Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyahanishijwe uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro umugore we bari bamaze gukorana ibyo mu buriri

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uregwa kwica umugore we yavugiye mu ruhame icyo yamuhoye cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo waburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, ku cyaha cyo kwica umugore we wari utwite amunigishije inzitiramibu, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhahisha, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa burundu.

Uyu mugabo witwa Rusumbabahizi Ezéchias wo mu Karere ka Ruhango, waburanishijwe ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 05 Kamena 2023.

Ubwo yari imbere y’imbaga y’abaturage bo mu gace kabereyemo ubu bwicanyi, yemeye ko yishe umugore we, amuhoye kuba yarakundaga kumwaka amafaranga yo guhaha kandi ngo uwo munsi ubwo yamwivuganaga yari yamuhaye menshi, ariko asanga atanatetse.

Ubwo uru rubanza rwaburanishwaga, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uregwa yishe umugore we Nyiramporayonzi Domitille banamaze gukorana imibonano mpuzabitsina, ndetse ko yamunigishije inzitiramibu, kuko basanganye ibikomere umurambo bigaragara ko yishwe anizwe.

Uru rubanza rwahise rupfundikirwa kuri iriya tariki ya 05 Kamena, rwasomwe tariki 09 Kamena, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uyu mugabo w’imyaka 40 icyaha cyo kwica biturutse ku bushake, rumukatira gufungwa burundu.

Urukiko rwashingiye ku bimenyetso byasobanuwe n’Ubushinjacyaha, birimo ibikomere byasanganywe nyakwigendera, byagaragazaga ko yishwe anizwe ndetse n’amaraso yagaragaye mu maso ya nyakwigendera.

Hari kandi n’ubuhamya bw’abatangabuhamya, bwashimangiraga ko nyakwigendera yari asanzwe abanye nabi n’umugabo we.

Ikindi kandi ni ukuba uyu mugabo ubwo yari amaze kwivugana umugore we, yahise yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko yishe umugore we.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa gukatirwa gufungwa burundu kuko yishe nyakwigendera yabigambiriye, kuko ngo yanakundaga kubivuga, akanakunda kumuhohotera mu buryo bunyuranye, bapfa amafaranga yakundaga kumwaka yo guhahisha.

Urukiko rushingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwahamije uregwa icyaha, rumukatira gufungwa burundu, hakiyongeraho n’ubugome bw’indengakamere yakoranye iki cyaha kuko yanishe umugore we atwite inda y’amezi atanu, bityo ko yanishe uwo muziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa mu iroza agarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw'umuhanzikazi w’ikirangirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.