Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro bya Kabila wasimbuwe na Tshisekedi n’Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
27/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro bya Kabila wasimbuwe na Tshisekedi n’Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibiganiro byahuje Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe, aba bombi bashyize hanze itangazo, basaba Abanyekongo gutsimbarara ntibemere ko Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyabo rihindurwa nk’uko bikomeje gushimangirwa na Tshisekedi.

Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’aba bombi, Joseph Kabila wasimbuwe na Tshisekedi, unayobora ishyaka FCC (Front Commun pour le Congo) ndetse na Moïse Katumbi Chapwe wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Katanga akaba anayobora ishyaka Ensemble pour la République, wanahatanye na Tshisekedi mu matora aheruka.

Muri iri tangazo bashyiriye hanze aho bahuriye i Addis Abeba muri Ethiopia, bahamagariye Abanyekongo kutemera umugambi wa Tshisekedi aherutse gutangaza wo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo rivuga ko bashaka kwibutsa ko Itegeko Nshinga atari umutungo bwite w’umuntu, ahubwo ko ari uw’Igihugu cyose n’abagituye.

Rigakomeza rigira riti “Joseph Kabila na Moïse Katumbi barahamagarira Abanyekongo bose, kurwana bivuye inyuma umugambi w’ubutegetsi wo guhindura Itegeko Nshinga.”

Aba banyapolitiki bakomeje bavuga ko ubutegetsi buriho muri Congo butari bukwiye kwinjira muri ibi byo guhindura Itegeko Nshinga, ahubwo ko bwari bukwiye gushakira umuti ibibazo biri mu Gihugu birimo iby’umutekano, ndetse n’ibibazo by’inzego zikora nabi mu Gihugu, kimwe n’ivangura riri mu Banyekongo.

Bavuga ko guhindura Itegeko Nshinga ari umugambi unyuranyije n’ihame rya Demokarasi, bakanashinja ubutegetsi buriho kurangwa n’intege nke by’umwihariko bakabishinja Perezidansi iyobowe na Tshisekedi.

Basabye kandi imitwe ya Politiki yose guhuriza hamwe imbaraga, bakarwanya ubutegetsi bw’igitugu buriho, byose biganisha ku neza y’Abanyekongo, aho bagaragaje ibibazo bigomba kurandurwa birimo ubukene bukabije bwigarije abaturage, imitegekere mibi, ubujura bw’umutungo kamere, ndetse n’ibikorwa remezo bikomeje kwangirika.

Joseph Kabila na Moïse Katumbi baravuga ko hakenewe amahoro n’ubumwe muri Congo, ndetse hakabaho kubaha uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage.

Bagaragaje kandi ko hakwiye gushakwa umuti w’ibibazo bikomeye by’umutekano bikomeje kugira ingaruka ku baturage byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC, bavuga ko hakwiye kubahirizwa imyanzuro yafashwe ku rwego rw’akarere, yaba iy’i Nairobi ndetse n’iy’i Luanda, igamije kugarura amahoro muri Congo.

Bamaganye kandi kuba ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro kimwe n’abacancuro, bavuga ko na byo bikwiye kwamaganwa.

Banasabye ko ubutegetsi burekura abagiye bafatwa bagafungwa bazizwa umwuga wabo, barimo abanyamakuru, abaharanira uburenganzira bwa muntu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi kimwe n’abaturage b’inzirakarengane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + thirteen =

Previous Post

Icyo Minisitiri avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye

Next Post

Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.