Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB cyatangaje itariki izaberaho ibirori ngarukamwaka byo ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi bisanzwe bihuriramo abakomeye ku Isi barimo ibyamamare mu ngeri zinyuranye.

Ni tariki 01 Nzeri 2023, aho ibi birori byo Kwita Izina Abana b’Ingagi bizaba bibaye ku nshuro ya 19, bizabera n’ubundi mu Kinigi mu Karere ka Musanze hafi y’Ibirunga bituyemo izi nyamaswa zikurura ba mukerarugendo benshi.

Kuri iyi nshuro hazitwa abana b’Ingagi 23 bavutse mu gihe cy’amezi 12 ashize, bakazaba biyongereye ku bandi 374 bamaze kwitwa amazina kuva ibi birori byatangira gukorwa muri 2005.

RDB itangaza ko abazita abana b’Ingagi kuri iyi nshuro, bazagenda batangazwa uko iminsi izagenda isatira umunzi nyirizina uzaberaho iki gikorwa.

Umuyobozi Mukuru wa RDC, Clare Akamanzi, agaruka kuri ibi birori, yagize ati “Twishimiye kuzasubira i Kinigi uyu mwaka mu muhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 19. Uyu mwaka turishimira umusaruro ushimishije wavuye mu bukerarugendo ndetse n’imbaraga zashyizwe mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi zo mu Birunga.”

Mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, Ubukerarugendo bumaze kwinjiza Miliyoni 247 $ [arenga Miliyari 247 Frw], aho habayeho izamuka rya 56% ugereranyije n’ayo mezi y’umwaka ushize wa 2022.

Clare Akamanzi yavuze kandi ko nk’uko byakunze gukorwa, abaturiye Ibirunga bagomba gukomeza kugerwaho n’umusaruro uva muri ubu bukerarugendo, dore ko 10% by’umusaruro ubuvamo uba ugomba gukoreshwa mu kuzamura imibereho yabo.

Kuva muri 2005, miliyari 10 Frw amaze gushyiwa mu mishinga irenga 1000 yo kuzamura imibereho y’abaturiye za Pariki zinyuranye zirimo iyi y’Ibirunga, iy’Akagera, Nyungwe ndetse na Gishwati-Mukura.

Mu kwizihiza ibi birori by’uyu mwaka, hateganyijwe ibikorwa binyuranye birimo icy’ingenzi cyo Kwita Izina kizabera mu Kinigi tariki 01 Nzeri, ndetse n’inama yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima izaba hagati ya tariki 29-31 Kanama 2023.

Harimo kandi irushanwa ryiswe Rhino Velo Race rizabera muri Pariki y’Igihugu Akagera, hakabaho ingendo zinyuranye zizaba mu bice by’Igihugu binyuranye zo gusura ibyiza nyaburanga, ubundi hakazaba n’Igitaramo.

Umwaka ushize rurangiranwa muri ruhago Didier Drogba yari yaje
Anasaba abantu gusura u Rwanda
Itsinda Sauti Sol ryamaze ryari ryaje icyo gihe ryari ritaratandukana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Next Post

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.