Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge

radiotv10by radiotv10
11/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Hamenyekanye icyatumye abayobozi b’Ibihugu bikomeye ku Isi bagaragara mu muhanda bambaye ibirenge
Share on FacebookShare on Twitter

Amafoto y’abakuru b’Ibihugu bikomeye ku Isi byo mu muryango wa G20 w’ibikize kurusha ibindi, bari mu muhanda batambaye inkweto, akomeje kugarukwaho na benshi. Icyatumye bagaragara bambaye ibirenge, cyamenyekanye.

Aba bayobozi bari berecyeje mu Buhindi mu ihuriro ry’ibi Bihugu bikize kurusha ibindi, bagaragaye batambaye inkweto kuri iki Cyumweru, ubwo bakirwaga na Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi, Narendra Modi ubwo basuraga agace ka Rajghat kagenwe nk’urwibutso rw’Intwari Mahatma Gandhi, ufatwa nk’impirimbanyi y’ubwigenge bw’iki Gihugu.

Ibwiriza riteganya ko abasuye aka gace bose, bakinjiramo bakuyemo inkweto, mu rwego rwo guha icyubahiro iyi ntwari yishwe mu 1948.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden; ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu na Guverinoma basuye aka gace, aho we yari yambaye udukweto tworoheje.

Naho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron; bo bari bifatanyije na Minisitiri w’Intebe w’u Buhindi Modi, bakuyemo inkweto, bambaye ibirenge.

Ubwo bageraga ahabereye iki gikorwa, haririmbwe indirimbo yubahiriza Aba-Hindu, ubundi barahaguruka, bafata umwanya bacecetse bunamira iyi ntwari Gandhi.

Aba bayobozi kandi, bose bageze ahabereye iki gikorwa bambaye ifurari mu ijosi, nk’umwambaro usanzwe ari umuco muri Leta ya Gujarat aho Modi akomoka.

Abayobozi bakomeye ku Isi bagaragaye mu muhanda bambaye ibirenge
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza na we yambaye ibirenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Hashyizwe hanze imibare mishya y’uko ibiciro bihagaze mu Rwanda

Next Post

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

I Burayi hari ahari kuba irushanwa ridasanzwe ryo gushaka umunebwe uhiga abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.