Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hakozwe impinduka mu buyobozi bukuru bwa RIB…Menya abandi bayobozi bashyizwe mu myanya

radiotv10by radiotv10
21/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hakozwe impinduka mu buyobozi bukuru bwa RIB…Menya abandi bayobozi bashyizwe mu myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Isabelle Kalihangabo, yahinduriwe imirimo, asimburwa n’uwari ukuriye uru Rwego mu Ntara y’Amajyepfo. Hari n’abandi bashyizwe mu myanya.

Izi mpinduka mu buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, zikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu bayobozi bashyizwe mu myanya, barimo Isabelle Kalihangabo wari Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB, ubu wagizwe Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga.

Isabelle Kalihangabo usanzwe afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’amategeko, yakuye muri Queen Mary University of London mu Bwongereza, yari Umunyamanga Mukuru Wungirije wa RIB kuva uru rwego rwatangira inshingano muri 2018.

Yasimbuwe na Consolée Kamarampaka kuri uyu mwanya w’Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB, aho we yari asanzwe akuriye uru rwego mu Ntara y’Amajyepfo.

Isabelle Kalingabo yagizwe Umucamanza mu Rukiko rusumba izindi mu Rwanda

Uwari Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu yagizwe Ambasaderi

Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri, barimo Marie Claire Mukasine wari usanzwe ari Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, ubu wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani.

Yahise asimburwa na Providence Umurungi wari usanzwe we ari Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutabera ukuriye ishami ry’Ubutabera Mpuzamhanga n’imikoranire mu Bucamanza.

Mu bandi bashyizwe mu myanya, barimo Ernest Rwamucyo wagizwe Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye.

Hari kandi abahawe inshingano mu rwego rw’Ubucamanza, barimo Jean Bosco Kazungu, Isabelle Kalihangabo, bombi bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, Angeline Rutazana na Xavier Ndahayo; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ubujurire.

Muri uru rwego rw’Ubucamanza kandi, harimo Jean Pierre Habarurema wagizwe Perezida w’Urukiko Rukuru, na Bernadette Kazayire wongerewe Manda yo kuba Visi Perezida w’Urukuko Rukuru.

Consolee wasimbuye Kalihangabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

U Rwanda rwakoze igikorwa cy’ubugiraneza ku bashegeshwe n’intambara muri Gaza

Next Post

Niger: Hashyizwe hanze amakuru arambuye y’umugambi waburijwemo w’uwari Perezida wakorewe ‘Coup d’Etat’

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Hashyizwe hanze amakuru arambuye y’umugambi waburijwemo w’uwari Perezida wakorewe ‘Coup d’Etat’

Niger: Hashyizwe hanze amakuru arambuye y’umugambi waburijwemo w’uwari Perezida wakorewe 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.