Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Fulgence Kayishema uherutse gufatirwa muri Afurika y’Epfo, ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, akaba agomba koherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda, hatangajwe ibigomba kubanziriza iyoherezwa rye.

Imwe mu nkuru zo mu butabera zizaranga uyu mwaka wa 2023, ni iy’ifatwa rya Kayishema Fulgence wari ku rutonde rw’abantu bashakishwaga bikomeye kubera uruhare runini bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umwe mu Banyarwanda bari barashyiriweho intego ya miliyoni 5 USD, ku bazatanga amakuru yatuma afatwa, aho yari muri bane bari basigaye batarafatwa.

Mu cyumweru gishize, uyu Munyarwanda yafatiwe muri Afurika y’Epfo, mu gace ka  Paarl, aho yabanje guhakana ko ari we ubwo yari akimara gufatwa, ariko nyuma akaza kwemera ko ari we.

Nyuma y’umunsi umwe afashwe, ku ya 26 Gicurasi, Kayishema Fulgence ufungiye ahitwa Pollsmoor, yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Bellville rw’i Cape Town kugira ngo aburane ku byo ashinjwa n’inzego z’iki Gihugu cya Afurika y’Epfo.

Ubutabera bwo muri Afurika y’Epfo bukurikiranye kuri Kayishema ibyaha bitanu, birimo bibiri byo gukoresha inyandiko mpimbano ubwo yasabaga ibyangombwa byo gushaka ubuhungiro.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, Faustin Nkusi yatangaje igihe uyu Munyarwanda azaba amaze kuburanishwa n’inkiko zo muri Afurika y’Epfo, azoherezwa i Arusha, ashyikirizwe Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha ryashyizwe (IRMCT), ari na ho biteganyijwe ko azava yoherezwa mu Rwanda.

Nkusi wirinze kuvuga byinshi ku byaha biregwa Kayishema muri Afurika y’Epfo, yavuze ko iyoherezwa rye rigomba kuzakorwa kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho bya Jenoside, kandi ko inzira zo kumwohereza zizatangira vuba.

Kayishema uzasubira imbere y’urukiko rwo muri Afurika y’Epfo ku ya 02 Kamena 2023, bimwe mu byaha akurikiranyweho n’ubutabera bw’iki Gihugu, birimo gukoresha inyandiko mpimbano, aho ku nshuro ya mbere yabikoze muri Mutarama 2000 ubwo yasabaga ubuhungiro akoresheje izina ritari irye asaba kuva mu Burundi.

Naho uburiganya yakoze ku nshuro ya kabiri, bwabaye muri 2004 ubwo yasabaga icyangombwa cyo kwitwa impunzi nabwo akongera gukoresha izina ritari irye.

Kayishema washyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi muri 2001, aregwa kuba yaragize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komini kavumu, by’umwihariko mu iyicwa ry’abatutsi 2 000 bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Next Post

Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.