Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB cyatangaje itariki izaberaho ibirori ngarukamwaka byo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi bisanzwe bihuriramo abakomeye ku Isi barimo ibyamamare mu ngeri zinyuranye.

Ni tariki 01 Nzeri 2023, aho ibi birori byo Kwita Izina Abana b’Ingagi bizaba bibaye ku nshuro ya 19, bizabera n’ubundi mu Kinigi mu Karere ka Musanze hafi y’Ibirunga bituyemo izi nyamaswa zikurura ba mukerarugendo benshi.

Kuri iyi nshuro hazitwa abana b’Ingagi 23 bavutse mu gihe cy’amezi 12 ashize, bakazaba biyongereye ku bandi 374 bamaze kwitwa amazina kuva ibi birori byatangira gukorwa muri 2005.

RDB itangaza ko abazita abana b’Ingagi kuri iyi nshuro, bazagenda batangazwa uko iminsi izagenda isatira umunzi nyirizina uzaberaho iki gikorwa.

Umuyobozi Mukuru wa RDC, Clare Akamanzi, agaruka kuri ibi birori, yagize ati “Twishimiye kuzasubira i Kinigi uyu mwaka mu muhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 19. Uyu mwaka turishimira umusaruro ushimishije wavuye mu bukerarugendo ndetse n’imbaraga zashyizwe mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi zo mu Birunga.”

Mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, Ubukerarugendo bumaze kwinjiza Miliyoni 247 $ [arenga Miliyari 247 Frw], aho habayeho izamuka rya 56% ugereranyije n’ayo mezi y’umwaka ushize wa 2022.

Clare Akamanzi yavuze kandi ko nk’uko byakunze gukorwa, abaturiye Ibirunga bagomba gukomeza kugerwaho n’umusaruro uva muri ubu bukerarugendo, dore ko 10% by’umusaruro ubuvamo uba ugomba gukoreshwa mu kuzamura imibereho yabo.

Kuva muri 2005, miliyari 10 Frw amaze gushyiwa mu mishinga irenga 1000 yo kuzamura imibereho y’abaturiye za Pariki zinyuranye zirimo iyi y’Ibirunga, iy’Akagera, Nyungwe ndetse na Gishwati-Mukura.

Mu kwizihiza ibi birori by’uyu mwaka, hateganyijwe ibikorwa binyuranye birimo icy’ingenzi cyo Kwita Izina kizabera mu Kinigi tariki 01 Nzeri, ndetse n’inama yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima izaba hagati ya tariki 29-31 Kanama 2023.

Harimo kandi irushanwa ryiswe Rhino Velo Race rizabera muri Pariki y’Igihugu Akagera, hakabaho ingendo zinyuranye zizaba mu bice by’Igihugu binyuranye zo gusura ibyiza nyaburanga, ubundi hakazaba n’Igitaramo.

Umwaka ushize rurangiranwa muri ruhago Didier Drogba yari yaje
Anasaba abantu gusura u Rwanda
Itsinda Sauti Sol ryamaze ryari ryaje icyo gihe ryari ritaratandukana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nine =

Previous Post

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Next Post

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.