Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye ibyari byanditse ku kandiko kohererejwe Muhire Kevin wa Rayon mu kibuga

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Hamenyekanye ibyari byanditse ku kandiko kohererejwe Muhire Kevin wa Rayon mu kibuga
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wongerera ingufu abakinnyi mu ikipe ya Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa yatangaje ibyari byanditse ku gapapuro yoherereje Kapiteni w’iyi kipe, Muhire Kevin, wagasomye agahita agaca.

Kimwe mu byagarutsweho cyane mu mukino w’ishiraniro wahuje amakipe ayoboye andi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports kuri iki Cyumweru, ni akandiko kohererejwe Muhire Kevin usanzwe ari kapiteni wa Rayon.

Aka kandiko Muhire Kevin yagejejweho na myugariro Aimable Nsabimana nyuma yo kugahabwa n’Umutoza wongerera ingufu abakinnyi, Ayabonga Lebitsa, kasize benshi bibaza ibyari byanditseho dore ko bimenyerewe nk’uburyo bwo kuganira hagati y’abatoza n’abakinnyi.

Nk’uko tubikesha Umunyamakuru w’Ibiganiro bya Siporo, Clarisse Uwimana, uyu mutoza abinyujije mu butumwa butambuka kuri WhatsApp, yagaragaje ubutumwa bwari bwanditse kuri aka gapapuro, aho yabwiraga amayeri uyu kapiteni yagombaga gukoresha kugira ngo ikipe yabo yitware neza imbere ya mucyeba wayo APR FC.

Muri ubu butumwa, yari yagize ati “Ugerageza kwibikira imbaraga, kandi ukomeze kuba hafi Hadji, nanone kandi igihe dutakaje umupira ujye uhita ujya kuri nimero 19 cyangwa 25.”

Ni ubutumwa bwumvikanamo tekiniki y’abatoza, aho uyu mutoza wongerera ingufu abakinnyi yabwiraga kapiteni wa Rayon, uburyo bagombaga gukomeza kwitwara muri uyu mukino, warangiye amakipe agabanye amanota kuko yanganyije 0-0.

Ibi byatumye aya makipe aguma ku myanya yayo ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, aho Rayon Sports yakomeje kuruyobora n’amanota 43 mu gihe mucyeba wayo APR FC ifite amanota 41.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera ôzil says:
    11 months ago

    Ntacyo byamariye rayon sport fc kuko uko bagenda batsindwa cg banganya bya hato na hato
    APR fc izaducaho nta kabuza!

    Reply

Leave a Reply to Kwizera ôzil Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 11 =

Previous Post

Umutoza wa APR yavuze umukinnyi abona mwiza muri Shampiyona y’u Rwanda

Next Post

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Related Posts

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

IZIHERUKA

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR
FOOTBALL

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.