumwa zari i Luanda zisubira kuri iyi ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, bituma iyi nama ya karindwi yo ku rwego rw’abaminisitiri ihumuza ntacyo igezeho gifatika, kandi ari yo yari kuvamo imyanzuro yagombaga guha umurongo iyari guhuza Abakuru b’Ibihugu bucyeye bwaho.

Kuva ibi biganiro byasubikwa, imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, yarushijeho gukaza umurego, ndetse bituma uyu mutwe ufata ibindi bice birimo Umujyi wa Masisi.

Ni mu gihe kandi Imiryango Mpuzamahanga irimo uw’Ubumwe bw’u Burayi, wamagana kuba M23 yafashe Teritwari ya Masisi, ndetse usaba uyu mutwe gusubira inyuma byihuse.

Balinda Oscar avuga ko kuba bakomeje gufata ibi bice, bidafitanye isano no kuba ubutegetsi bwa Congo bwaranze ibiganiro, ahubwo ko na bo bisanga ari ngombwa gufata ibyo bice. Ati “Twe twisanga ahantu ari uko baduteye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + seventeen =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku mahanga yamaganye kuba M23 yarafashe Masisi yanonegeye kurushinja kuyifasha

Next Post

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Icyakurikiye nyuma yuko hari abarwanyi ba FDLR baje bafite imbunda bakishyikiriza u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.