Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko Abasenateri barimo kwiyamamaza batitaye ku bakiri mu nshingano, kuko bose bafite amahirwe angana imbere y’inteko itora kuko ari yo izagena abagomba kwinjira muri Sena y’u Rwanda.

Hamaze iminsi hari gukorwa ibikorwa byo kwiyamamaza ku bari guhatanira imyanya y’Abasenateri itorerwa, aho byatangiye guhera tariki Kanama 2024.

Abakandida bari gukoresha uburyo bw’itangazamakuru cyangwa Kominisiyo y’Igihugu y’Amatora n’abayobozi bo mu Nzego z’Ibanze bakabategurira Inteko itora mu bihe bitandukanye kugira ngo bahure na bo babagezeho imigabo n’imigabo n’imigambi byabo.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasizingwa avuga ko Abakandida bari guhabwa amahirwe angana mu kwiyamamariza imbere y’inteko itora haba mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara.

Yagize ati “Kwiyamamaza birafunguye, ashora guhamagaza inteko itora akiyamamaza ku giti cye, ariko mu rwego rwo kuborohereza kimwe n’izi zindi nzego, tubahuza n’inteko itora ndetse bimerewe no kwiyamamaza mu bitangazamakuru.”

Inteko Ishinga Amateko, Sena iba igizwe n’Abasenateri 26, barimo 12 batorwa n’inteko itora igizwe na za Njyanama kuva ku rwego rw’Umurenge kugera ku rwego rw’Akarere n’Umujyi wa Kigali.

Naho Abasenateri umunani bashyirwaho n’Umukuru w’Igihugu, hakaba abandi bane bashyirwa bashyirwaho n’Imitwe ya Politiki ndetse n’abandi babiri batorwa mu mashuri makuru na za kaminuza.

Kugeza ubu Abakandida 32 ni bo bari guhatana kujya muri Sena kugira ngo hatorwemo 12 baturuka mu Ntara uko ari enye n’Umujyi wa Kigali.

Muri aba harimo n’abasanzwe muri Sena y’u Rwanda basubiye mu Ntara bavukamo bagiye gushaka amajwi abasubizamo.

Harimo n’abandi bafite amazina aremeye ku buryo na bo barimo guhatanira kujya muri iyi myanya ifatwa nk’iyubashywe mu mitegekere y’Igihugu.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko aba bose barimo guhatana ku buryo Inteko itora ari yo ifite ijambo rya nyuma mu kugena abazajya muri Sena bitandukanye n’abashobora kuba batekereza ko abazatsinda bazwi.

Ati “Mu minsi micyeya twebwe twakurikiranye uku kwiyamamaza, ntabwo wavuga ngo uyu afite ibirenze undi, abari mu nteko itora bafashe Abanyarwanda gutora bashyira mu gaciro numva nta mpamvu hari uwakeka ko kanaka ari we watorwa.”

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko urutonde ntakuka rw’abakandida ku mwanya w’Ubusenateri rwemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga. Mu bakandida 41 Komisiyo y’Amatora yari imaze kwemeza ikabashyiiza Urukiko rw’iIkirenga rwanzemo icyenda.

Iyi nteko ya Sena igiye gutorwa, ni iya kane igiye kubaho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko iya mbere yabayeho mu mwaka wa 2003, indi ibaho mu mwaka wa 2011, mu gihe iri yari iriho yatowe mu mwaka wa 2019.

Itegeko Nshinga rigena ko amatora y’Abasenateri agomba kuba mbere y’iminsi 30 kugira ngo manda yabo ishyirweho akadomo.

Icyakora bakomeje ibikorwa byabo mu Nteko kuko Itegeko Nshinga rivuga ko Sena idaseswa kuko ifite inshingano ziremereye ku buryo hari ibyo bashobora kwemeza kandi ari ngombwa. Biteganijwe ko amatora y’Abasenateri azaba tariki 16 na 17 z’ukwezi gutaha kwa Nzeri 2024.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

Next Post

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.