Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza intambara imaze imyaka ibiri muri Gaza.
Aya masezerano yashyizweho na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, wageze muri Israel kuri uyu wa 13 Ukwakira 2025, aho biteganyijwe ko ari bugeze ijambo ku nteko ishinga amategeko y’iki Gihugu.
Trump kandi biteganyijwe ko aza kuramukanya n’imfungwa z’Abanya-Israel 20 zarekuwe na Hamas, ku bw’aya amsezerano.
Iyi nkuru yanyuze imitima y’abantu ibihumbi bari bateraniye i Tel Aviv ubwo igisirikare cya Israel cyatangazaga ko cyakiriye abantu barindwi bari bafashwe bugwate nyuma yo kugezwa hanze ya Gaza n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge, mu gihe abandi 13 na bo baje kwakirwa nyuma
Igisirikare cya Israel cyatangaje kandi ko biteganyijwe ko n’imibiri y’abantu 28 bari barafashwe bugwate bapfuye, ndetse n’indi y’abandi babiri bataramenyekana uko byabagendekeye, na yo iza kuri uyu wa Mbere.
Irekurwa ry’aba bantu, ni kimwe mu bice by’ingenzi bigize icyiciro cya mbere cy’amasezerano yo guhagarika intambara yasinyiwe mu cyumweru gishize mu mujyi wa Sharm el-Sheikh wo mu Misiri.
Biteganyijwe Perezida Trump n’abandi bayobozi b’Ibihugu barenga 20 baza guhura kuri uyu wa Mbere kugira ngo baganire ku ngamba zikurikiraho zitezweho kugarura ituze rirambye mu Burasirazuba bwo hagati.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10