Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB cyatangaje itariki izaberaho ibirori ngarukamwaka byo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi bisanzwe bihuriramo abakomeye ku Isi barimo ibyamamare mu ngeri zinyuranye.

Ni tariki 01 Nzeri 2023, aho ibi birori byo Kwita Izina Abana b’Ingagi bizaba bibaye ku nshuro ya 19, bizabera n’ubundi mu Kinigi mu Karere ka Musanze hafi y’Ibirunga bituyemo izi nyamaswa zikurura ba mukerarugendo benshi.

Kuri iyi nshuro hazitwa abana b’Ingagi 23 bavutse mu gihe cy’amezi 12 ashize, bakazaba biyongereye ku bandi 374 bamaze kwitwa amazina kuva ibi birori byatangira gukorwa muri 2005.

RDB itangaza ko abazita abana b’Ingagi kuri iyi nshuro, bazagenda batangazwa uko iminsi izagenda isatira umunzi nyirizina uzaberaho iki gikorwa.

Umuyobozi Mukuru wa RDC, Clare Akamanzi, agaruka kuri ibi birori, yagize ati “Twishimiye kuzasubira i Kinigi uyu mwaka mu muhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 19. Uyu mwaka turishimira umusaruro ushimishije wavuye mu bukerarugendo ndetse n’imbaraga zashyizwe mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi zo mu Birunga.”

Mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, Ubukerarugendo bumaze kwinjiza Miliyoni 247 $ [arenga Miliyari 247 Frw], aho habayeho izamuka rya 56% ugereranyije n’ayo mezi y’umwaka ushize wa 2022.

Clare Akamanzi yavuze kandi ko nk’uko byakunze gukorwa, abaturiye Ibirunga bagomba gukomeza kugerwaho n’umusaruro uva muri ubu bukerarugendo, dore ko 10% by’umusaruro ubuvamo uba ugomba gukoreshwa mu kuzamura imibereho yabo.

Kuva muri 2005, miliyari 10 Frw amaze gushyiwa mu mishinga irenga 1000 yo kuzamura imibereho y’abaturiye za Pariki zinyuranye zirimo iyi y’Ibirunga, iy’Akagera, Nyungwe ndetse na Gishwati-Mukura.

Mu kwizihiza ibi birori by’uyu mwaka, hateganyijwe ibikorwa binyuranye birimo icy’ingenzi cyo Kwita Izina kizabera mu Kinigi tariki 01 Nzeri, ndetse n’inama yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima izaba hagati ya tariki 29-31 Kanama 2023.

Harimo kandi irushanwa ryiswe Rhino Velo Race rizabera muri Pariki y’Igihugu Akagera, hakabaho ingendo zinyuranye zizaba mu bice by’Igihugu binyuranye zo gusura ibyiza nyaburanga, ubundi hakazaba n’Igitaramo.

Umwaka ushize rurangiranwa muri ruhago Didier Drogba yari yaje
Anasaba abantu gusura u Rwanda
Itsinda Sauti Sol ryamaze ryari ryaje icyo gihe ryari ritaratandukana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Next Post

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.