Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko Abasenateri barimo kwiyamamaza batitaye ku bakiri mu nshingano, kuko bose bafite amahirwe angana imbere y’inteko itora kuko ari yo izagena abagomba kwinjira muri Sena y’u Rwanda.

Hamaze iminsi hari gukorwa ibikorwa byo kwiyamamaza ku bari guhatanira imyanya y’Abasenateri itorerwa, aho byatangiye guhera tariki Kanama 2024.

Abakandida bari gukoresha uburyo bw’itangazamakuru cyangwa Kominisiyo y’Igihugu y’Amatora n’abayobozi bo mu Nzego z’Ibanze bakabategurira Inteko itora mu bihe bitandukanye kugira ngo bahure na bo babagezeho imigabo n’imigabo n’imigambi byabo.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasizingwa avuga ko Abakandida bari guhabwa amahirwe angana mu kwiyamamariza imbere y’inteko itora haba mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara.

Yagize ati “Kwiyamamaza birafunguye, ashora guhamagaza inteko itora akiyamamaza ku giti cye, ariko mu rwego rwo kuborohereza kimwe n’izi zindi nzego, tubahuza n’inteko itora ndetse bimerewe no kwiyamamaza mu bitangazamakuru.”

Inteko Ishinga Amateko, Sena iba igizwe n’Abasenateri 26, barimo 12 batorwa n’inteko itora igizwe na za Njyanama kuva ku rwego rw’Umurenge kugera ku rwego rw’Akarere n’Umujyi wa Kigali.

Naho Abasenateri umunani bashyirwaho n’Umukuru w’Igihugu, hakaba abandi bane bashyirwa bashyirwaho n’Imitwe ya Politiki ndetse n’abandi babiri batorwa mu mashuri makuru na za kaminuza.

Kugeza ubu Abakandida 32 ni bo bari guhatana kujya muri Sena kugira ngo hatorwemo 12 baturuka mu Ntara uko ari enye n’Umujyi wa Kigali.

Muri aba harimo n’abasanzwe muri Sena y’u Rwanda basubiye mu Ntara bavukamo bagiye gushaka amajwi abasubizamo.

Harimo n’abandi bafite amazina aremeye ku buryo na bo barimo guhatanira kujya muri iyi myanya ifatwa nk’iyubashywe mu mitegekere y’Igihugu.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko aba bose barimo guhatana ku buryo Inteko itora ari yo ifite ijambo rya nyuma mu kugena abazajya muri Sena bitandukanye n’abashobora kuba batekereza ko abazatsinda bazwi.

Ati “Mu minsi micyeya twebwe twakurikiranye uku kwiyamamaza, ntabwo wavuga ngo uyu afite ibirenze undi, abari mu nteko itora bafashe Abanyarwanda gutora bashyira mu gaciro numva nta mpamvu hari uwakeka ko kanaka ari we watorwa.”

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko urutonde ntakuka rw’abakandida ku mwanya w’Ubusenateri rwemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga. Mu bakandida 41 Komisiyo y’Amatora yari imaze kwemeza ikabashyiiza Urukiko rw’iIkirenga rwanzemo icyenda.

Iyi nteko ya Sena igiye gutorwa, ni iya kane igiye kubaho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko iya mbere yabayeho mu mwaka wa 2003, indi ibaho mu mwaka wa 2011, mu gihe iri yari iriho yatowe mu mwaka wa 2019.

Itegeko Nshinga rigena ko amatora y’Abasenateri agomba kuba mbere y’iminsi 30 kugira ngo manda yabo ishyirweho akadomo.

Icyakora bakomeje ibikorwa byabo mu Nteko kuko Itegeko Nshinga rivuga ko Sena idaseswa kuko ifite inshingano ziremereye ku buryo hari ibyo bashobora kwemeza kandi ari ngombwa. Biteganijwe ko amatora y’Abasenateri azaba tariki 16 na 17 z’ukwezi gutaha kwa Nzeri 2024.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

Next Post

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.