Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko Abasenateri barimo kwiyamamaza batitaye ku bakiri mu nshingano, kuko bose bafite amahirwe angana imbere y’inteko itora kuko ari yo izagena abagomba kwinjira muri Sena y’u Rwanda.

Hamaze iminsi hari gukorwa ibikorwa byo kwiyamamaza ku bari guhatanira imyanya y’Abasenateri itorerwa, aho byatangiye guhera tariki Kanama 2024.

Abakandida bari gukoresha uburyo bw’itangazamakuru cyangwa Kominisiyo y’Igihugu y’Amatora n’abayobozi bo mu Nzego z’Ibanze bakabategurira Inteko itora mu bihe bitandukanye kugira ngo bahure na bo babagezeho imigabo n’imigabo n’imigambi byabo.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasizingwa avuga ko Abakandida bari guhabwa amahirwe angana mu kwiyamamariza imbere y’inteko itora haba mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara.

Yagize ati “Kwiyamamaza birafunguye, ashora guhamagaza inteko itora akiyamamaza ku giti cye, ariko mu rwego rwo kuborohereza kimwe n’izi zindi nzego, tubahuza n’inteko itora ndetse bimerewe no kwiyamamaza mu bitangazamakuru.”

Inteko Ishinga Amateko, Sena iba igizwe n’Abasenateri 26, barimo 12 batorwa n’inteko itora igizwe na za Njyanama kuva ku rwego rw’Umurenge kugera ku rwego rw’Akarere n’Umujyi wa Kigali.

Naho Abasenateri umunani bashyirwaho n’Umukuru w’Igihugu, hakaba abandi bane bashyirwa bashyirwaho n’Imitwe ya Politiki ndetse n’abandi babiri batorwa mu mashuri makuru na za kaminuza.

Kugeza ubu Abakandida 32 ni bo bari guhatana kujya muri Sena kugira ngo hatorwemo 12 baturuka mu Ntara uko ari enye n’Umujyi wa Kigali.

Muri aba harimo n’abasanzwe muri Sena y’u Rwanda basubiye mu Ntara bavukamo bagiye gushaka amajwi abasubizamo.

Harimo n’abandi bafite amazina aremeye ku buryo na bo barimo guhatanira kujya muri iyi myanya ifatwa nk’iyubashywe mu mitegekere y’Igihugu.

Perezidante wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko aba bose barimo guhatana ku buryo Inteko itora ari yo ifite ijambo rya nyuma mu kugena abazajya muri Sena bitandukanye n’abashobora kuba batekereza ko abazatsinda bazwi.

Ati “Mu minsi micyeya twebwe twakurikiranye uku kwiyamamaza, ntabwo wavuga ngo uyu afite ibirenze undi, abari mu nteko itora bafashe Abanyarwanda gutora bashyira mu gaciro numva nta mpamvu hari uwakeka ko kanaka ari we watorwa.”

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko urutonde ntakuka rw’abakandida ku mwanya w’Ubusenateri rwemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga. Mu bakandida 41 Komisiyo y’Amatora yari imaze kwemeza ikabashyiiza Urukiko rw’iIkirenga rwanzemo icyenda.

Iyi nteko ya Sena igiye gutorwa, ni iya kane igiye kubaho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko iya mbere yabayeho mu mwaka wa 2003, indi ibaho mu mwaka wa 2011, mu gihe iri yari iriho yatowe mu mwaka wa 2019.

Itegeko Nshinga rigena ko amatora y’Abasenateri agomba kuba mbere y’iminsi 30 kugira ngo manda yabo ishyirweho akadomo.

Icyakora bakomeje ibikorwa byabo mu Nteko kuko Itegeko Nshinga rivuga ko Sena idaseswa kuko ifite inshingano ziremereye ku buryo hari ibyo bashobora kwemeza kandi ari ngombwa. Biteganijwe ko amatora y’Abasenateri azaba tariki 16 na 17 z’ukwezi gutaha kwa Nzeri 2024.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

Next Post

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Nyanza: Bahishuye ibyo babwirwa bumva bidakwiye iyo bazamuye ikibazo bamaranye imyaka 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.