Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na rwo rubaye uruzinduko azaba agiriye kuri uyu Mugabane.

Uru ruzinduko ruteganyijwe kuva ku wa 13 kugeza ku wa 23 Mata, ruzaba ari rwo rwa mbere agiriye hanze y’igihugu cye kuva uyu mwaka watangira, ndetse ni na rwo rwa mbere azaba agiriye ku mugabane wa Afurika, ubarizwaho abayoboke benshi ba Kiliziya Gatolika.

Muri Afurika, Papa Leo azasura ibihugu birimo Algeria, Angola, Guinée équatoriale na Cameroun. Biteganyijwe ko mu butumwa azahatangira harimo ubwo gushishikariza abayobozi b’isi gushyigikira iterambere ry’umugabane wa Afurika, ndetse anashishikarize ubufatanye n’ubwumvikane hagati ya Kiliziya Gatolika n’Abayisilamu muri ibyo bihugu.

Abayobozi ba Vatican ndetse n’abayobozi ba Kiliziya Gatolika mu bihugu azasura bavuga ko uru ruzinduko rwa Papa ruteganyijwe muri Afurika ari ikimenyetso cy’uko Kiliziya iha agaciro umugabane wa Afurika, utuweho na 20% by’abayoboke bayo, nk’uko imibare ya Vatican ibigaragaza.

Papa Leo yatowe muri Gicurasi 2025 kugira ngo asimbure Papa Francis, wayoboraga Kiliziya Gatolika igizwe n’abayoboke miliyari 1.4.

Kuva yatorwa, amaze gukora urugendo rumwe gusa hanze y’igihugu, aho yasuye Turukiya na Liban mu kwezi k’Ugushyingo n’Ukuboza, mu ruzinduko rwari rwarateguwe mbere na Papa Francis.

Uruzinduko ruheruka rwa Papa muri Afurika rwabaye mu 2023, ubwo Papa Francis yasuraga Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo.

Gusa si we wenyine wasuye umugabane wa Afurika, kuko Papa Benedigito wa XVI na we yasuye Angola na Cameroun mu 2009. Ndetse Papa Yohani Pawulo wa II na we yasuye Guinée équatoriale mu 1982.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Related Posts

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

by radiotv10
25/02/2026
0

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw'imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n'abatembereye ku...

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

by radiotv10
25/02/2026
0

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy'indege zitagira abapilote...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko
AMAHANGA

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

25/02/2026
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.